Kuri uyu wa Gatanu ubwo Perezida Kagame unayoboye “AU” yakiraga urubyiruko rw’abakorerabushake 90, baturuka mu bihugu 45 bya Afurika, barimo n’Abanyarwanda 15, bakaba bari guhugurwa mbere y’uko boherezwa mu bindi bihugu by’Afurika gukoramo imirimo y’ubukorerabushake by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, bamaze ibyumweru bibiri mu Rwanda bahugurwa, yabwiye uru rubyiruko ko rwifitemo ubushobozi bwo kuba icyo rwifuza cyose, arwibutsa ko rushobora gutanga umusanzu kugira ngo igihugu ndetse n’umugabane warwo utere imbere nk’uko byifuzwa. Uru rubyiruko rwahuriye mu Rwanda tariki 24 Nzeri 2018, aya mahugurwa y’ubukorerabushake barimo bakaba bazayasoza tariki 10 Ukwakira…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Ubusabe bwa Diane Rwigara n’umubyeyi we bwubahirijwe, barekuwe by’agateganyo
Kuri uyu wa gatanu tariki 5 Ukwakira 2018, nibwo Urukiko rukuru rwafashe icyemezo cyo kurekura Diane Rwigara n’umubyeyi we Adeline Rwigara nyuma y’ uko bari babisabye mu iburanishwa riheruka. Abaregwa n’ abunganizi babo bari basabye ko Diane Rwigara n’umubyeyi we barekurwa bagakurikiranwa badafunze kuko iperereza ryaragiye, bizeza urukiko ko batazatoroka. Icyo gihe ubushinjacyaha bwavuze ko badakwiriye kurekurwa kuko hari abo bareganwa bari hanze y’ igihugu batarafatwa bityo hakaba impugenge z’ uko basohotse byakwica iperereza kuri abo bareganwa batarafatwa. Ibi nibyo urukiko rukuru rwicaye rurasuzuma maze kuri uyu wa gatanu tariki…
SOMA INKURUNyuma yo kumenyekana nk’umusitari Zari yahawe inshingano n’igihugu avukamo
Mu ntangiro z’iki Cyumweru turimo, nibwo umunyamidelikazi ukomoka mu gihugu cya Uganda ndetse akaba yaramenyekanye cyane ubwo yabanaga n’icyamamare muri muzika Diamond ndetse bakanabyarana abana babiri Zari Hassan yari yanditse ku rubuga rwe rwa Instagram ko hari ikintu gikomeye agiye gukorana n’igihugu cye cya Uganda anashyiraho ifoto ari kumwe na Minisitiri Godfrey Kiwanda uyobora Minisiteri yamuhaye akazi. Nyuma gato nibwo byaje kumenyekana ko yahawe akazi ko kumenyekanisha ubukerarugendo bw’igihugu cye cya Uganda. Hassan Zari ufite inkomoko muri Uganda ariko kuri ubu akaba utuye muri Afurika y’Epfo, yagizwe Ambasaderi mu kumenyekanisha…
SOMA INKURUAbafite indoto zo kujya gutura muri USA, amarembo bayafunguriwe
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yatangaje ko itangije visa lottery, izahesha viza abanyamahanga 50,000 mu mwaka wa 2020, bazatoranywa ku bw’amahirwe. Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafunguye uburyo buhesha abanyamahanga kuzajya gutura no gukorera muri Amerika mu mwaka wa 2020 buzwi nka “Green card”. Kwiyandikisha bikorerwa kuri internet, bikaba byaratangiye ku wa 2 Ukwakira 2018, bikazasozwa kuwa 6 Ugushyingo 2018, mu bihugu bifite abaturage bemerewe kugerageza aya mahirwe, harimo n’u Rwanda. Amabwiriza akurikizwa mu kwiyandikisha muri DV-2020 ni amwe ku bantu bose, gahunda ya ‘Green card’ yatangiye mu myaka 30 ishize hagamijwe…
SOMA INKURUBobi Wine ahora azi neza ko isaha iyo ariyo yose yapfa
Ubwo yari mu kiganiro Slidebar cyo kuri NTV Kenya, mu ijoro ryakeye, Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi nka Bobi Wine yatangaje ko abo mu muryango we bahora bahangayitse kuko isaha iyo ariyo yose yapfa ariko ngo bazi neza ko ibyo ari gukora aribyo akwiye gukora. Uyu mudepite uhagarariye agace ka Kyadondo East, yatangaje ko kwiyamamariza kuba umudepite ari icyemezo cyamujemo kuko nta muntu yari afite umuvugira ngo agaragaze ibitekerezo bye. Ati “Umuryango wanjye uba ufite ubwoba buri munsi. Birakomeye ariko bumva ko ibyo ndi gukora bikwiye, ko ngomba gukora ibyo…
SOMA INKURUUmuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije Muhongerwa yakosoye imvugo
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Madame Muhongerwa Patricie yasabye buri wese wamwumvise nabi mu mvugo ye yo mu ntangiriro z’ukwezi kwa kane ko nta kintu kibi yari agendereye. Ni nyuma y’aho tariki ya 5 z’ukwezi kwa Kane uyu mwaka wa 2018 ari bwo uyu muyobozi yumvikanye avuga ko abantu basabiriza ku muhanda yabagereranya n’umwanda. Hari mu ntangiriro z’ukwezi kwa kane uyu mwaka, mu nama y’ubukangurambaga yari igamije guca abasabiriza no gufatanya kurebera hamwe icyatuma ibi bicika burundu, binyuze mu kubafasha kwigira no kwishakamo ibisubizo. Iyi nama…
SOMA INKURUBahaye ibihangano byabo agaciro bashyiraho n’amande ku babikoresha batishyuye
Kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Ukwakira 2018, mu kiganiro n’abanyamakuru, Abahanzi bafashe icyemezo nyuma yo gusanga mu myaka irenga 20 bamaze mu muziki, ibihangano byabo bikoreshwa n’abantu mu nyungu bwite nyamara bo ntihagire icyo bibamarira, abo bahanzi akaba ari Senderi, Munyanshoza Dieudonné, S.Major Robert Kabera na Intore Tuyisenge, bakaba bashyizeho ibiciro ku bazajya bakoresha ibihangano byabo mu bikorwa bibyara inyungu cyangwa mu ruhame nta burenganzira babiherewe. Intore Tuyisenge usanzwe uhagarariye Ihuriro ry’Abahanzi mu Rwanda, yavuze ko atari itsinda bakoze, ahubwo buri muhanzi ku giti cye nyuma y’ibiganiro bagiranye yasanze…
SOMA INKURUNyuma yo kwifuriza Diamond isabukuru nziza Shaddy Boo yongeye kwibasirwa bikomeye
Kuri uyu wa kabiri tariki 2 Ukwakira 2018 nibwo umuhanzi rurangiranwa ukomoka muri Tanzaniya Diamond Platnumz, yujuje imyaka 29 amaze avutse, Umunyamidelikazi ukunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga zo mu Rwanda, Mbabazi Shadia wamamaye ku izina rya Shaddy Boo yongeye kwibasirwa n’abatari bake nyuma yo kwandika igiswayire gikaze yifuriza Diamond Platnmuz isabukuru nziza. Abinyujie ku rukuta rwe rwa Instagram uyu munyamideri uherutse gutangaza ko atazi igisawayire neza yatunguranye yandika amagambo akomeye mu rurimi rw’igiswayiri agita ati “Leo ni sku yako ya kuzaliwa, nakutakia kheri, maisha marefu na baraka tele, mwenyezimungu akuepushe…
SOMA INKURUIbiciro by’inyubako zo muri Vision City byagabanyijweho 60% ku bakozi ba leta
Ibiciro by’inzu zo guturamo mu mudugudu uzwi nka Vision City, byagabanyijweho 60% ku bakozi ba leta bakeneye inzu zo guturamo zijyanye n’icyiciro bariho. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB n’ikigo Ultimate Developers Ltd (UDL) gikurikirana uyu mushinga, rigaragaza ko abashyiriweho aya mahirwe ari abakozi ba leta batari ku rwego ruri hejuru y’Umuyobozi w’Ishami cyangwa urwego bingana, Rivuga ko kandi bagomba kuba ari ubwa mbere bagiye gutunga inzu haba no ku bo bashakanye ku bashyigniwe. Bazaba bemerewe kugura za ‘appartement’ zirimo iy’ibyumba bibiri, bitatu cyangwa bine, ku giciro cyagabanyijwe. Muri…
SOMA INKURUYakuriweho ibirego nyuma yo gushinjwa gushora mu busambanyi umunyeshuri w’imyaka 16 yigishiga
Umwarimu witwa Eleanor Wilson w’imyaka 29 wasambanye n’umunyeshuli we w’imyaka 16 mu bwiherero bwo mu ndege barimo, yamutamaje abwira abannyeshuli bagenzi be ko uyu mwarimu yamubwiye ko agiye gukuramo inda yamuteye. Uyu mwarimu wari usanzwe afite umukunzi, yasambaniye mu ndege n’umunyeshuli we mu mwaka wa 2015, ubwo yari afite imyaka 26 bavuye ku kibuga cy’indege cya London Heathrow muri Kanama. Uyu mugore Wilson ukomoka ahitwa Dursley mu Bwongereza, yamamaye mu binyamakuru uyu munsi, nyuma yo gukurwaho ibirego yakurikiranwagaho n’urukiko birimo guhohotera umwana utarageza ku myaka y’ubukure akamukoresha imibonano mpuzabitsina. Urukiko…
SOMA INKURU