Rwanda: Uko urugendo rw’uburezi ku bantu bafite ubumuga ruhagaze

Mu gihe isi ikomeje gushaka ibisubizo ku burezi budaheza, mu Rwanda ho harushaho kwiyongera ibiganiro n’ingamba bigamije kwigisha buri wese hatitawe ku mibereho ye cyangwa ku bumuga afite. Kuri ubu inzego zitandukanye n’abafatanyabikorwa bahurije ku kamaro ko gutanga uburezi ku bana bafite ubumuga, banashimangira ko atari impuhwe, ahubwo ari inshingano z’igihugu. Ibi byongeye gushimangirwa kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2025, ubwo mu Mujyi wa Kigali hatangizwaga ibiganiro by’iminsi ibiri bigamije ku kwibanda ku ishyirwa mu bikorwa rya politiki y’uburezi budaheza, by’umwihariko ku bana bafite ubumuga. Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, yatangaje…

SOMA INKURU

Imicungire mibi y’abakozi imwe mu mpamvu ikomeje guteza ibihombo Leta y’u Rwanda

Mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kubaka imiyoborere ishingiye ku mategeko n’ubunyamwuga, haracyagaragara ikibazo cy’imanza zishingiye ku kutubahiriza uburenganzira bw’abakozi. Ibi bituma buri mwaka Leta icibwa amafaranga menshi kubera ibyemezo bitemewe cyangwa kudashyira mu bikorwa imyanzuro ya Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta (NPSC). Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2024-2025, raporo ya NPSC yerekanye ko uturere 4 turimo Kayonza, Gatsibo, Gisagara na Gicumbi twatsinzwe imanza 4 ducibwa asaga miliyoni 18,8Frw. Uyu mubare wiyongera ku mafaranga Leta yaciwe mu yindi myaka, aho muri 2023-2024 yaciwe miliyoni 46,4Frw arenga ayo…

SOMA INKURU

U Rwanda n’u Bushinwa mu bufatanye bushya bwo guhashya ibyaha byifashisha ikoranabuhanga

Mu gihe isi ihanganye n’ibyaha byifashisha ikoranabuhanga, u Rwanda ruri mu nzira yo gushimangira ubufatanye mpuzamahanga bugamije kurinda umutekano w’abaturage barwo. Ibi byagarutsweho na Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta, unayoboye umuryango “Eastern Africa Police Chiefs Cooperation Organization (EAPCCO)”, mu nama yahuje abayobozi b’inzego za Polisi baturutse mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’u Bushinwa, yabereye i Kigali tariki 5 Ugushyingo 2025. Iyi nama yitabiriwe n’abayobozi bakuru b’inzego z’umutekano, igamije gutsura imikoranire mu kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga, iterabwoba n’ibyaha byambukiranya imipaka. Yasojwe hasinywa amasezerano y’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iy’u…

SOMA INKURU

Tanzanie: la promesse trahie de Samia Suluhu Hassan, entre espoir démocratique et retour à la peur

Les rues de Dar es Salaam bruissent encore des cris d’indignation. Trois jours après la proclamation des résultats de la présidentielle du 29 octobre 2025, la Tanzanie semble basculer dans une crise politique profonde. Ce qui devait être une célébration démocratique s’est transformé en cauchemar collectif. Samia Suluhu Hassan, élue avec près de 98 % des suffrages, a prêté serment dans une cérémonie fermée au public. Pour beaucoup, cette victoire n’a rien d’un triomphe démocratique, mais plutôt le symbole d’un pouvoir verrouillé. L’opposition, réduite au silence, dénonce des arrestations arbitraires,…

SOMA INKURU

Cabo Delgado: Umugaba mukuru w’ingabo za Mozambique yashimye ingabo z’u Rwanda

Ejo hashize kuwa Kane tariki ya 30 Ukwakira 2025, nibwo umwuka w’ubufatanye n’ubuvandimwe hagati y’u Rwanda na Mozambique wongeye gushimangirwa mu ruzinduko rwa Gen Júlio dos Santos Jane, umugaba mukuru w’ingabo za Mozambique n’itsinda ry’abasirikare bakuru b’iki gihugu, barimo Maj Gen André Rafael Mahunguane uyobora ingabo zirwanira ku butaka. Iri tsinda ryasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa Mocímboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado, aho ryakiriwe n’Umuyobozi w’Inzego z’u Rwanda ziri muri Mozambique (RSF Rwanda Security Forces), Maj Gen Vincent Gatama n’abandi bayobozi bakuru b’ingabo z’u…

SOMA INKURU

Perezida DonaldTrump yagabanyije abinjira nk’impunzi ku rwego rutigeze rubaho

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gutungurana ejo hashize kuwa 30 Ukwakira 2025, atangaza icyemezo cyo kugabanya ku buryo bukomeye umubare w’abakirwa nk’impunzi, uva ku bihumbi 125 ukagera ku 7.500 gusa. Iki cyemezo cyatunguye benshi kuko ari bwo bwa mbere mu mateka ya Amerika yakiriye umubare mucye w’impunzi ku mwaka. Amakuru ava mu biro bya White House avuga ko abazahabwa amahirwe ari benshi ari abazungu bakomoka muri Afurika y’Epfo, bavuga ko bahohoterwa no kwamburwa ubutaka bwabo. Nubwo ubutegetsi bwa Trump butigeze busobanura impamvu y’iri gabanywa rikomeye,…

SOMA INKURU

U Rwanda na Somalia mu rugendo rushya rw’ubufatanye

Mu gihe Afurika ikomeje gushaka uburyo bwo kubaka ubufatanye bushingiye ku nyungu zayo bwite, u Rwanda na Somalia byafashe indi ntambwe ikomeye mu guteza imbere umubano wabyo, binyuze mu masezerano y’ubufatanye mu nzego z’ingenzi zirimo ubutabera, uburezi, ubuhinzi, ikoranabuhanga n’amategeko. Aya masezerano yasinyiwe i Kigali ku wa 27 Ukwakira 2025, hagati ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Jean Patrick Nduhungirehe na Minisitiri wa Somalia H.E. Abdisalam Abdi Ali, uri mu ruzinduko mu Rwanda. Mu biganiro byabo, aba bayobozi bombi bashimangiye ko umubano w’u Rwanda na Somalia ushingiye…

SOMA INKURU

Intsinzi ya Paul Biya ku myaka 92 yaba ishimangira ubutegetsi budasaza muri Cameroun?

Mu gihe amahanga menshi akomeje gusimbuza abategetsi bakuze urubyiruko, Cameroun yo yongeye guhitamo kugendera mu nzira itandukanye. Paul Biya, umugabo w’imyaka 92 y’amavuko, yongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu nyuma y’imyaka hafi 43 amaze ari ku butegetsi. Akanama gashinzwe kurengera Itegeko Nshinga katangaje ko Biya yatsinze amatora n’amajwi 53,66%, mu gihe Issa Tchrioma Bakary wari umukandida ukomeye yamukurikiye n’amajwi 35,19%. Amajwi akaba yatangajwe ku mugaragaro kuri uyu wa Mbere, agaragaza ishusho y’igihugu kigifite icyizere mu muyobozi ariko kandi iteye impaka mu maso y’isi yose. Biya ni umwe mu bategetsi bamaze igihe…

SOMA INKURU

Venezuela ku nkeke: Amerika irashinjwa umugambi wo kwigarurira umutungo wayo

Intambara y’amagambo hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Venezuela yongeye gufata indi ntera nyuma y’uko Intumwa Nkuru ya Leta muri Venezuela, Tarek William Saab,yatangaje ko igihugu cye gihangayikishijwe bikomeye n’imigambi ya Perezida Donald Trump, ashinjwa gushaka gukuraho ubuyobozi bwa Perezida Nicolás Maduro. Ku Cyumweru, mu kiganiro n’abanyamakuru i Caracas, Saab yagize ati: “Uwo mugambi wo guhirika ubutegetsi bwacu ni inzira yo gushaka kwigarurira umutungo w’igihugu cyacu  zahabu, lisansi n’amabuye y’agaciro. Ni politiki y’ubusahuzi itwikiriye ijambo rya demokarasi.” Saab, uzwi nk’umwe mu bantu ba hafi ba Perezida Maduro, yavuze…

SOMA INKURU

Nta kibazo tudashoboye gukemura- Perezida Kagame

Ibi akaba yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 21 Ukwakira 2025, mu cyumba cy’inama cy’Ikigo cy’Igihugu cy’Imyitozo ya Gisirikare cya Rwanda Defence Force (RDF), Perezida Paul Kagame yafunguye ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga y’Abagaba b’Ingabo zirwanira ku butaka (Land Forces Commanders Symposium), yitabiriwe n’abasirikare bakuru baturutse mu bihugu bisaga 30 byo muri Afurika n’ahandi ku Isi. Mu ijambo rye ryakiriwe n’amashyi menshi, Perezida Kagame yibukije ko ibibazo by’umutekano bikomeje gukomera ku mugabane ariko ko ibisubizo byabyo bidakwiye gutegerezwa ahandi. Ati: “Afurika iracyarangwa n’intambara nyinshi kurusha ahandi hose…

SOMA INKURU