Des reins en péril: l’épidémie silencieuse qui gagne du terrain

Au Rwanda comme ailleurs en Afrique de l’Est, les maladies rénales chroniques gagnent du terrain, souvent dans l’ombre d’autres pathologies plus visibles. Silencieuses au début, elles se manifestent tardivement, parfois lorsque les reins sont déjà gravement atteints. Entre manque de sensibilisation, coût élevé du traitement et accès limité à la dialyse, de nombreuses vies se consument dans la douleur et l’oubli. Thérèse, 38 ans: “Je croyais que c’était une fatigue ordinaire” Thérèse, mère de trois enfants, habite à Huye. Il y a deux ans, elle a commencé à ressentir une…

SOMA INKURU

Agace gato kahindura ubuzima bw’umuryango kitaweho

Mu gihe ibibazo by’imirire mibi bigihangayikishije ingo nyinshi mu Rwanda by’umwihariko mu bice by’icyaro, akarima k’igikoni kabaye igisubizo cyoroshye ariko gifite imbaraga mu guhangana n’iki kibazo. Uko u Rwanda rwubaka igihugu gitekanye n’iterambere rirambye, gukangurira abaturage gutera imboga hafi y’urugo, byagaragaye ko bifasha mu kurwanya imirire mibi, kongera intungamubiri no kuzamura imibereho. Mukandoli Vestine, wo mu karere ka Gatsibo, avuga ko mbere y’uko atangira akarima k’igikoni, abana be babiri bari bafite ikibazo cy’imirire mibi. Ati: “Umwe yari yari yaagwigiye, undi afite ikibazo cy’imirire mibi, bampaye imbuto za karoti, dodo, intoryi…

SOMA INKURU

Biryoha akanya gato, bigasiga ubuzima mu kaga: Ingaruka z’ibiyobyabwenge ntizibarika

Mu gihe u Rwanda rukomeje urugendo rwo kubaka igihugu gifite imibereho myiza, hari igice cy’abaturage by’umwihariko urubyiruko cyugarijwe n’ingaruka zikomeye zituruka ku ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Ababikoresha babifata nk’inzira yo guhunga ibibazo by’ubuzima, agahinda, ubushomeri, cyangwa ibikomere byo mu mutima, nyamara ibyishimo n’ituze bibyo by’iby’ako kanya bikurikirwa n’umwijima w’igihe kirekire, urimo uburwayi, ubwigunge, n’isenyuka ry’ubuzima. Abahanga mu by’ubuzima batangaza ko Ibiyobyabwenge, byaba urumogi, inzoga zivanze n’imiti cyangwa mugo bidasubiza ikibazo ahubwo birushaho kukiremereza. Ibyishimo by’ako kanya bihinduka ububabare bw’igihe kirekire. Uwo twahaye izina rya Mucyo w’imyaka 29, utuye mu karere ka Gasabo,…

SOMA INKURU

Abangavu bo muri Rubavu bishoye mu buraya baratabarizwa

Mu mujyi wa Rubavu hakomeje kugaragara abakobwa b’abangavu harimo n’abafite imyaka 13 bishora mu buraya, abenshi muri bo batangaza ko intandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga ari inzara, ubukene no kubura ababitaho, kugeza ubu bakaba bafite ibyago byinshi byo kwanduzwa virusi itera SIDA n’abagabo bababona nk’umuti. Nk’uko byemezwa na Ugiriwabo Xaverine, uhagarariye Koperative y’abakora uburaya ariko biyemeje kubureka, “Abiyemeje guhinduka Gisenyi”, atangaza ko bamwe muri abo bana bashorwa mu buraya n’imiryango yabo cyangwa bakabura uburyo bwo kubaho bakabukora ku giti cyabo, ariko bari mu kaga ko kwanduzwa virusi itera…

SOMA INKURU

Rubavu: Ubukerarugendo burakataje, ariko hadafashwe ingamba amwe mu macumbi yakwica bucece abayagana

Mu gace gakungahaye ku mutungo kamere, kagaragara nk’isoko y’ubukungu, kamwe mu turere tw’u Rwanda, kishimirwa mu rwego rw’ubukerarugendo n’ubucuruzi bwambukiranya imipaka, ariko muri iyo shusho itatse icyizere, Rubavu iracyafite ikibazo kidakumiriwe vuba cyarangiza bucece ubuzima bw’abahasohokera n’abahatuye. Ikibazo nyiri zina gishingiye ku “AGAKINGIRIZO” nk’imwe mu nkingi za mwamba mu kwirinda ubwandu bushya bwa virusi itera SIDA. Mu mujyi wa Rubavu habera ibirori bitandukanye, ubwiza nyaburanga buganwa n’abaturutse imihanda inyuranye, amajwi y’imodoka n’umuziki byiganjemo, ba mukerarugendo baza mu matsinda. Ariko mu byumba birenga 2,000 by’amacumbi aboneka muri uyu mujyi, hari igikenewe…

SOMA INKURU

Kivu Beach Festival 2025: Impeshyi y’ibyishimo, ubukerarugendo n’iterambere ku nkengero z’i Kivu

Impeshyi ya 2025 izasiga amateka atazibagirana ku batuye ndetse n’abasura Intara y’Iburengerazuba, binyuze muri Kivu Beach Expo & Festival, iserukiramuco rikomeye rizazenguruka uturere dutanu dukora ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu. Ni igikorwa cy’ubukerarugendo n’imurikabikorwa kizahuza ubusabane, umuco, ubucuruzi n’imyidagaduro guhera ku wa 3 Nyakanga kugeza ku wa 31 Kanama 2025. Iri serukiramuco ryateguwe na Yirunga Ltd ku bufatanye n’Intara y’Iburengerazuba hamwe n’urugaga rw’abikorera. Rizatangirira i Rubavu ku mucanga wa Public Beach tariki ya 3 Nyakanga 2025 dore ko bizaba ari no mu bihe byiza by’ikiruhuko yaba ku banyeshuri ndetse n’abakozi,…

SOMA INKURU

Imwe mu myumvire ibangamira ikoreshwa ry’agakingirizo mu rubyiruko

Mu gihe Leta n’abafatanyabikorwa bayo bagikora ibishoboka byose bagamije kurwanya ikwirakwira rya virusi itera SIDA n’ubwandu bushya mu Rwanda, bamwe mu rubyiruko baracyafite imyumvire icumbagira ku ikoreshwa ry’agakingirizo. Urubyiruko runyuranye rwaba urwo mu mijyi ndetse no mu cyaro, usanga hari abakibona ko gukoresha agakingirizo ari ugutandukira indangagaciro, abandi bakabona ko kugakoresha bihabanye no kuba ‘umukirisitu’. Isoni, iterabwoba n’inyigisho zidahagije zimwe mu mbogamizi Niyonsenga Clarisse, w’imyaka 22, utuye i Nyamirambo, avuga ko atigeze akoresha agakingirizo mu buzima bwe bwose bw’imibonano mpuzabitsina. Ati:“Nabitekereje rimwe, ariko nari mfite isoni zo kukagura. Numvaga ko…

SOMA INKURU

Uko serivisi n’inganda byahinduye isura y’umusaruro mbumbe w’u Rwanda

Mu gihe cy’amezi atatu ya mbere y’umwaka wa 2025, u Rwanda rwagize impinduka zigaragara mu bukungu, aho umusaruro mbumbe w’igihugu wageze kuri miliyari zisaga 5 z’amafaranga y’u Rwanda, uvuye kuri miliyari zisaga 4 mu gihembwe cya mbere cya 2024. Ibi bivuze ko umusaruro mbumbe wiyongereyeho 7.8%, ibintu byafashijwe ahanini n’izamuka rikomeye mu rwego rwa serivisi n’inganda. Abaturage n’inzobere mu by’ubukungu bagaragaza uko iri zamuka rishimangira intambwe y’ubukungu u Rwanda rugenda rutera, ariko banagaragaza ibibazo bikiri mu buhinzi ndetse n’ahari intege nke mu yandi masoko y’umusaruro mbumbe. Serivisi n’inganda byagize uruhare…

SOMA INKURU

Isoko ry’ibikomoka kuri peteroli mu kaga: U Rwanda rwiteguye gute guhangana n’iki kibazo?

Mu gihe Isi yugarijwe n’inkubiri y’intambara hagati ya Iran na Israel, u Rwanda rwahisemo kudategereza ingaruka z’iri hungabana, ahubwo rushyira imbere ingamba zo kwigira no kwirinda gutungurwa n’ingaruka zituruka ku mpinduka z’isoko rya peteroli. Intambara yatangiye ku wa 13 Kamena 2025, yahise itera ibibazo ku masoko ya peteroli, aho ibitero byibasiye ibikorwaremezo bikomeye bifasha mu gutunganya no kubika amavuta y’imodoka n’indege. Ibi byatumye ibiciro bitangira kuzamuka, bikagera kuri 78.85$ ku kagunguru k’amavuta adatunganyije kuwa 19 Kamena, bivuye ku izamuka rya 7% mu gihe cy’icyumweru kimwe gusa. Guverinoma y’u Rwanda mu…

SOMA INKURU

Kitoko aritegura gutaha: Zimwe muri gahunda ategura gukorera mu rwamubyaye

Kitoko Bibarwa Patrick, umwe mu bahanzi b’ibyamamare batangiye umuziki kuva mu myaka ya 2008, yatangaje icyemezo gikomeye cy’ubuzima: aratashye burundu nyuma y’imyaka isaga 12 yari amaze aba mu Bwongereza. Mu kiganiro gito ariko cyuje amarangamutima, Kitoko yavuze ko igihe kigeze ngo asubize igikundiro n’umwimerere by’umuziki we ku butaka bwamubyaye. Ati:“Maze igihe kinini ntekereza gutaha. Imyaka 12 ni myinshi. Nkumbuye iby’iwacu, nkumbuye gucurangira abanjye, kandi mfite imishinga yihariye nshaka kuhakorera.” Yari mu rugendo rw’amasomo n’iterambere bwite Kitoko yerekeje i Burayi mu 2013, asize ibihangano bikomeye byari byaramugize icyamamare harimo Ikiragi, Akamamyi…

SOMA INKURU