Mu mujyi wa Rubavu hakomeje kugaragara abakobwa b’abangavu harimo n’abafite imyaka 13 bishora mu buraya, abenshi muri bo batangaza ko intandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga ari inzara, ubukene no kubura ababitaho, kugeza ubu bakaba bafite ibyago byinshi byo kwanduzwa virusi itera SIDA n’abagabo bababona nk’umuti. Nk’uko byemezwa na Ugiriwabo Xaverine, uhagarariye Koperative y’abakora uburaya ariko biyemeje kubureka, “Abiyemeje guhinduka Gisenyi”, atangaza ko bamwe muri abo bana bashorwa mu buraya n’imiryango yabo cyangwa bakabura uburyo bwo kubaho bakabukora ku giti cyabo, ariko bari mu kaga ko kwanduzwa virusi itera…
SOMA INKURUCategory: Inkuru zikunzwe
Rubavu: Ubukerarugendo burakataje, ariko hadafashwe ingamba amwe mu macumbi yakwica bucece abayagana
Mu gace gakungahaye ku mutungo kamere, kagaragara nk’isoko y’ubukungu, kamwe mu turere tw’u Rwanda, kishimirwa mu rwego rw’ubukerarugendo n’ubucuruzi bwambukiranya imipaka, ariko muri iyo shusho itatse icyizere, Rubavu iracyafite ikibazo kidakumiriwe vuba cyarangiza bucece ubuzima bw’abahasohokera n’abahatuye. Ikibazo nyiri zina gishingiye ku “AGAKINGIRIZO” nk’imwe mu nkingi za mwamba mu kwirinda ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA. Mu mujyi wa Rubavu habera ibirori bitandukanye, ubwiza nyaburanga buganwa n’abaturutse imihanda inyuranye, amajwi y’imodoka n’umuziki byiganjemo, ba mukerarugendo baza mu matsinda. Ariko mu byumba birenga 2,000 by’amacumbi aboneka muri uyu mujyi, hari igikenewe…
SOMA INKURUKivu Beach Festival 2025: Impeshyi y’ibyishimo, ubukerarugendo n’iterambere ku nkengero z’i Kivu
Impeshyi ya 2025 izasiga amateka atazibagirana ku batuye ndetse n’abasura Intara y’Iburengerazuba, binyuze muri Kivu Beach Expo & Festival, iserukiramuco rikomeye rizazenguruka uturere dutanu dukora ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu. Ni igikorwa cy’ubukerarugendo n’imurikabikorwa kizahuza ubusabane, umuco, ubucuruzi n’imyidagaduro guhera ku wa 3 Nyakanga kugeza ku wa 31 Kanama 2025. Iri serukiramuco ryateguwe na Yirunga Ltd ku bufatanye n’Intara y’Iburengerazuba hamwe n’urugaga rw’abikorera. Rizatangirira i Rubavu ku mucanga wa Public Beach tariki ya 3 Nyakanga 2025 dore ko bizaba ari no mu bihe byiza by’ikiruhuko yaba ku banyeshuri ndetse n’abakozi,…
SOMA INKURUImwe mu myumvire ibangamira ikoreshwa ry’agakingirizo mu rubyiruko
Mu gihe Leta n’abafatanyabikorwa bayo bagikora ibishoboka byose bagamije kurwanya ikwirakwira rya virusi itera SIDA n’ubwandu bushya mu Rwanda, bamwe mu rubyiruko baracyafite imyumvire icumbagira ku ikoreshwa ry’agakingirizo. Urubyiruko runyuranye rwaba urwo mu mijyi ndetse no mu cyaro, usanga hari abakibona ko gukoresha agakingirizo ari ugutandukira indangagaciro, abandi bakabona ko kugakoresha bihabanye no kuba ‘umukirisitu’. Isoni, iterabwoba n’inyigisho zidahagije zimwe mu mbogamizi Niyonsenga Clarisse, w’imyaka 22, utuye i Nyamirambo, avuga ko atigeze akoresha agakingirizo mu buzima bwe bwose bw’imibonano mpuzabitsina. Ati:“Nabitekereje rimwe, ariko nari mfite isoni zo kukagura. Numvaga ko…
SOMA INKURUKitoko aritegura gutaha: Zimwe muri gahunda ategura gukorera mu rwamubyaye
Kitoko Bibarwa Patrick, umwe mu bahanzi b’ibyamamare batangiye umuziki kuva mu myaka ya 2008, yatangaje icyemezo gikomeye cy’ubuzima: aratashye burundu nyuma y’imyaka isaga 12 yari amaze aba mu Bwongereza. Mu kiganiro gito ariko cyuje amarangamutima, Kitoko yavuze ko igihe kigeze ngo asubize igikundiro n’umwimerere by’umuziki we ku butaka bwamubyaye. Ati:“Maze igihe kinini ntekereza gutaha. Imyaka 12 ni myinshi. Nkumbuye iby’iwacu, nkumbuye gucurangira abanjye, kandi mfite imishinga yihariye nshaka kuhakorera.” Yari mu rugendo rw’amasomo n’iterambere bwite Kitoko yerekeje i Burayi mu 2013, asize ibihangano bikomeye byari byaramugize icyamamare harimo Ikiragi, Akamamyi…
SOMA INKURUIgitego cya Lionel Messi cyahaye amahirwe Inter Miami mu gikombe cy’Isi cy’amakipe
Lionel Messi yongeye kugaragaza impano ye idasanzwe, afasha Inter Miami kubona intsinzi yayo ya mbere mu mikino y’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe, nyuma yo gutsinda FC Porto ibitego 2-1 mu mukino w’ishiraniro wabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni umukino wa kabiri w’iyi kipe muri Itsinda A, aho yaherukaga kunganya na Al Ahly 0-0, bikaba byari byongereye igitutu kuri Messi n’abandi bakinnyi be basabwaga intsinzi y’agaciro. Ku ikubitiro FC Porto ku munota wa 8 yabonye penaliti nyuma y’ikosa rikorewe mu rubuga rw’amahina. Samu Aghehowa yayivanyemo igitego cyabaye nk’igitangira urugamba ku ruhande…
SOMA INKURUUmuherwe akaba na nyiri Telegram, yahishuye uburyo yabyaye abana barenga 100
Pavel Durov, washinze kandi uyobora urubuga ruzwi cyane rwa Telegram, yongeye gutungurana atangaza ko afite abana barenga 100 yabyaye binyuze mu gutanga intanga mu bihugu 12 bitandukanye. Uyu mugabo w’imyaka 40, ukomoka mu Burusiya, ariko ubu utagira igihugu abamo bya buri gihe, yavuze ko imyaka 15 ishize yatangiye gufasha inshuti ye ibuze ubushobozi bwo kubyara, bituma yinjira mu rugendo rwatumye intanga ze zikoreshwa n’abagore batandukanye ku Isi, kugeza ubwo habonetse abana barenga ijana. “Ibi ntibyari ibikorwa byo kwinezeza cyangwa kwiyemera,” Durov yagize ati. “Byari ubushake bwo gutanga ubuzima ku bantu…
SOMA INKURUNi iki kihishe inyuma yo kongera kugaragara kwa COVID-19 mu Rwanda?
Mu gihe benshi bibwiraga ko icyorezo cya COVID-19 cyarangiye burundu, hari ibimenyetso bigaragaza ko yongeye kwigaragaza mu bice bitandukanye by’u Rwanda. Mu byumweru bitatu bishize, ibitaro bikuru bya Kigali (CHUK) hamwe n’ibigo nderabuzima byo mu ntara byatangiye kwakira abarwayi bafite ibimenyetso bya COVID-19, harimo inkorora, umuriro, umunaniro ukabije n’ibibazo byo guhumeka. Icyorezo cya COVID-19 cyongeye gutera impungenge mu Rwanda, ariko ntikiragera ku rwego rw’ihungabana rikomeye. Abaganga n’inzego z’ubuzima barakangurira abaturage kudacogora, kuko uko kwirinda no gukingirwa bigaragaza ko bishobora gutuma iyi ndwara idakwirakwira nk’uko byigeze kuba mbere. Ubuhamya bw’abayirwaye: “Numvaga…
SOMA INKURUUburinganire si intambara y’abagabo n’abagore– Imwe mu myumvire ikibangamira ihame ry’ubwuzuzanye mu Rwanda
U Rwanda, kimwe mu bihugu byashyize imbere politiki ihamye y’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’abagore n’abagabo, ariko haracyagaragara inzitizi zishingiye ku myumvire itariyo, zibuza abaturage kugera ku nyungu nyazo z’iri hame. Izi nzitizi ntizishingiye ku mategeko, ahubwo zigaragara cyane mu mitekerereze, imico n’imyumvire igiciriritse cyane cyane mu rugo. Imyumvire ikirimo urujijo… Mu murenge wa Rwaza, akarere ka Musanze, twaganiriye na Mukamana Vestine, umugore w’imyaka 38, ufite abana bane, atangaza ko hakiri abagabo binangiye ku bijyanye n’ubwuzuzanye mu rugo. Yagize ati: “Nigeze kugerageza kubwira umugabo ko twafata icyemezo cyo kohereza umwana wacu w’umukobwa…
SOMA INKURUUmugore utwite aburirwa gufata ingamba zo kwirinda malariya n’ingaruka zayo
Malariya ni indwara ikomeye cyane mu bihugu bya Afurika n’u Rwanda rudasigaye, aho ikomeje kuba ikibazo gikomeye mu buzima by’umwihariko ababyeyi batwite n’ubuzima bw’uwo atwite kuko ishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bwabo. Ingaruka zinyuranye za malariya mu gihe yibasiye umugore utwite Malariya ku mugore utwite ishobora kumutera ibibazo bikomeye, birimo kubura amaraso kuko iyi ndwara itera gusenyuka k’uturemangingo tw’amaraso bigatuma umugore abura amaraso bikaba byateza umunaniro ukabije, gucika integer ndetse n’ikibazo cyo kubura umwuka. Malariya yibasira ubwonko nayo ni ubwoko bukomeye bwa malariya bushobora gutera ibibazo by’ubwonko, harimo no…
SOMA INKURU