Urukiko rwa Gisirikare muri Ethiopia rwahanishije igihano kiri hagati y’imyaka itanu na 14 abasirikare basaga 60 bafashwe bigaragambiriza imbere y’Ingoro ya Minisitiri w’Intebe, Dr Abiy Ahmed. Abasirikare 66 nibo bahanwe mu bagera kuri magana abiri batawe muri yombi mu Ukwakira uyu mwaka wa 2018 bigaragambya. Guverinoma icyo gihe yatangaje ko bashakaga kongererwa imishahara ariko Dr Abiy nyuma yaje kuvuga ko bashakaga kumuhitana. Umwe muri abo basirikare yahawe igifungo cy’imyaka 14 naho abandi 65 bakatirwa igifungo kiri hagati y’imyaka 5 na 13. Umushinjacyaha wa gisirikare, Capt. Hailemariam Mamo yavuze ko ibyo…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Mu marushanwa ya CAF Confederation Cup ikipe ya Mukura VS ikomeje gutungura benshi
Kuwa Gatandatu tariki 15 Ukuboza 2018 kuri Shikan Castle Stadium iri mu Ntara ya North Kurdufan iri mu Majyaruguru ya Sudani niho habereye umukino wahuje ikipe ya Mukura VS ihagarariye u Rwanda muri CAF Confederation Cup na Hilal El Obeid yo muri Sudani, birangira aya makipe yombi aganyije 0-0. Mukura VS itozwa yakoze impinduka mu bakinnyi bari basanzwe babanza mu kibuga kuko Munyakazi Yussuf Lule yari yafashe umwanya wa Nkomezi Alexis naho Lomami Frank afata umwanya wa Onesme Twizerimana, bituma igice cya mbere cy’uyu mukino ikipe ya Hilal El…
SOMA INKURUAmarangamutima y’umubyeyi wa Diamond ku mukazana we mushya
Mu kiganiro na Risasi Mchanganyiko, nyina wa Diamond yahishuye akamuri ku mutima, anavuga ku mukazana we mushya. Uyu mukecuru ukunze kwitwa Bi Sandra ku mbuga nkoranyambaga, yahakanye iby’amakuru amaze iminsi avuga ko yahatiye umuhungu we kurushinga n’umukobwa wo muri Tanzaniya witwa Kim Nana aho kuba Tanasha Donna Oketch bari mu rukundo. Yagize ati “Ni gute nakwanga ko Tanasha aba umukazana wanjye kandi nta kibi yigeze ankorera? Ni nde wavuze ko ntigeze mwemera? Niba umuhungu wanjye yumva amunyuze mu buryo bunoze, niteguye guhundagaza imigisha ku mubano wabo. Imyaka si ikibazo cya…
SOMA INKURUIbyagoye Miss Iradukunda Liliane muri Miss World 2018
Miss Iradukunda Liliane ni umukobwa ufite ikamba rya Miss Rwanda2018 uyu akaba arinawe wahagarariye u Rwanda muri Miss World 2018, uyu ntabwo yigeze abasha kwegukana ikamba cyane ko ryegukanywe na Nyampinga wari uhagarariye Mexique. Nyuma y’irushanwa Iradukunda Liliane yadutangarije ibyamugoye mu irushanwa. Mu kiganiro yahaye Inyarwanda.com Iradukunda Liliane ukiri mu Bushinwa ahabereye irushanwa yabwiye umunyamakuru ko irushwanwa rya Miss World riba ryitabiriwe nabakobwa begukanye amakamba mu bihugu byabo kimwe mu bigorana kugira ngo ubashe kumenya uzegukana ikamba aha akaba yagize ati” Urumva hano twari abakobwa 120, aba bose baba bakwiye…
SOMA INKURUIbishushanyo byinshi ku mubiri byamutesheje agaciro
Umuganga ufite agahigo ko kugira ibishushanyo (tattoos) byinshi kurusha abandi ku isi, Dr Sarah Gray w’imyaka 30 yatangaje ko akomeje kwibasirwa na bamwe mu bantu batamukunda kuko hari igihe bamusohora mu ma restaurant ndetse no mu maduka akomeye kubera ibi bishushanyo byinshi yujuje umubiri we. Dr Sarah Gray watangiye kwishyiraho ibishushanyo afite imyaka 16, umubiri we wose yawugize ibishushanyo ku buryo bamwe bamwikangamo umuzimu ndetse ngo hari abarwayi bamutinya bituma yibasirwa na benshi. Uyu mugangakazi ukomoka muri Australia, avurira mu bitaro bikomeye byo mu Mujyi wa Adelaide ndetse yavuze ko…
SOMA INKURUUbuyobozi bwa Rayon Sports bwaburiwe n’umutoza
Robertinho yabwiye abanyamakuru ku munsi w’ejo nyuma yo gutsinda AS Kigali ko yabwiye abayobozi ba Rayon Sports ibyo akeneye ariko bakaba batarabimuha ndetse nibikomeza gutya, nyuma y’amasezerano ye azarangira ku wa 25 Ukuboza uyu mwaka,ashobora kuzisubirira iwabo muri Brazil. Yagize ati “Naganiriye na perezida na komite ya Rayon Sports ariko nta cyemezo kirafatwa. Nirengagije amakipe menshi yanshakaga kugira ngo numvikane na Rayon Sports.Nibikomeza gutya ntihagire icyemezo gifatwa,mfite umuryango muri Brazil,nzahita nsubira mu rugo amasezerano yanjye narangira kuwa 25 Ukuboza 2018.” Robertinho yahishuye ko ubuyobozi bwa Rayon Sports butaramwongerera amasezerano bityo…
SOMA INKURUYaciye amarenga ko ashobora gusubira ku butegetsi mu myaka itanu
Amatora yo gusimbura Kabila azaba tariki 23 Ukuboza. Nibwo bwa mbere hazaba habaye ihererekanyabutegetsi mu mahoro kuva RDC yabona ubwigenge mu mwaka w’1960. Ishyaka rya Kabila ryatoranyije Emmanuel Ramazani Shadary ngo arihagararire mu matora. Hari abavuga ko yaba yarashyizweho kugira ngo ayobore manda imwe hanyuma Kabila azagaruke akomerezeho. Itegeko Nshinga rya RDC ryemerera Kabila kuba yagaruka kwiyamamaza mu mwaka wa 2023. Mu kiganiro yagiranye na Reuters kuri iki Cyumweru, Kabila yavuze ko abantu bakwiye gutegereza bakareba uko bizagenda. Ati “Kuki tutategereza muri 2023 hanyuma tukareba uko bigenda”. Yavuze ko atajya…
SOMA INKURUAbakunda gupagasiriza mu bihugu byo hanze, u Buyapani bugiye kubashyira igorora
Mu gihe ibindi bihugu by’i Burayi na Amerika bikomeje intambara yo kwirinda abimukira, u Buyapani bwo busanga hatagize igikorwa mu myaka iri imbere buzagongwa n’ikibazo cyo kubura abakozi kubera ko benshi mu baturage babwo bazaba ari abasaza n’abakecuru. Guverinoma y’u Buyapani kuri uyu wa Gatanu irashyikiriza abasenateri umushinga mushya w’itegeko ryorohereza abanyamahanga kuba no gukorera muri icyo gihugu. Umushinga ugiye kugezwa mu Nteko wemerera abanyamahanga bafite ubumenyi buringaniye mu nzego kuba basaba kuba muri cyo gihugu bagahabwa akazi na visa imara imyaka itanu. Abanyamahanga bafite ubumenyi bwo hejuru, bo bazaba…
SOMA INKURUUmunyamerika w’icyamamare muri filime Scott William i Kigali
Umukinnyi ukomeye wa filime wabaye icyamamare muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika Scott William Winters, ari mu Rwanda aho yanasuye Urwibutso rwa Genoside yakorewe abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi. Scott William Winters wamamaye cyane mu gukina filime muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri ubu ari mu Rwanda aho ejo kuwa kane tariki 6 Ukuboza 2018 yasuye Urwibutso rwa Jenoside ku Gisozi. Aha akaba yatanze ubutumwa bujyanye no guhamagarira amahanga kuza gusura u Rwanda bakihera ijisho ibyabereye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ikijyanye na…
SOMA INKURUItariki y’ubukwe bwa Diamond yashyizwe ahagaragara
Hashize igihe gito Diamond atangaje ko afite umukobwa wamutwaye umutima, akaba ari umunyamakurukazi wo muri Kenya witwa Tanasha, kuri ubu uyu muhanzi Diamond Platnumz yatangaje ko nta gisibya azakora ubukwe n’umukunzi we mushya ku munsi w’abakundana wizihizwa tariki 14 Gashyantare buri mwaka. Ubwo yasozaga igitaramo cya Wasafi festival cyabereye ahitwa Iringa, Diamond yababjijwe ibijyanye n’ubukwe bwe yari yarasezeranyije umubyeyi, nta gutinda yasubije ko yamaze gupanga itariki azakoreraho ubukwe bwe n’umunyamakurukazi Tanasha. Ubu bukwe butegerejwe na benshi buzaba tariki ya 14 Gashyantare 2019, ku munsi w’abakundana, bukazamara iminsi itatu yikurikiranya. Diamond…
SOMA INKURU