Minisiteri y’ibikorwa remezoyatangaje ko bitarenze umwaka wa 2023 ingo zibarirwa mu bihumbi 445 zo mu gihugu hose, zizaba zimaze kubona amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba. Ibigo bisanzwe bicuruza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba eshanu zimaze kugirana amasezerano n’imirenge sacco uko amashanyarazi azagera ku baturage Ayo mashanyarazi akaba azatangwa biturutse mu mushinga wa Leta y’u Rwanda ibinyujije muri banki itsura amajyambere (BRD), aho iyo banki izatanga amafaranga angana na miliyali 41, azagurizwa abaturage bifuza amashanyarazi y’imirasire y’izuba, kugira ngo abaturage babashe kugera kuri iyo nguzanyo, ayo mafaranga azanyuzwa mu Mirenge SACCO…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Georgina umukunzi wa Cristiano yarushijeho kumwereka urukundo nyuma yo gushinjwa gufata ku ngufu
Umunyamideli Georgina Rodriguez yatangaje ko umukunzi we Cristiano Ronaldo afite ubunararibonye mu gutsinda imbogamizi zose ahura nazo mu buzima bwe bwa buri munsi. Umukunzi wa Cristiano Ronaldo, Georgina Rodriguez yashyigikiye bikomeye uyu rutahizamu abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, nyuma y’amakuru amaze iminsi avugwa ko yafashe ku ngufu umugore w’imyaka 34 witwa Kathryn Mayorga mu mwaka wa 2009. Umukunzi wa Cristiano yanditse ubutumwa bushyigikira CristianoGeorgina yagize ati “Uhindura ubusa imbogamizi zose utegwa mu nzira zawe zose ndetse ukoresha imbaraga kugira ngo wereke buri wese uwo uriwe.Ndagushimiye kuba utuma turyoherwa na…
SOMA INKURUUmutekano wakajijwe mu gace Bobi Wine n’abo bareganwa baburaniramo
Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine ni umwe mu badepite batavuga rumwe n’ ubutegetsi akaba aherutse gutorwamo mu gace ka Wadri n’ abandi 34 biteganyijwe ko bagezwa imbere y’ urukiko kuri uyu wa Mbere tariki 1 Ukwakira 2018. Nk’uko ikinyamakuru Daily Monitor kibitangaza imihanda yerekeza ku rukiko rwa Gulu yafunzwe n’ inzego z’ umutekano n’ abashinzwe umutekano wo mu muhanda. Si icyo gusa kuko igisirikare na polisi bacunze umutekano ku mihanda y’ Akarere ka Gulu. Depite Bobi Wine na bagenzi baragezwa imbere y’ urukiko bahatwe ibibazo ku byaha bakekwaho birimo…
SOMA INKURUIgitaramo cyagaragayemo udushya tujyanye n’imyambarire
Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 29 Nzeri 2018, i Remera ahazwi nko kuri Junction habaye igitaramo kiswe “Dechire Party” cyari gifite umwahariko wo kuba abakitabira bose bagomba kwambara umwambaro benshi bita ko ucikaguritse uzwi nka “Dechire” cyangwa incabari mu rurimi rw’ikinyarwanda. Iki gitaramo cyatangiyen ahagana saa moya z’umugroba cyagaragayemo abantu b’ingeri zitandukanye barimo abanyamakuru ,abakinnyi ba filime nyarwanda ,abanyamideli ndetse na bamwe mu byamamare nyarwanda bamamaye mu gukoresha imbuga nkoranyambaga ndetse n’abatunganya indirimbo. Tumwe mu dushya twaranze kino gitaramo nuko bamwe mu bakobwa batunguranye cyane kubera imyambaro ya “Dechire”…
SOMA INKURUKayonza: Umugabo arakekwaho kwica abana be babiri
Bigirimana Jean Bosco ni umugabo w’imyaka 30 utuye mu Murenge wa Mwili, mu Kagari ka Nyamugari, mu Mudugudu wa Ryamutoto, ubu ari mu maboko y’urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) aho akurikiranyweho icyaha cyo kwiyicira abana be babiri nyuma y’aho umugore yari afite amusabye ko bazongera kubana ari uko abo bana batakihaba. Mu ijoro ryo ku wa 28 Nzeli 2018, ahagana mu ma saa tatu z’ijoro niho umwana umwe witwa Iranzi Kumbuka w’imyaka 10 yasohotse ajya mu baturanyi ababwira ko mushiki we Irizabimbuto Caline w’imyaka 8 amaze gupfa yishwe n’umuti ise yamuhaye nawe…
SOMA INKURUTETA NA SANGWA 15
Nyuma y’igihe gito Teta yagiye kwiga aba mu Kigo, umunsi umwe azamutse mu nzira yakundaga gucamo asanga Miguel ahahagaze yamutegereje, nuko aramusuhuza. Bite se? Ni byiza Kuhagaze mu inzira se? Niwowe narintegereje Teta, natekereje ko uri bujye ku ishuri utampaye igisubizo, kandi nanjye niga mba mu kigo, nifuzaga gusubira ku ishuri nzi neza igisubizo cyawe, kuko nifuza ko wanyemerera tugakundana ndakwinginze nsubiza. Nuko Teta aramwemerera, bumvikana ko bazajya babonana mu biruhuko niko Miguel arishima cyane, naho Teta agenda atanyuzwe, akagira ati:ubonye Miguel iyo aza kuba ari Sangwa unsabye ubucuti. …
SOMA INKURUIBINSHOBERA 15
Mu gihe habura ibyumweru bibiri hakaba amatora y’umunyamabanga mukuru wa OIF, habaye ugusangira ko gushyigikira Minisitiri Mushikiwabo
Ugusangira kwabaye hagati y’ abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bo mu bihugu bikoresha Igifaransa, bahuriye mu musangiro ugamije gushyigikira kandidatire ya Louise Mushikiwabo ku Bunyamabanga bukuru bw’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa “OIF”, ibi bikaba byabaye mu gihe hasigaye ibyumweru bibiri kugira ngo mu Mujyi wa Erevan muri Arménie habere amatora y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa “OIF”. Muri aya matora Minisitiri Mushikiwabo azaba ahanganye n’Umunya-Canada Michaëlle Jean, umaze imyaka ine kuri uwo mwanya, azaba ku itariki 11 na 12 Ukwakira uyu mwaka wa 2018. Mushikiwabo watanzwe nk’umukandida wa Afurika, yashimiye abari muri iki…
SOMA INKURUKwaka amafaranga indembe ije kwa muganga mbere, ni ugutandukira amahame y’umwuga –Minisitiri Dr Gashumba
Mu nama nyunguranabikekerezo ngarukamwaka yateguwe n’Umuryango w’Abanyamakuru baharanira amahoro, Paxpress, yabaye kuri uyu wa Kane, yari ifite insanganyamatsiko yo ‘‘Kunoza ireme rya serivisi z’ubuzima by’umwihariko mu bigo nderabuzima na poste de sante’’, muri iyi nama Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba, yatangaje ko nta mabwiriza bigeze babaha amavuriro n’ibitaro yo kubanza kwaka amafaranga umuntu uzanye indembe cyangwa aje kwivuza arembye, ngo ababikora baba batandukiriye ku mahame y’umwuga. Minisitiri Gashumba yabivuze nyuma y’ikibazo cyagaragarijwe n’ abaturage ko iyo umuntu asanze umuntu w’indembe ku muhanda yakoze impanuka cyangwa yagize ikindi kibazo, umujyanye…
SOMA INKURUUruhare rw’abaturage ni ngombwa mu igenamigambi
Kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Nzeli 2018, ubwo Minisiteri y’imari n’igenamigambi yahaga Abadepite bashya ikiganiro ku itegura, isesengura n’itorwa ry’ingengo y’imari, bayisabye kwita cyane ku ruhare rw’abaturage mu igenamigambi. Depite Barikana Eugène yavuze ko n’ubu abaturage bakigaragaza ko badahabwa umwanya ukwiriye. Yabivuze muri aya magambo “Ugasanga abantu bashyira imbaraga mu gutegura ingengo y’imari ariko mu gutegura igenamigambi nta zirimo. Uruhare rw’abaturage ku rwego rw’umudugudu no ku kagari ntibyitabwaho cyane. Hakwiriye gushyirwamo imbaraga kuko igenamigambi rituruka hasi”. Depite Mpembyemungu Winifrida yagize ati “Hari ingamba ki mu kurushaho guha abaturage uruhare…
SOMA INKURU