Muri uyu mwaka wa 2018 hakozwe ubushakashatsi bubaye ku nshuro ya mbere, bukorwa na Minisiteri y’ubuzima ku bufatanye na Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside hamwe na Minisiteri y’umuco na siporo, bwerekana ko abarokotse genoside yekorewe Abatutsi aribo benshi bafite ikibazo cy’ihungabana hamwe n’agahinda gakabije ugereranyije n’abandi banyarwanda batarokotse genocide yakorewe abatutsi. Ubu bushakashatsi bwerekanye mu babajijwe bafite hagati y’imyaka 14-35 mu banyarwanda bose, hafi 4% bagaragayeho ibimenyetso by’ihungabana ubwo hakorwaga ubushakashatsi. Ku bacitse ku icumu umubare ni munini aho 27% bafite hagati y’imyaka 24-65 babajijwe bari bafite ibimenyetso by’ihungabana. Ubu…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Ikigo cy’ubushakashatsi n’ikoranabuhanga ku ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire kigiye gufungurwa mu Rwanda
Amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burusiya yasinyiwe mu Mujyi wa Moscow mu Burusiya, ku ruhande rwa Guverinoma y’u Rwanda yasinywe na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb. Claver Gatete naho ku ruhande rw’u Burusiya yashyizweho umukono na Alexey Likhachev uhagarariye ikigo cya Leta gishinzwe ingufu cyitwa ROSATOM, aya masezerano akaba ari y’ubufatanye agamije gutangiza mu Rwanda ikigo cy’ubushakashatsi n’ikoranabuhanga mu bumenyi bujyanye n’ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire. Izi ngufu zifashishwa mu bikorwa bya gisivili birimo iby’ubuvuzi nko kuvura indwara za kanseri hifashishijwe uburyo bwo kuyishiririza (radiothérapie) ndetse zifashishwa kandi mu gutanga amashanyarazi,…
SOMA INKURUIgitego 1 gihaye amahirwe Mukura yo gusezerera Free State Stars muri CAF Confederation Cup
Ikipe yambara umukara n’umuhondo yo mu Majyepfo nyuma y’igihe kirekire itagera ku mikino ya CAF Confederation Cup, kuri ubu iyi kipe ya Mukura VS yasezereye Free State Stars yo muri Afrika y’Epfo iyitsinze igitego 1-0,cyatsinzwe na Nshimirimana David ku munota wa 55. Mu mukino ubanza wari wabereye muri Afrika y’Epfo, Mukura yari yarinze izamu ryayo inganyirizayo 0-0, kuri uyu munsi ikaba ikaba ibonye itike iyemerera gukomeza mu cyiciro gikurikira. Muri uyu mukino Mukura VS yayoboye igice cya mbere ndetse igenda ibona uburyo bwiza ariko ba rutahizamu bayo bari bayobowe…
SOMA INKURUAbavandimwe ba Cristiano Ronaldo batangaje ko umupira w’iki gihe wubakiye ku kinyoma
Bashiki ba rutahizamu Cristiano Ronaldo ukinira Juventus barimo uwitwa Elma Aveiro na Katia Aveiro bibasiriye abantu batoye Luka Modric akegukana igihembo cya Ballon d’Or aho babise aba Mafia ndetse bavuga ko umupira w’ubu waboze ndetse wubakiye ku kinyoma. Nyuma y’aho Luka Modric yegukanye igihembo cya Ballon d’Or,aba bakobwa babyutse berekana ko batishimiye ibyavuye mu matora ndetse Elma we avuga ko umupira w’ubu waboze kubera ibinyoma by’abawuyobora. Yagize ati “Birababaje gusa iyi niyo si tubamo,yaboze,yuzuye abajura n’amafaranga mabi.Imbaraga z’imana ziruta cyane iyi si yaboze.Imana yafashe igihe cye [Cristiano Ronaldo] ariko ntiyigeze…
SOMA INKURUMu Bufaransa imyigaragambyo yasubitse icyemezo cyo kuzamura imisoro ku bikomoka kuri peteroli
Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, Edouard Philippe, yatangaje ko guverinoma yabaye ihagaritse gahunda yo kuzamura imisoro y’ibikomoka kuri peteroli mu gihe cy’amezi atandatu, igitekerezo cyari cyateje imyigaragambyo imaze iminsi mu mijyi itandukanye y’icyo gihugu, Minisitiri w’Intebe akaba yanashimangiye ko uburakari bw’abaturage bukwiriye kumvikana ko ndetse ibiganiro hagati y’impande zombie ari ingenzi. Mu ijambo rye ryanyuze kuri televiziyo, yatangaje ko amezi atandatu yo gutegereza arubahirizwa ku kuzamura imisoro y’ibikomoka kuri peteroli kimwe n’izamurwa ry’ibiciro by’amashanyarazi na Gaz, no ku mabwiriza yo kugenzura imyotsi y’imodoka. Yagize ati “Abafaransa bambaye ama-jilet y’umuhondo bakunda igihugu…
SOMA INKURUMinisitiri w’Intebe yagaragaje icyegeranyo ku ikorwa ry’imihanda
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Ukubuza 2018, imbere y’Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, yatangaje ibyagezweho mu kubaka imihanda kugeza mu mwaka wa 2018, aho yemeje ko kugeza ubu mu Rwanda hari imihanda yabutswe yo ku rwego rw’igihugu ireshya na kilometero 2.749 irimo iya kaburimbo ingana na kilometero 1.379 na kilometero 1.370 z’iy’igitaka ariko itunganyije, mu gihe imihanda y’Uturere n’Umujyi wa Kigali n’ahandi hafatwa nk’imijyi ari kilometero 13.565. Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, yavuze ko muri gahunda y’igihugu yo kwihutisha iterambere, hateganyijwe kubaka imihanda…
SOMA INKURUAbahanzi bazasusurutsa abizitabira shampiyona ya Volleyball bamenyekanye
Umukino w’intoki uzwi nka Volleyball ukomeje gushimisha abakunzi bawo, aho amakipe akomeye UTB VC na Gisagara VC ziri mu makipe agomba gukina mu mikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona, hakazaba hari n’abahanzi bazataramira abizitabira uyu mukino. Iyi mikino izaba tariki 1 Ukuboza 2018 isubukuwe nyuma y’icyumweru aho mu mpera z’icyumweru gishize hakinwaga imikino ya Beach Volleyball. Shampiyona ya Volleyball yatangiranye umurindi cyane kubera ubwitabire buri hejuru bw’abafana bakunze kuza kuri stade baje kwirebera iyi mikino ikunzwe, aho n’abahanzi bazaba babukereye basusurutsa abitabira iyi mikino bakaba ari Senderi Hit, Queen Cha…
SOMA INKURUPerezida Kagame yageze muri Argentine aho yitabiriye inama ya G20
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Perezida Kagame yageze mu Murwa Mukuru Buenos Aires muri Argentine kuri uyu wa Kane, akaba yitabiriye inama y’ibihugu bikize ku Isi (G20) izatangira ejo kuwa gatanu tariki 30 Ugushyingo, bikaba biteganyijwe ko Perezida Kagame azatanga ikiganiro muri iyi nama kivuga ku “Gushyira imbere muntu”, kizavugirwamo ibijyanye no guhangira imirimo urubyiruko no kongerera umugore ubushobozi. Inama ya G20 igiye kubera muri Argentine ni iya 13, ihuje ibihugu bigize uyu muryango, ikaba ari nayo ya mbere ibereye muri Amerika y’Amajyepfo. Umuryango G20 ugizwe n’ibihugu birimo Argentine,…
SOMA INKURUGicumbi: Umugabo yatemesheje ishoka umwana avuga ko atari uwe
Abaturage bo mu Mudugudu wa Gashirwe, mu Kagari ka Gacurabwenge mu Murenge wa Byumba, John Byankundiye na Ingabire Amina babanaga nk’umugabo n’umugore, ku mugoroba wo ku wa gatatu tariki 28 Ugushyingo umugabo yatemye umwana wo muri urwo rugo avuga ko atari uwe. Abaturanyi babo bavuga ko babana mu bwumvikane buke n’amakimbirane ahoraho kuva bashakana, ku buryo ejo hashize bajya kurwana ngo byatangiye mu gitondo kare. Umwe mu baturage babibonye yabwiye Radio Ishingiro y’i Gicumbi, ati “Umwana atemwa hari saa tatu (mu gitondo), umugore we yatangiye gukubitwa saa kumi n’ebyiri, umwana…
SOMA INKURURubavu: amakimbirane yamuteye gukata igitsina cy’umugabo we
Umugore ukomoka mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko y’Ubugenzacyaha kuva ku wa Kabiri w’iki cyumweru, akurikiranweho gukata igitsina cy’umugabo we akoresheje urwembe, ariko ku bw’amahirwe ntigicike. Uyu mugore utuye mu Kagari ka Burushya mu Murenge wa Nyamyumba,yashinjwe n’abaturanyi be guhohotera umugabo we inshuro nyinshi ndetse ngo rimwe yashatse kumutera icyuma. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Burushya, Uwimana Eustache yabwiye Igihe dukesha iyi nkuru ko uyu mugore yari yarananiranye none byarangiye aciye igitsina umugabo we. Yagize ati “Bari basanzwe bafitanye amakimbirane ku buryo uyu mugore yararanaga icyuma, hari n’ubwo bamufunze…
SOMA INKURU