Abatishoboye batuye mu mudugudu wa Shenyeri, Akagali ka Kibirizi mu Murenge wa Kibilizi, bavuga ko bubakiwe inzu bakazijyamo zituzuye none zatangiye kubasenyukiraho. Mu mwaka ushize wa 2017 ni bwo baguriwe ikibanza bubakiwemo inzu nk’abatishoboye batagiraga aho kuba, muri gahunda yo guca nyakatsi. Amafaranga yo kububakira yatanzwe na Leta anyuzwa kuri konti ya buri umwe muri Sacco, ariko nyuma yo kubikuza bagasabwa guhita bayahereza Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari wabaga yajyanye nabo, kugira ngo abubakishirize. Bamwe mu bubakiwe izi nzu babwiye TV1 ko zatangiye kubasenyukiraho. Hari uwagize ati “Ibikoni byo byashenwe n’ibiza, ariko…
SOMA INKURUCategory: Ibidukikije
Igishushanyo mbonera gishya cy’Umujyi wa Kigali nticyaheje ibyifuzo by’abaturage
Kuri uyu wa gatatu tariki 26 Nzeli 2018, Umujyi wa Kigali watangaje ko igishushanyo mbonera gishya cy’uyu mujyi abaturage bazaba bakibonamo bikazanoroha kugishyira mu bikorwa, kuko aribo bagize uruhare mu kugitangaho ibitekerezo. Igishushanyo mbonera kivuguruye, Umujyi wa Kigali wacyeretse abantu cyahaye agaciro ibyifuzo by’abaturage, nyuma yo kugaragarizwa ibyifuzo byabo. Umujyi wa Kigali kandi uvuga ko mu gushyira mu bikorwa iki gishushanyo mbonera, hazagenderwa ku bitekerezo by’abaturage, ariko nanone hakarebwa ubwiyongere bwabo. Igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali cyari gisanzwe, nta ruhare na ruto umuturage yari yaragize mu kugitegura. Ibi ni nabyo…
SOMA INKURUKutamenya kubungabunga ibidukikije, intandaro y’akaga kabagwiririye
Ni mu Karere ka Karongi, mu Murenge wa Rwankuba, Akagali ka Rubazo n’aka Gatsata, Ahabaye ibiza bidasanzwe, aho hapfuye abantu 27 muri uyu mwaka, abantu 455 bava mu byabo, nyuma y’ibiza byabaye tariki 6 Gicurasi 2018, bigatera ibibazo binyuranye. Kugeza ubu abaturage bari batuye ahatwawe n’ibiza batangarije umuringanews.com ko iyo bamenya ku buryo bwimbitse ingaruka z’ibiza baba barabyirinze mbere bitarabatwarira abantu n’ibyabo, babungabunga ibidukikije. Umuryango wa Habineza Karoli na Yamfashije Marcelline babyaye gatatu, utuye mu Mudugu wa Runyinya, Akagali ka Rubazo, ahibasiwe n’ibiza, nawo ishyano ryakuruwe n’ibiza ntiryabasize, kugeza…
SOMA INKURUMinisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi mu iperereza ku cyishe amafi yo mu mugezi wa Mukungwa
Dr Gérardine Mukeshimana Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu hasuwe aho umugezi wa Mukungwa unyura hose mu Mirenge ya Muko, Rusasa, Nkotsi, Rugero, Rwaza na Shyira, bari gukora iperereza ku kibazo cy’amafi yo mu bwoko bw’Inkwekwe n’Inshonzi yagaragaye apfuye kuwa Gatanu tariki 21 Nzeri 2018 mu mugezi wa Mukungwa uherereye mu Ntara y’Amajyaruguru, bikaba byaragaragaye ko nta yandi mafi yapfuye yari akigaragara muri uyu mugezi. Bivugwa ko ku wa Gatanu abaturage bazindukiye mu kazi nk’uko bisanzwe bagatungurwa no kubona amafi menshi areremba hejuru y’amazi ariko yapfuye.…
SOMA INKURU45% mu Karere ka Karongi batuye habi –Mayor Ndayisaba
Umuyobozi w’Akarere ka Karongi Ndayisaba Francois yatangaje ko Akarere ayoboye 45% by’aho abaturage batuye ari habi, ni ukuvuga ko hashobora kwibasirwa n’ibiza isaha ku yindi, abantu bagera ku 1769 bo muri aka Karere bakaba bagituye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga. Ibi bikaba byaranemejwe n’abatuye mu Mirenge inyuranye y’aka Karere, ubwo umuringanews yabasuraga tugasanga hari ababuze ababo kubera ibiza, abo amazu yabo yasenyutse ndetse n’abo amazi yatwariye imyaka ikagenda. Umwe muri abo baturage ni uwo mu Kagali ka Rubazo, Umurenge wa Rwankuba Dominiko Twagirayezu, watangaje ko ibiza byatwaye ubuzima bw’abavandimwe be…
SOMA INKURUUmwuzure ukomeje guca ibintu muri Nigeria
Ubuyobozi bw’igihugu cya Nigeria bwatangaje ko cyugarijwe n’ibiza, kugira ngo muri leta 12 umwuzure wageze, hoherezwe abasirikare n’ubundi bufasha dore ko abantu barenga 100 bishwe n’umwuzure watewe n’imvura imaze ibyumweru bibiri igwa mu bice bitandukanye by’igihugu. Iyi mvura imaze ibyumweru bibiri igwa ikaba yatumye imigezi ibiri iherereye mu burengerazuba bw’igihugu yuzura ikarenga inkombe, hanyuma igasendera mu mijyi itandukanye. Mu mpera z’iki cyumweru, ikigo gishinzwe amazi cyatangaje ko imigezi ya Benue na Niger ishaka kugera aho mu 2012 yageze ikica abasaga 350 ikangiza n’ibindi bikorwa remezo. Mu mujyi wa Lagos utuwe…
SOMA INKURUREMA yibukije ko kurinda akayunguruzo k’imirasire y’izuba bireba buri wese
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) bwasabye ko kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba byagirwamo uruhare na buri wese mu rwego rwo gushyigikira iterambere rirambye kandi ridahungabanywa n’imihindagurikire y’ibihe. Ibi Umuyobozi mukuru wa REMA, Eng.Collette Ruhamya yabisabye mu muhango wo gusoza imurikabikorwa by’iterambere bigira uruhare mu kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba, wabaye kuri uyu wa gatanu. Mu ijambo rye, Eng.Ruhamya yibukije ko Leta y’u Rwanda iri ku ntambwe nziza mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Montreal yo kubungabunga imirasire y’izuba, dore ko abanyarwanda bamwe bamaze gusobanukirwa akamaro kabyo. Uretse ibyo kandi n’ibikoresho…
SOMA INKURUInama Nkuru y’Itangazamakuru yijeje abanyarwanda kubafasha kwirinda ibiza binyuze mu itangazamakuru
Peacemaker Mbungiramihigo Umunyamabanga Nshingabikorwa w’Inama Nkuru y’Itangazamakuru, ubwo yatangizaga amahugurwa azamara iminsi 8 kuri uyu wa kane tariki 13 Nzeli 2018, agamije gufasha abanyamakuru kurushaho gusobanukirwa imihindagurikire y’ikirere ndetse no gucunga Ibiza. Peacemaker yatangaje ko aya mahugurwa agamije gufasha abanyamakuru gusobanukirwa neza ndetse no kumenya ibijyanye no kwirinda Ibiza bityo babe babasha gutangaza ndetse no gusobanurira abaturarwanda ingamba zifatika zabafasha mu buryo burambye bwo kwirinda kugerwaho n’ihindagurika ry’ikirere n’ibiza. Uyu Munyamabanga Nshingabikorwa w’Inama Nkuru y’Itangazamakuru Peacemaker Mbungiramihigo yashimangiye ko ibiza bitagaragara mu Rwanda gusa ko ari ikibazo kigaragara no mu…
SOMA INKURUImvura idasanzwe n’umuyaga byatunguranye mu Mujyi wa Kigali
Ku masaha y’igicamunsi kuri uyu wa gatatu tariki 12 Nzeli 2018, mu Mujyi wa Kigali rwagati haguye imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga mwinshi, yangije ibintu byinshi, dore ko yari iguye itunguranye ahagana mu masaha ya saa kumi. Iyi mvura kandi yagushije ibiti mu bice bitandukanye, bigwira imodoka hafi ya Rond Point nini yo mu Mujyi wa Kigali, inyubako izwi nka T 2000 amwe mu mabati ayisakaye yagurutse agwa mu nkengero zayo no mu muhanda, ndetse n’ahandi hirya no hino mu Mujyi rwagati ibyapa binini biranga ibikorwa byari byahanutse, amashami y’ibiti yahanutse,…
SOMA INKURUAbagore bakora ubuhinzi bakwiriye kwitabwaho kurushaho –Mme Jeannette Kagame
Ejo hashize Kuwa Gatandatu tariki 8 Nzeli 2018, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye isangira ryaganiriwemo uruhare rw’abagore mu iterambere ry’ubuhinzi, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko abagore bakora ubuhinzi bakwiye kwitabwaho by’umwihariko, yagize ati “Ntabwo turi kubanira abagore, by’umwihariko bariya bahinzi baciriritse ku bwo kudaha agaciro imvune zabo. Ntabwo duha agaciro umuhate wabo mu kugaburira uyu mugabane ndetse dusa nk’abasuzugura umusanzu wabo mu iterambere ry’ubukungu”. Yongeyeho ko abayobozi n’inzobere mu by’ubuhinzi bagomba kurazwa ishinga n’iterambere ry’ubuhinzi ndetse no kongera umusaruro wabwo muri Afurika, yagize ati “ndizera ko mutekereza ingaruka nyinshi zo…
SOMA INKURU