Dore ikihishe inyuma yo gutesha agaciro ku bwinshi Visa za Amerika

Mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zikomeje gushyira imbere politiki ikaze yo gucunga umutekano w’igihugu, icyemezo cyo gutesha agaciro visa zirenga ibihumbi 100 mu mwaka umwe cyongeye kuzamura impaka zikomeye hagati y’umutekano w’igihugu n’uburenganzira bw’abanyamahanga baba cyangwa biga muri Amerika. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika ivuga ko izi visa zirimo iz’abanyeshuri hafi ibihumbi 8 n’izindi zirenga 2,500 z’abantu bagiranye ibibazo n’inzego z’umutekano, zakuwemo hagamijwe kurinda abaturage ba Amerika no gukumira ibyaha. Ariko ku rundi ruhande, inzobere ku bimukira zivuga ko iyi mibare igaragaza impinduka ikomeye ishobora kugira ingaruka…

SOMA INKURU

Imyitwarire ya Nicolas Maduro imbere y’Urukiko yatunguranye anemeza ko yashimuswe

Mu gitondo cyo kuwa Mbere, urukiko rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ruherereye i Manhattan rwakiriye urubanza rwatunguranye rw’uwahoze ari Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro, wagejejweyo ahambirijwe amaboko, mu gihe umugore we, Cilia Adela Flores de Maduro, yari ari kumwe na we, afite igipfuko ku mutwe, bikekwa ko cyari kigamije guhisha aho yaba yarakomeretse ubwo yatabwaga muri yombi. Abari bitabiriye iburanisha batangaje ko Maduro akinjira mu cyumba cy’urukiko, yabanje kugaragara nk’uwahungabanye mu mitekerereze, agenda buhoro kandi areba hirya no hino. Umwe mu bari bicaye mu myanya y’imbere yabwiye itangazamakuru ati:…

SOMA INKURU

Uvira mu mpinduka zidasanzwe: Kuhava kwa AFC/M23 icyuho cy’amahoro n’impungenge z’ejo hazaza

Mu masaha ya nimugoroba y’ejo hashize, nibwo umujyi wa Uvira wo mu Ntara ya Kivu y’Epfo watangiye kwinjira mu kindi gice cy’amateka, nyuma y’uko ihuriro rya AFC/M23 ritangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva muri uwo mujyi. Ni icyemezo cyafashwe mu rwego rwo guha amahirwe inzira y’ibiganiro by’amahoro biri kubera i Doha muri Qatar, ku bufatanye n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Gutangaza iki cyemezo byakurikiwe n’amarangamutima anyuranye mu baturage: hari ababyakiriye nk’intambwe iganisha ku mahoro arambye, n’abandi babifata nk’igihombo ku mutekano bari bamaze iminsi babona. Twabonye ituze, none dusubiye…

SOMA INKURU

Rwanda: Uko urugendo rw’uburezi ku bantu bafite ubumuga ruhagaze

Mu gihe isi ikomeje gushaka ibisubizo ku burezi budaheza, mu Rwanda ho harushaho kwiyongera ibiganiro n’ingamba bigamije kwigisha buri wese hatitawe ku mibereho ye cyangwa ku bumuga afite. Kuri ubu inzego zitandukanye n’abafatanyabikorwa bahurije ku kamaro ko gutanga uburezi ku bana bafite ubumuga, banashimangira ko atari impuhwe, ahubwo ari inshingano z’igihugu. Ibi byongeye gushimangirwa kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2025, ubwo mu Mujyi wa Kigali hatangizwaga ibiganiro by’iminsi ibiri bigamije ku kwibanda ku ishyirwa mu bikorwa rya politiki y’uburezi budaheza, by’umwihariko ku bana bafite ubumuga. Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, yatangaje…

SOMA INKURU

Imicungire mibi y’abakozi imwe mu mpamvu ikomeje guteza ibihombo Leta y’u Rwanda

Mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kubaka imiyoborere ishingiye ku mategeko n’ubunyamwuga, haracyagaragara ikibazo cy’imanza zishingiye ku kutubahiriza uburenganzira bw’abakozi. Ibi bituma buri mwaka Leta icibwa amafaranga menshi kubera ibyemezo bitemewe cyangwa kudashyira mu bikorwa imyanzuro ya Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta (NPSC). Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024-2025, raporo ya NPSC yerekanye ko uturere 4 turimo Kayonza, Gatsibo, Gisagara na Gicumbi twatsinzwe imanza 4 ducibwa asaga miliyoni 18,8Frw. Uyu mubare wiyongera ku mafaranga Leta yaciwe mu yindi myaka, aho muri 2023-2024 yaciwe miliyoni 46,4Frw arenga ayo…

SOMA INKURU

U Rwanda n’u Bushinwa mu bufatanye bushya bwo guhashya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga

Mu gihe isi ihanganye n’ibyaha byifashisha ikoranabuhanga, u Rwanda ruri mu nzira yo gushimangira ubufatanye mpuzamahanga bugamije kurinda umutekano w’abaturage barwo. Ibi byagarutsweho na Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta, unayoboye umuryango “Eastern Africa Police Chiefs Cooperation Organization (EAPCCO)”, mu nama yahuje abayobozi b’inzego za Polisi baturutse mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’u Bushinwa, yabereye i Kigali tariki 5 Ugushyingo 2025. Iyi nama yitabiriwe n’abayobozi bakuru b’inzego z’umutekano, igamije gutsura imikoranire mu kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga, iterabwoba n’ibyaha byambukiranya imipaka. Yasojwe hasinywa amasezerano y’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iy’u…

SOMA INKURU

Tanzanie: la promesse trahie de Samia Suluhu Hassan, entre espoir démocratique et retour à la peur

Les rues de Dar es Salaam bruissent encore des cris d’indignation. Trois jours après la proclamation des résultats de la présidentielle du 29 octobre 2025, la Tanzanie semble basculer dans une crise politique profonde. Ce qui devait être une célébration démocratique s’est transformé en cauchemar collectif. Samia Suluhu Hassan, élue avec près de 98 % des suffrages, a prêté serment dans une cérémonie fermée au public. Pour beaucoup, cette victoire n’a rien d’un triomphe démocratique, mais plutôt le symbole d’un pouvoir verrouillé. L’opposition, réduite au silence, dénonce des arrestations arbitraires,…

SOMA INKURU

Cabo Delgado: Umugaba mukuru w’ingabo za Mozambique yashimye ingabo z’u Rwanda

Ejo hashize kuwa Kane tariki ya 30 Ukwakira 2025, nibwo umwuka w’ubufatanye n’ubuvandimwe hagati y’u Rwanda na Mozambique wongeye gushimangirwa mu ruzinduko rwa Gen Júlio dos Santos Jane, umugaba mukuru w’ingabo za Mozambique n’itsinda ry’abasirikare bakuru b’iki gihugu, barimo Maj Gen André Rafael Mahunguane uyobora ingabo zirwanira ku butaka. Iri tsinda ryasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa Mocímboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado, aho ryakiriwe n’Umuyobozi w’Inzego z’u Rwanda ziri muri Mozambique (RSF Rwanda Security Forces), Maj Gen Vincent Gatama n’abandi bayobozi bakuru b’ingabo z’u…

SOMA INKURU

Perezida DonaldTrump yagabanyije abinjira nk’impunzi ku rwego rutigeze rubaho

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gutungurana ejo hashize kuwa 30 Ukwakira 2025, atangaza icyemezo cyo kugabanya ku buryo bukomeye umubare w’abakirwa nk’impunzi, uva ku bihumbi 125 ukagera ku 7.500 gusa. Iki cyemezo cyatunguye benshi kuko ari bwo bwa mbere mu mateka ya Amerika yakiriye umubare mucye w’impunzi ku mwaka. Amakuru ava mu biro bya White House avuga ko abazahabwa amahirwe ari benshi ari abazungu bakomoka muri Afurika y’Epfo, bavuga ko bahohoterwa no kwamburwa ubutaka bwabo. Nubwo ubutegetsi bwa Trump butigeze busobanura impamvu y’iri gabanywa rikomeye,…

SOMA INKURU

U Rwanda na Somalia mu rugendo rushya rw’ubufatanye

Mu gihe Afurika ikomeje gushaka uburyo bwo kubaka ubufatanye bushingiye ku nyungu zayo bwite, u Rwanda na Somalia byafashe indi ntambwe ikomeye mu guteza imbere umubano wabyo, binyuze mu masezerano y’ubufatanye mu nzego z’ingenzi zirimo ubutabera, uburezi, ubuhinzi, ikoranabuhanga n’amategeko. Aya masezerano yasinyiwe i Kigali ku wa 27 Ukwakira 2025, hagati ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Jean Patrick Nduhungirehe na Minisitiri wa Somalia H.E. Abdisalam Abdi Ali, uri mu ruzinduko mu Rwanda. Mu biganiro byabo, aba bayobozi bombi bashimangiye ko umubano w’u Rwanda na Somalia ushingiye…

SOMA INKURU