Itangazamakuru ry’ibidukikije ryiza ni irikemura ibibazo by’abaturage -Rushingabigwi

Umuyobozi w’ishami rishinzwe itangazamakuru mu Kigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere “RGB”, yatangaje ko yemera itangazamakuru nk’ubutegetsi bwa kane kuko rifite uruhare mu buzima bwa muntu, anemeza  ko  iry’ibidukikije ari ingenzi ariko riba ryiza iyo abaturage baza ku isonga kandi rikemura ibibazo byabo. Ibi uyu muyobozi yabitangarije mu mahugurwa y’iminsi ibiri yateguwe n’umuryango w’abanyamakuru barengera ibidukikije mu Rwanda “REJ” ku bufatanye n’abaterankunga banyuranye  barimo “Internews, Rema,…”, akaba yarasojwe ejo hashize tariki 23 Ugushyingo 2021, akaba yari yahuje abanyamakuru 20 batyaza ubwenge muri gahunda zinyuranye z’ibidukikije. Rushingabigwi yibukije abanyamakuru bari bitabiriye aya mahugurwa ko…

SOMA INKURU

Uko gahunda nshya y’ibimoteri ihagaze mu kubungabunga ibidukikije

Buri munsi toni zirenga 500 z’imyanda ziva mu mujyi wa Kigali, amasoko, amaduka, ingo ndetse n’amashuri aribyo bifite uruhare runini mu gutanga uwo mwanda, ndetse aho abatari bake babona imodoka zirirwa zitunda uwo mwanda bibaza aho ushyirwa ndetse niba nta n’ingaruka bigira ku bidukikije. Ariko iki kibazo kibazwa n’abatari bake, leta ntiyakirengagije kuko kugeza ubu imaze gushyiraho uburyo bushya bw’ibimoteri bigezweho bikoresha ikoranabuhanga, aho imyanda ibora itandukanywa n’itabora bityo bikorohereza n’abashinzwe kubyaza umusaruro iyo myanda, aho kuri aho bimenwa nta ngaruka bikigira ku bidukikije nk’uko byahoze kera, aho wasangaga ahamenwa…

SOMA INKURU

Huye: Imiryango 150 yasenyewe n’ibiza yahawe ingoboka

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, (MINEMA), yagobotse imiryango 150 yasenyewe n’ibiza mu Karere ka Huye iyigenera amabati inakora umuganda wo gusana ibyangiritse. Imiryango yafashijwe ni iyo mu Kagari ka Byiza, Umurenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Ugushyingo 2021. Muri iki gikorwa hanatewe ibiti bizajya bitangira umuyaga kugira ngo udasenya inzu ndetse abaturage n’abafundi bigishwa kubaka inzu baziha imisingi bakanazirika ibisenge kugira ngo zitagwa. Imiryango yahawe ubufasha yashimiye Leta iniyemeza ko igiye kujya yubaka inzu zikomeye kugira ngo zidasenywa n’ibiza. Mukansanga Alphonsine, yagize ati “Turashimira…

SOMA INKURU

Rulindo: Ibiza byibasiye ibikorwa n’inyubako binyuranye

Imvura irimo urubura n’umuyaga yaguye ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 9 Ukwakira 2021, yangije inzu z’abaturage zigera kuri 216 harimo inyubako y’ikigo nderabuzima n’amapoto umunani y’amashanyarazi aragwa. Ibi byatangajwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo, aho bwemeje ko ibyangijwe n’imvura yaguye kuri uyu wa Gatandatu, yasenye inzu zigera kuri 216 zirimo izituwemo, ibikoni n’ubwiherero. Iyi mvura yari yiganjemo umuyaga mwinshi n’urubura yaguye saa munani n’igice igeza saa kumi n’igice z’amanywa yangiza ibisenge by’inzu 123 z’abaturage bo mu tugari twa Rutonde, Rubona na Kajangwe mu murenge wa Shyorongi, mu karere ka…

SOMA INKURU

Iburasirazuba hatangiye kongerwa imbaraga z’amashanyarazi

Imiyoboro y’amashanyarazi yubatswe kera mu Turere dutandukanye tw’Intara y’Uburasirazuba ubu yatangiye kongererwa imbaraga ku buryo ihaza abayifatiraho amashanyarazi biyongereye ndetse n’ibikorwa by’ubucuruzi n’inganda ziciriritse ziri muri kariya gace. Ni umushinga watewe inkunga n’u Bubirigi binyuze mu kigo cyawo cy’iterambere (Enabel), ushyirwa mu bikorwa na Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) binyuze muri sosiyete yayo ishinzwe guteza imbere ingufu (EDCL). Umuhuzabikorwa wa gahunda yo gukwirakwiza amashanyarazi mu gihugu Ahimbisibwe Reuben, yatangaje ko uyu mushinga uzavugurura imiyoboro ingana n’ibilometero 194, yongererwe imbaraga ku buryo ibasha guhaza ibikorwa bikenera umuriro mwinshi. Yagize ati…

SOMA INKURU

Karongi: Nta mwaka ushize inzu zubakiwe abatishoboye zarasenyutse n’izisigaye ziri mu nzira

Inzu eshanu mu nzu 10 zubakiwe abatishoboye mu murenge wa Rubengera, mu karere ka Karongi zamaze gusenyuka zitaramara umwaka, mu gihe abatuye mu zisigaye nabo bafite impungenge ko ibihe by’imvura byegereje,  nazo zishobora gusenyuka. Muri Kamena 2020 nibwo aba baturage batishoboye batujwe muri izi nzu zubatswe mu mudugudu wa Kabera mu Kagari ka Kibilizi. Umwe muri bari bahawe inzu yavuze ko zatangiye gusenyuka zimaze amezi atatu gusa, ubwiherero burasenyuka burundu batangira gutira abaturanyi. Byaje kugera ubwo inzu yose igwa burundu, abari batujwe muri aya mazu bajya gukodesherezwa. Yavuze ko inzu…

SOMA INKURU

Kigali: Bamwe mu bafite amikoro make batuye mu manegeka ntibatereranywe

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko bwatangiye kubaka inzu zubakishije ibikoresho bidahenze kandi birambye, mu rwego gutuza neza abafite amikoro make mu Mirenge ya Gitega na Kimisagara bari basanzwe batuye ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga. Iyi gahunda yo kuvugurura imiturire y’akajagali igirwamo uruhare n’umuturage ndetse na Leta, aho abaturage batanga ibibanza byabo byari byubatseho inzu zishaje zikavanwaho noneho ubwo butaka Leta ikabwubakaho izindi nzu zijyanye n’Imiturire myiza kandi zikomeye. Ni uburyo butuma abaturage bafite amikoro make bubakirwa inzu zikomeye kandi zirambye, bitabaye ngombwa ko bimurwa mu gace bari…

SOMA INKURU

Abafite moto zikoresha amashanyarazi barabangamiwe

Nyuma y’iminsi mu Rwanda hatangiye gukoreshwa moto zikoresha amashanyarazi, bamwe mu bamotari bazikoresha barinubira ko batabasha kujya mu bice byo hanze ya Kigali kubera ko ntaho kuzicaginga babona. Ni mu gihe u Rwanda rwihaye gahunda yo guteza imbere ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi, hirindwa imyuka yangiza ikirere ikunze gusohorwa n’ibinyabiziga bikoresha ibikomoka kuri peteroli. Bamwe mu bamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali bakoresha moto z’amashanyarazi, babwiye IGIHE ko babangamirwa n’uko batabasha kugera mu Ntara bitewe n’imiterere ya bateri za moto zabo. Umumotari Nzabamwita Faustin yagize ati “ Sitasiyo ziduha amashanyarazi akoreshai zi…

SOMA INKURU

Rutsiro: Ubwoba ni bwinshi, ibiciro bihanitse by’imirindankuba bikomeje kuba imbogamizi

Akarere ka Rutsiro ni kamwe mu tugize  intara y’Iburengerazuba, kakaba  kwibasirwa n’ikiza cy’inkuba, aho mu bihe by’imvura tugiye kwinjiramo abaturage bo muri aka gace bahura n’ihungabana rikomeye, bibaza utahiwe gukubitwa n’inkuba, dore ko abo itishe ibatera ubumuga bukomeye, ibi byose bakabishinja ibiciro bihanitse by’imirindankuba. Abaturage bo muri aka karere ka Rutsiro batangaza ko batazi iherezo ryabo n’inkuba, kuko icyakayibarinze ariwo umurindankuba ufite ibiciro bihanitse, kandi ibi aba baturage batangaza ntibinyuranye n’iby’Umuyobozi w’akarere avuga. Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, MAdame Ayinkamiye Emelance yunze mu ry’abaturage, aho yemeje ko umurindankuba nyawo atari pirate,…

SOMA INKURU

Karongi: Barishimira ibikorwa remezo biri kuzamura umujyi nyaburanga wabo

Abatuye mu mujyi wa Karongi basanga ibikorwa remezo by’iterambere birimo kuhubakwa nk’imihanda bizarushaho guteza imbere ubukerarugendo busanzwe buhakorerwa, dore ko ari ku Kiyaga cya Kivu. Karongi ni akarere k’imisozi miremire, kuba gakora ku Kiyaga cya Kivu by’umwihariko Umujyi wa Karongi ni kimwe mu bituma gahinduka akarere k’ubukerarugendo. Amahirwe y’ishoramari n’ubukerarugendo agaragara ubu atuma ubutaka buri mu nkengero z’ikiyaga cya kivu bugira agaciro nk’uko bamwe mu bahaturiye babyemeza. Masengesho Pascal ati “Kera nkimenya ubwenge nasanze ubutaka bw’aha Karongi by’ubwihariko hano iruhande rw’ikivu nasanze ari ubutaka budafite agaciro ntabwo abantu babuhingaga kuko…

SOMA INKURU