Mu Mujyi wa Kigali inkuba yivuganye umuntu

Byamenyekanye ko kuwa wa Gatanu tariki 30 Kanama 2019, umugabo witwa Sylvain Gakuru wo mu Mudugudu wa Bucyemba, Akagari ka Bwiza, Umurenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo yakubiswe n’inkuba ari mu murima aganira na mugenzi we. Gusa Gakuru yarapfuye mugenzi we aragwa ata ubwenge, ariko aza kuzanzamuka. Umugore witwa Vestine wabonye ibyabaye niwe watabaje basanga Gakuru yapfuye mugenzi we witwa Ndikubwinama yataye ubwenge ariko akiri muzima. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ndera Felix Kayihura yabwiye itangazamakuru ko nyakwigendera yari arimo ahinga, aganira na Ndikubwimana wari hakurya y’akagezi gato katandukanya imirima…

SOMA INKURU

Ibibazo by’ikimoteri cya Nduba biri kuvugutirwa umuti

Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali Ushinzwe Imyubakire n’Ibikorwa remezo, Dr Nsabimana Erneste, yabwiye itangazamakuru ko ibiganiro bikomeje hagati y’ubuyobozi na rwiyemezamirimo ushobora kubyaza umusaruro ikimoteri cya Nduba, kuko aho ukuba igisubizo kibangamiye abagituriye bikaba byagira ingaruka ku buzima bwabo. Ati “Ku bufatanye na Wasac, hari amasezerano aganirwaho n’umushoramari ushaka gucunga kiriya kimoteri mu buryo bw’umwuga. Ibyo bizafasha gukemura ibibazo byinshi abantu bagenda babona kiriya kimoteri gifite, birimo bimwe mu bibazo by’umwanda. Ikimoteri kizakorwa mu buryo bwa gihanga ku buryo n’iriya myanda yazabyazwa umusaruro aho kuba ikibazo”. Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali…

SOMA INKURU

Ahazwi nko mu mashyirahamwe ya mbere hibasiwe n’inkongi y’umuriro

Inyubako z’ahazwi nko ku mashyirahamwe ya mbere i Nyabugogo zafashwe n’inkongi y’umuriro yangije ibikoresho n’ibicuruzwa byari mu tubari na resitora tugize iyi nyubako yafashwe ahagana hejuru. Iyi nkongi yatangiye ahagana saa sita z’ijoro itangiriye mu kabari k’ahareba Kimisagara ikomeza no mu bindi bice nk’uko byemezwa n’umwe mu bazamu bahararira witwa Mbarushimana Hilary bita Kazungu. Abakorera muri izi nyubako bavugaga ko iyi nkongi ishobora kuba yatewe n’amashanyarazi, abandi bakeka gaze, mu gihe bamwe bavuga ko ari imbabura y’abafite resitora barara batetse ibishyimbo. Gusa benshi bemeje  ko inkongi yatangiriye mu gikoni gihari…

SOMA INKURU

Imvura idasanzwe muri Kirehe yatwaye n’ubuzima

Ejo hashize ku cyumweru tariki 10 Werurwe 2019, ahagana mu ma saa saba z’amanywa, mu Karere ka Kirehe haguye imvura idasanzwe ivanze n’urubura ihitana umuntu umwe wagwiriwe n’urukuta rw’inzu, abandi batatu barakomereka ndetse inangiza ibikorwa binyuranye harimo Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye mu murenge wa Nyarubuye mu Kagari ka Nyabitare hamwe n’ibindi bikorwa binyuranye. Iriya mvura yanangije inyubako y’akagali hamwe na hegitari 183 z’imyaka zirimo hegitari 114 z’urutoki, hegitari 43 z’ibigori, hegitari 23 z’imyumbati na hegitari 3.5 z’umuceri. Nsengiyumva Jean Damascene, Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Kirehe ushinzwe ubukungu, yagize…

SOMA INKURU

Ikibazo cya interineti kiri kuvugutirwa umuti kugera ku Nkombo

Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 27 Gashyantare 2019 nibwo u Rwanda rwohereje icyogajuru cyarwo cyiswe “Icyerekezo”mu kirere,kizafasha kubona Internet by’umwihariko ku kirwa cya Nkombo. Iki gikorwa cyo kohereza icyogajuru cy’u Rwanda mu isanzure, cyatangiye saa tanu n’iminota 37 z’ijoro ku isaha yo mu Rwanda, kibera muri Guyana muri Amerika y’Amajyepfo ku bufatanye n’ikigo cyitwa One Web. Intego y’iki cyogajuru ni ugufasha u Rwanda gukwirakwiza interineti ku buryo bworoshye mu bigo by’amashuli bitandukanye,by’umwihariko ku kirwa cya Nkombo kiri rwagati mu kiyaga cya Kivu,cyagorwaga no kuboa internet kubera ko…

SOMA INKURU

Kubungabunga ibidukikije isoko y’ubuzima bwiza

Kuri uyu wa kabiri tariki 19 Gashyantare 2019, nibwo hatangijwe amahugurwa y’iminsi 7 agamije gufasha abanyamakuru kumenya uko hatangazwa inkuru zifasha abaturarwanda kubungabunga ibidukikije. Yateguwe n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku bidukikije “REMA” ku bufatanye n’Inama Nkuru y’Itangazamakuru, hakaba hashimangiwe ko nta buzima bwiza abantu bagira mu gihe ibidukikije bititaweho uko bikwiriye. Akaba ari muri urwo rwego abanyamakuru basabwe gukora inkuru zijyanye n’igihe mu gufasha abaturarwanda kubungabunga ibudukikije hibandwa ku bikorwa bikiri mu gishanga, ingaruka zo kwangiza ibidukikije ku buzima, icibwa ry’amashashi hamwe n’ihindagurika ry’ibihe. Nsanzimana Djuma umukozi wa REMA ushinzwe amahugurwa…

SOMA INKURU

Ibiciro bishya byorohereza umuntu wifuza gusura ibyiza bitatse u Rwanda

Hashyizwe ibiciro bito ku bashaka gutembera mu myanya nyaburanga itandukanye mu rwego rwo gufasha abantu kwizihiza iminsi mikuru isoza isoza impera z’umwaka wa 2018 Abanyarwanda n’ abanyamahanga bahawe amahirwe yo gusura ibitatse u Rwanda biboneka muri Pariki ya Nyungwe. Mu byo aba Banyarwanda n’ Abanyamahanga bazerekwa na Show me Around Rwanda harimo amoko arenga 200 y’ibiti n’urwunge rw’ibiti by’indabyo, amoko agera kuri 300 y’inyoni nk’ikinyoni kinini cy’Ubururu bita Turaco n’izindi. Bazatembera ku kiraro cya metero 45 z’uburebure kiri mu bushorishori bwa Nyungwe, bazanabona inyamaswa zirimo inguge n’ibitera, icyayi cya Kitabi…

SOMA INKURU

Minisitiri w’Intebe yagaragaje icyegeranyo ku ikorwa ry’imihanda

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Ukubuza 2018, imbere y’Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, yatangaje ibyagezweho mu kubaka imihanda kugeza mu mwaka wa 2018, aho yemeje ko kugeza ubu mu Rwanda hari imihanda yabutswe yo ku rwego rw’igihugu ireshya na kilometero 2.749 irimo iya kaburimbo ingana na kilometero 1.379 na kilometero 1.370 z’iy’igitaka ariko itunganyije, mu gihe imihanda y’Uturere n’Umujyi wa Kigali n’ahandi hafatwa nk’imijyi ari kilometero 13.565. Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, yavuze ko muri gahunda y’igihugu yo kwihutisha iterambere, hateganyijwe kubaka imihanda…

SOMA INKURU

Ku nshuro ya mbere ihuriro Nyafurika ryita ku bidukikije mu Rwanda

Ihuriro rizahuza abarenga 1 000,  barimo abashoramari, abashyiraho za politiki n’abahanga mu by’imari bazaturuka hirya no hino muri Afurika kugira ngo basangire inararibonye ku bukungu butangiza Ibidukikije n’iteramberre ridahangarwa n’imihindagurikire y’ibihe, iri huriro rizabera mu Rwanda akaba ari irya mbere ribaye muri Afurika.  Iri huriro rizamara rizatangira ku wa 26 risozwe kuwa 30 Ugushyingo, rikazabera muri Kigali Convention Centre n’ahandi hari ibikorwa bigamije ubukungu butangiza ibidukikije hirya no hino mu gihugu. Iri huriro rizubaka ubufatanye hagati y’abakora mu byerekeye ubukungu butangiza ibidukikije muri Afurika, kandi rihe abafatanyabikorwa mu iterambere urubuga…

SOMA INKURU

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe cyaburiye abaturarwanda

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe cyatangaje ko kuva tariki 9 kugeza tariki 13 Ukwakira 2018,  mu Rwanda hateganyijwe imvura nyinshi iri ku kigero cya milimetero ziri hagati ya 20 na 30 ku munsi kandi irimo n’umuyaga mwinshi. Mu itangazo ryasohowe n’iki kigo cy’Iteganyagihe rivuga ko iyi mvura izibasira Uturere twa Musanze, Gicumbi, Gakenke, Burera, Nyabihu, Rubavu, Rusizi, Nyamasheke, Nyamagabe na Nyaruguru ndetse ko dushobora kwibasirwa n’ibiza by’inkangu n’imyuzure. Abashinzwe iteganyagihe bavuga ko hari imvura nubwo bigaragara ko hari aho yagiye itinda kugwa. Muri iki gihe cy’imvura kandi ngo biragaragara ko imvura irimo…

SOMA INKURU