USA: Yanditse amateka atorwa nka Miss Amerika ari umusirikare mu ngabo zirwanira mu kirere

Madison Marsh Umukobwa w’imyaka 22 usanzwe ari umusirikare urwanira mu kirere akaba afite ipeti rya “sous lieutenant”, yegukanye ikamba yegukanye ikamba rya Miss Amerika. Akaba yaritabiriye iri rushanwa ry’ubwiza agaharariye Leta ya Colorado. Yahigitse abakobwa 50 bahagarariye Leta 50 zose zigize Amerika ndetse n’undi umwe uhagarariye ‘District ya Columbia’. Umuvugizi wa Air Force Academy, yatangaje ko Marsh abaye umusirikare wa mbere wo mu rwego rw’abasirikare bakuru (officier) ukiri mu gisirikare, ugiye mu marushanwa ya Miss America. Uretse kuba ari umusirikare mu gisirikare kirwanira mu kirere, Marsh afite n’impamyabushobozi yo mu…

SOMA INKURU

Covid-19 ntikiri indwara yo mu buhumekero gusa- Ubushakashatsi

Icyorezo ya COVID-19 cyafatwaga nk’indwara yo mu myanya y’ubuhumekero gusa. Ariko ubushakashatsi bwagaragaje ko Corona virusi yinjirira mu myanya y’ubuhumekero ariko bimwe mu byagaragajwe n’abahanga b’abashakashatsi nuko hari ibizamini byagiye bikorerwa ku bantu bahitanywe na COVID-19 hakagaragara ko COVID-19 igenda ikagera aho yangiza imitsi itwara amaraso uhereye mu bihaha ndetse n’ibindi bice by’umubiri. Iyo imitsi yangiritse ituma amaraso adatembera neza bityo hakabaho kwirema kw’ibibumbe byamaraso bigenda bizibira amaraso ntabashe gutambuka neza ngo agere aho agiye. Ibi bishobora gutuma habaho indwara zibasira umutima (heart attack), Stroke na Gangrene. Indwara zibasira Umutima…

SOMA INKURU

Hagaragajwe ibibazo by’ingutu byugarije urwego rw’ubuzima

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Nsanzimana Sabin yatangarije abadepite bagize Komisiyo ya politiki, uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore mu iterambere ry’igihugu bimwe mu bibazo by’ingutu bibangamiye urwego rw’ubuzima birimo ubuke bw’abakozi, imibereho yabo iri hasi iterwa ahanini no kuba bahembwa umushahara muke. Minisitiri Nsanzimana yagaragaje ko abakora mu rwego rw’ubuvuzi bafite ibibazo bitandukanye, bikeneye gukemurwa kugira ngo umusaruro wabo ukomeze kwiyongera. Ati “ Ntabwo ikibazo ari umubare muke gusa gusa. Harimo n’uburyo bakoreramo, ubuke bwabo butuma batabona n’ikiruhuko, na byo twagiye tubirebaho, haba umushahara ndetse n’agahimbazamusyi, turi gukorana n’inzego za Leta ku buryo kajya…

SOMA INKURU

U Burundi bwafunze imipaka, dore icyo u Rwanda rwatangaje kuri icyo cyemezo

U Burundi bwafashe umwanzuro wo gufunga imipaka ibuhuza n’u Rwanda, mu gihe hari hashize iminsi mike Perezida Evariste Ndayishimiye aciye amarenga kuri iki cyemezo, nyuma yo gushinja u Rwanda gushyigikira Umutwe wa RED-Tabara urwanya leta y’igihugu cye. Ni ibirego u Rwanda rwahakanye, rushimangira ko nta nyungu rwagira mu guhungabanya umutekano w’iki gihugu. Iri fungwa ry’imipaka ryabaye kuri uyu wa Kane, tariki 11 Mutarama 2024, akaba ari nabwo byamenyekanye ko Leta y’u Burundi yafashe icyemezo cyo gufunga imipaka yose ibuhuza n’u Rwanda. Si ubwa mbere u Burundi bufata icyemezo cyo gufunga…

SOMA INKURU

Rwanda: Abantu bafite ubumuga babaye indashyikirwa ku murimo bahishuye ibanga bakoresha

Ibarura rusange rya gatanu ry’abaturage n’imiturire yabo ryakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) muri 2022, ryatangaje ko 30% by’abantu bafite ubumuga ari bo bafite akazi mu gihe abatabufite ari 48%. Umubare uri hejuru w’abantu bafite ubumuga bari mu kazi uherereye mu karere ka Nyagatare ku kigero cya 41%, mu gihe umubare uri hasi w’abantu bafite ubumuga bafite akazi ari 21% bagaragara mu karere ka Karongi. Muri aba bantu afite ubumuga imibare igaragaza ko bari mu kazi harimo intangarugero nubwo nabo bemeza ko hari imbogamizi zikigaragara. Indashyikirwa mu burezi muri…

SOMA INKURU

Muri Kiyovu Sports ibintu bikomeje kujya irudubi

Rutahizamu wa Kiyovu Sports, Obediah Mikel Freeman, yafatiriye ibikoresho birimo imipira kubera ideni aberewemo. Ibi bibaye nyuma y’aho ikipe ya Kiyovu Sports ikomeje kugorwa n’ibibazo by’amikoro kuva uyu mwaka w’imikino watangira. Ibi byabaye mu myitozo yo ku wa Mbere tariki ya 8 Mutarama 2024, ubwo uyu mukinnyi yafataga ibikoresho akavuga ko abisubiza ari uko yishyuwe. Amakuru dukesha UMUSEKE avuga ko Cabangula yasabaga byibura ibihumbi 300 Frw mu yo aberewemo kugira ngo atange ibikoresho ikipe ikomeze imyitozo. Uyu mukinnyi ngo yahawe ibihumbi 150 Frw, maze yemera gutanga ibyo yari yafatiriye. Ubuyobozi…

SOMA INKURU

Rusizi: Ubuyobozi bwihaye imyaka 3 yo kuvana abaturage ibihumbi 24 mu bukene

Nyuma y’uko mu ntangiriro z’umwaka ushize wa 2023, Leta y’u Rwanda yakuyeho gahunda yo gufasha abaturage hagendewe ku byiciro by’ubudehe nyuma yo gutahura ko iyi gahunda ituma hari abakoresha nabi inkunga bahabwa kugira ngo bazakomeze bafashwe, ntibyabujije ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwihaye intego yo gufasha abaturage bakennye ibihumbi 24 kugira ngo babashe kwivana mu bukene mu gihe kitarenze imyaka itatu. Iyi gahunda yasimbujwe gahunda yo gufasha umuturage kwifasha, aho umuturage uhabwa ubufasha asabwa gushyiraho ake kugira ngo ave mu bukene abigizemo uruhare. Mu karere ka Rusizi abo Leta igenera ubufasha…

SOMA INKURU

Umugabo w’imyaka 53 akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 10

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi umugabo w’imyaka 53 akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 10, byabaye kuwa 5 Mutarama 2024, mu gihe uwafashwe afungiye kuri sitasiyo ya Nyarugenge mu gihe dosiye ye iri gutunganywa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha mu gihe cyagenwe n’itegeko. Uyu mwana asanzwe afite ikibazo cyo kutavuga neza. Byabereye Mu Murenge wa Nyarugenge, Akagari ka Biryogo mu Mudugudu wa Nyiranuma ni mu Karere ka Nyarugenge. RIB yibukije abaturarwanda ko itazihanganira uwo ari we wese ukora icyaha nk’icyo cyo gusambanya umwana amufatiranye kubera uburwayi burimo ubumuga. Yakanguriye…

SOMA INKURU

Umuhanzi Davis D yasimbujwe Juno Kizigenza mu ndirimbo ’Peace of mind remix ” ya Shemi mu buryo butunguranye

Hari ku wa 09 Ukuboza 2022 ubwo umusore wigaga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye, Shemi Gibril yashyiraga hanze indirimbo yise ’Peace Of Mind’. Iyi ndirimbo yabaye isereri mu mitwe y’abanyarwanda, byumwihariko yigarurira imitima y’urubyiruko rwiganjemo igitsina gore. Iyi ndirimbo yahinduriye ubuzima uyu wari umwana, biza kumenyekana ko ari umwishywa w’umuhanzi The Ben biba akarusho kuyikunda cyane ko bari bamenye ko isuku igira isooko. Iyi ndirimbo ikimara gukundwa cyane, bamwe mu byamamare nyarwanda bifuje ko bayisubiranamo n’uyu Shemi ariko bakagorwa nuko yabaga ari ku ishuri [yigaga aba mu kigo] bigatuma…

SOMA INKURU

Congo ibintu bikomeje gufata indi sura, umuvugizi wa Katumbi yaburiye perezida Tshisekedi

Umuvugizi wa Moïse Katumbi umukandida waje ku mwanya wa kabiri mu matora ya perezida wa DR Congo yavuze ko Perezida watowe Felix Tshisekedi ari we uzabazwa ugerageza kose guhungabanya ubuzima bwitebwa Katumbi. Ni nyuma y’uko kuwa mbere Moïse Katumbi agiye gusohoka iwe mu rugo ahitwa Kashobwe muri teritwari ya Kasenga mu ntara ya Haut Katanga, yasanze hari abasirikare benshi n’ibimodoka byabo bagose urugo rwe bamubuza kuva iwe. Kuwa mbere, Katumbi yasohoye itangazo ryamagana amatora aheruka avuga ko “igisubizo cyonyine ari ukuyasesa” ndetse asaba umuryango mpuzamahanga “kutemera ibyavuye muri aya matora…

SOMA INKURU