Umunsi wa 14 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda wasize isura idasanzwe, ugaragaza impinduka n’uburyo amakipe yiyubatse mu gice kibanza cya shampiyona. Mu mikino yose yakinwe kuri uwo munsi, nta n’umwe warangiye amakipe anganyije, ibintu byongeye gushimangira ko iri rushanwa riri kugenda rizamo ishyaka ryinshi uko iminsi ishira. Mu mikino umunani yabaye, hinjiye ibitego 22, bingana n’umubare munini wagaragaye ku munsi umwe inshuro nke cyane. Ibi byashimishije abakunzi b’umupira w’amaguru, cyane cyane abari bitabiriye imikino yabereye ahantu hatandukanye. Umwe mu bafana bari i Kigali yagize ati: “Uyu munsi wari…
SOMA INKURUDay: January 6, 2026
Touadéra mu intsinzi, mu gihe abamurwanya bameza ko birengagijwe
Nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku itariki ya 28 Ukuboza 2025, imijyi myinshi ya Santrafurika yaranzwe n’amarangamutima atandukanye. Mu gihe bamwe bishimiraga intsinzi ya Faustin-Archange Touadéra, abandi bagaragazaga impungenge n’ubwumvikane buke ku mibare yatangajwe n’inzego z’amatora. Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Amatora (ANE) yatangaje by’agateganyo ko Perezida Touadéra yegukanye amajwi 76.15%, umubare wahise ugaragazwa nk’uwerekana icyizere gikomeye cy’abatoye. Nyuma ye hakurikiye Anicet-Georges Dologuele wagize amajwi 14.66%, mu gihe Henri-Marie Dondra yagize amajwi 3.19%. Ariko aba bahanganye bombi bahise batangaza ko batanyuzwe n’uko amatora yakozwe n’uko amajwi yabazwe. Umwe mu…
SOMA INKURUUbukonje bukabije bwahungabanyije ubuzima mu bice binyuranye by’Uburayi
Ibice byinshi by’Uburayi byibasiwe n’ubukonje bukabije bwateje urubura rwinshi, bituma ubuzima bwa buri munsi buhagarara mu Bufaransa, u Bwongereza n’u Buholandi. Imihanda yuzuye urubura, gari za moshi zirahagarara, indege zisubika ingendo, mu gihe abaturage bagumye mu ngo zabo bategereje ko ibihe bihinduka. Kuwa 5 Mutarama, ikigo cy’u Bufaransa gishinzwe iteganyagihe cyatanze umuburo ukomeye ku batuye mu Burengerazuba n’Amajyaruguru y’igihugu, harimo n’Umujyi wa Paris, gitangaza ko bagomba kwitondera ubukonje bukabije bushobora guteza urubura rukomeye. Uwo muburo ntiwatinze kwigaragaza mu buzima busanzwe, kuko amasaha make yakurikiyeho, imihanda myinshi yatangiye kugorana kunyurwamo. Mu…
SOMA INKURUImyitwarire ya Nicolas Maduro imbere y’Urukiko yatunguranye anemeza ko yashimuswe
Mu gitondo cyo kuwa Mbere, urukiko rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ruherereye i Manhattan rwakiriye urubanza rwatunguranye rw’uwahoze ari Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro, wagejejweyo ahambirijwe amaboko, mu gihe umugore we, Cilia Adela Flores de Maduro, yari ari kumwe na we, afite igipfuko ku mutwe, bikekwa ko cyari kigamije guhisha aho yaba yarakomeretse ubwo yatabwaga muri yombi. Abari bitabiriye iburanisha batangaje ko Maduro akinjira mu cyumba cy’urukiko, yabanje kugaragara nk’uwahungabanye mu mitekerereze, agenda buhoro kandi areba hirya no hino. Umwe mu bari bicaye mu myanya y’imbere yabwiye itangazamakuru ati:…
SOMA INKURUA Berlin, la colère des habitants victimes d’une coupure d’électricité
Sans électricité ni chauffage pour le troisième jour de suite, alors que Berlin connaît des températures glaciales: les habitants du secteur de la capitale allemande victimes d’un incendie criminel, revendiqué par un groupe d’extrême gauche, font part de leur colère. La coupure d’électricité massive a également relancé le débat sur la résilience des infrastructures allemandes face à de récentes attaques, derrière lesquelles beaucoup voient la main de la Russie. Rencontrée lundi par l’AFP à la mairie de Zehlendorf, transformé en centre d’hébergement d’urgence, Jutta Herter est “tout simplement furieuse” contre…
SOMA INKURU