Leta y’u Rwanda yinjiye mu kibazo cy’amavuriro yigenga ashinja ibigo by’ubwishingizi bitatu kutayishyura, itegeka ko habarwa ibirarane byose aya mavuriro aberewemo bikishyurwa bitarenze amasaha 24. Iki kibazo cyatangiye kuvugwa cyane mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo hateranaga inama idasanzwe y’inteko y’Ishyirahamwe ry’Amavuriro Yigenga mu Rwanda (RPMFA). Iyi nama yigaga ku kibazo cy’amavuriro yigenga ashinja Britam, Radiant na Sanlam kutayishyura amafaranga bayabereyemo, kuri serivisi yahaye abakikiya b’ibi bigo by’ubwishingizi. Inama yarangiye hafashwe umwanzuro ko abakiliya b’ibi bigo by’ubwishingizi batazongera kuvurwa mu gihe batiyishyuriye 100%. Ni icyemezo cyakuruye impaka ndetse bamwe mu baturage…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Uko urubanza rwa Cyuma Hassan rwagenze mu rukiko rw’ubujurire
Kuri uyu wa 25 Mutarama 2022 mu rukiko rw’ubujurire ruherereye Kacyiru, Niyonsenga Dieudonne uzwi nka Cyuma Hassan yagaragaraje ko yifuza gufungurwa akaburana ari hanze, yahawe umwanya ngo asobanure impamvu ashingiraho asaba kurekurwa by’agateganyo, avuga ko uburyo yafashwemo bunyuranyije amategeko. Ati “Nafashwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko abantu ntazi bansanze iwanjye n’aho ishema TV ikorera. Abo twari turi kumwe barabafashe barababoha nanjye baramfata ariko ntibamenyesha icyo bamfatiye.” Me Gatera Gashabana na we yagaragaje ko abagiye gufata umukiliya we batigeze banamukorera inyandikomvugo igaragaraza ibyaha ashinjwa kandi ko bagiye kumuta muri yombi mbere…
SOMA INKURUMalawi: Perezida Chakwera yasezereye guverinoma yose
Perezida Lazarus Chakwera wa Malawi yirukanye abagize guverinoma bose kubera impungenge atewe na ruswa. Mu ijambo yavugiye kuri televiziyo kuwa mbere, Perezida Chakwera yiyemeje “guhangana n’imyifatire idakurikije amategeko y’abakozi ba leta”. Yavuze ko abagize guverinoma bashya bazatangazwa mu minsi ibiri. Abaminisitiri batatu bari kuregwa ibyaha binyuranye, barimo minisitiri w’ubutaka watawe muri yombi mu kwezi gushize aregwa kurya ruswa. Minisitiri w’umurimo ushinjwa kunyereza imari yagenewe kurwanya Covid, naho minisitiri w’ingufu araregwa amanyanga mu bucuruzi bw’ibitoro. Bose bahakana ibyaha bakekwaho. Chakwera yatowe mu 2020 yizeza kurwanya ruswa ariko mu cyumweru gishize amatsinda…
SOMA INKURUAbasirikare 8,500 b’Amerika bambariye urugamba
Abasirikare 8,500 b’Amerika bambariye urugamba, baryamiye amajanja biteguye koherezwa aho rukomeye igihe icyo ari cyo cyose, muri iki gihe ubushyamirane kuri Ukraine burimo kwiyongera, nkuko bivugwa n’ibiro bikuru by’ingabo z’Amerika, Pentagon. Uburusiya bukomeje guhakana buvuga ko budateganya kugaba igitero cya gisirikare muri Ukraine, nubwo bwakoranyirije abasirikare 100,000 hafi yayo. Ku wa mbere, Perezida w’Amerika Joe Biden yagiranye inama kuri videwo n’inshuti z’Amerika z’ibihugu by’i Burayi, mu gihe ibihugu by’i Burayi n’Amerika bifite intego yo kugera kuri gahunda bihuriyeho mu gihe Uburusiya bwaba bushotoranye. Pentagon yavuze ko nta cyemezo cyari cyafatwa…
SOMA INKURUYafatiwe ibihano bitoroshye na FERWAFA
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles, kutitabira imikino itandatu ya Shampiyona no gutanga amande y’ibihumbi 150 Frw kubera amagambo yavuze kuri Muvukiyehe Juvénal uyobora Kiyovu Sports n’umusifuzi Ahishakiye Balthazar. Itangazo ryashyizwe hanze ku wa Mbere rivuga ko “inama ya Komisiyo ishinzwe imyitwarire muri FERWAFA yateranye ku wa Gatatu, tariki ya 19 Mutarama 2022, yasanze Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles, yarakoze amakosa yo gusebya Perezida wa Kiyovu SC, Mvukiyehe Juvénal, nyuma y’umukino wahuje Gasogi United na Gorilla FC. Komisiyo yamuhanishije gusiba…
SOMA INKURUGisagara: Abasenyewe n’ibiza bijejwe ubufasha
Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara, bwijeje imiryango iherutse gusenyerwa n’ibiza byatewe n’imvura yaguye mu mpera z’icyumweru gishize ko hari amabati asaga 200 bazashyikirizwa kugira ngo abafashe gusana inzu zabo zangiritse. Imvura nyinshyi ivanze n’umuyaga, inkuba n’urubura ku wa Kane niyo yibasiye tumwe mu tugari two mu mirenge wa Save na Musha mu karere ka Gisagara, iyi mvura yasize zimwe mu nzu z’abaturage zangirika mu gihe izindi zasenyutse ku buryo abaturage bazivuyemo. Aba baturage basabye guhabwa ubufasha cyane cyane amabati yo kwifashisha mu gusana inzu zabo, kuko andi yamaze kwangirika ku buryo…
SOMA INKURUAbo Green Gicumbi yubakiye biogaz bemeza ko yabahinduriye imibereho
Gahunda yo kubakira abaturage biogaz zigera ku 1700 bo mu mirenge icyenda yo mu karere ka Gicumbi ni imwe mu mihigo y’umushinga “Green Gicumbi” ushyirwa mu bikorwa n’Ikigega cy’Igihugu cy’Ibidukikije “FONERWA” ugaterwa inkunga n’ikigega cy’isi cyita ku mihindagurikire y’ikirere “Green Climate Fund”, kugeza ubu abo iyi gahunda yagezeho bakaba bemeza ko byabafashije kuba inshuti z’ibidukikije ndetse biborohereza ubuzima. Mukantwari Gaodiose ufite imyaka 47, utuye mu mudugudu wa Rwasama, akagari ka Gacurabwenge, umurenge wa Byumba, akarere ka Byumba, ni umwe mu bubakiwe biogas, aho yatangaje ko abakozi ba Green Gicumbi bamugezeho…
SOMA INKURUIshyirahamwe ry’amavuriro yigenga mu Rwanda ryahagaritse ibigo bitatu by’ubwishingizi
Ishyirahamwe ry’Amavuriro Yigenga mu Rwanda (RPMFA) ryatangaje ko ryahagaritse by’agateganyo imikoranire n’ibigo bitatu by’ubwishingizi birimo Britam, Radiant na Sanlam. Umwanzuro wo guhagarika imikoranire n’ibyo bigo wafatiwe mu Nteko Rusange ya RPMFA yateraniye i Kigali ku wa 21 Mutarama 2022, ihurije hamwe abanyamuryango (abayobozi b’amavuriro) barenga 130. Amakuru avuga ko zimwe mu mpamvu zatumye hafatwa iki cyemezo ari uko hashize igihe kinini bimwe mu bigo by’ubwishingizi bitinda kwishyura amavuriro yigenga kuri serivisi aba yahaye abanyamuryango babyo, bigashyira amananiza ku baganga bibasaba kubanza kubihamagara mbere yo guha umurwayi serivisi ihenze n’ibindi nko…
SOMA INKURUAbanyamayaga basezeranyijwe guca ukubiri n’ibura ry’amazi
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Mutarama 2022, ubwo Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Amb. Claver Gatete, yasuraga ibikorwa remezo bitandukanye by’amazi n’amashanyarazi mu Ntara y’Amajyepfo, yasezeranyije abanyamayaga guca ukubiri n’ibura ry’amazi. Hamwe mu ho yasuye ni urugomero rw’amazi rwa Shyogwe- Mayaga ruri hagati y’uturere twa Ruhango na Muhanga rufite n’uruganda ruyatunganya akoherezwa mu baturage kuko rwagenewe kuyakwirakwiza mu gice cy’Amayaga. Urwo rugomero rwakozwe kugira ngo rukwirakwize amazi mu gice cy’Amayaga cy’uturere twa Kamonyi, Ruhango na Nyanza ndetse no mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga. Mu 2019 rwarangiritse kubera…
SOMA INKURUUmushinga Green Gicumbi wahinduriye ubuzima benshi mu gihe hari abatarawusobanukirwa
Green Gicumbi ni umushinga wa Leta y’u Rwanda ugamije kubungabunga icyogogo cy’umugezi w’umuvumba mu rwego rwo guhangana n’ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe ndetse n’abaturage bakaboneramo inyungu zitandukanye, ukorera mu karere ka Gicumbi, ushyirwa mu bikorwa n’Ikigega cy’Igihugu cy’Ibidukikije (FONERWA), ukaba uzashyira mu bikorwa gahunda zawo mu gihe cy’imyaka itandatu, uhereye muri Mutarama 2020. Mu myaka ibiri umaze hari abaturage bemeza ko bateye imbere biwuturutseho, hakaba hari ikindi gice cy’abaturage badasobanukiwe neza imikorere yawo Umwe mu baturage bemeza ko Green Gicumbi yabahinduriye ubuzima mu buryo bufatika ni Karugahe Athanase ufite imyaka…
SOMA INKURU