Minisitiri Utumatwishima yakebuye urubyiruko

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, yagaragaje ko inzoga n’ibiyobyabwenge bidakwiriye mu nzira y’urubyiruko rushaka amahirwe y’akazi. Mu kiganiro kuri KT Radio kuri uyu wa Mbere, cyibanze ku kibazo cyo kumenya niba amahirwe y’akazi ari impamo cyangwa inzozi, Minisitiri Utumatwishima yavuze ko kugira inzozi ari byiza, ariko gukora ku nzozi bisaba kwitwararika. Ati: “Wibaza ko ushobora kuba umukire cyangwa ufite akazi keza nyuma yo kunywa Icyuma, Suruduwire n’inzoga zidafite ubuziranenge? Inzozi si ibyo kunywa gusa! Ugomba kubanza kwitegura, wita ku buzima bwawe, ube umuntu utekanye kandi utunganye.” Yagaragaje…

SOMA INKURU

Umuriro mu Burasirazuba bwo Hagati: Iran ntiyemera ibiganiro na USA

Umwuka w’intambara uriyongera mu Burasirazuba bwo Hagati, aho Iran yatangaje ko ititeguye ibiganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’aho ibitero byifatanyije na Isiraheli ku butaka bwayo byaguyemo abasirikare benshi kuva kuwa 28 Gashyantare 2026. Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, imirwano yakomeye mu bice bitandukanye aho Amerika ifite ibirindiro birimo Doha muri Qatar, Kuwait na Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Impungege z’abaturage n’abashoramari zikomeje kwiyongera, aho bafite ubwoba ko intambara ishobora kumara igihe kirekire. Abaturage n’abapolisi bahuye n’ingaruka z’ibi bitero bagaragaza ubwoba n’agahinda. Umuturage wo muri…

SOMA INKURU

Rwanda: Haravugwa zimwe mu mpamvu z’izamuka ry’ibiciro by’ibikorerwa mu nganda

Ibiciro by’ibikorerwa mu nganda zo mu Rwanda bikomeje kuzamuka, aho mu kwezi kwa Mutarama 2026 byiyongereyeho 4,8% ugereranyije na Mutarama 2025. Ibi byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare “NISR” muri raporo yasohotse kuri uyu wa mbere tariki 2 Werurwe 2026. Isesengura ry’iyi raporo rigaragaza ko izamuka rikomeye ryagaragaye cyane mu nganda zitunganya amabuye y’agaciro zazamutseho 20,4%, mu gihe ibiciro by’amashanyarazi byazamutse ku kigero cya 34,8% n’izamuka rya 2,5% mu nganda zikora ibicuruzwa bitandukanye. Umucuruzi ukorera mu Mujyi wa Kigali, twaganiriye, yavuze ko izamuka ry’amashanyarazi rifite ingaruka ku biciro by’ibicuruzwa bya buri munsi.…

SOMA INKURU

Urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma rukomeje kuvugwaho byinshi

Urupfu rwa Lt Col Willy Ngoma, wahoze ari umuvugizi w’ihuriro AFC/M23, rukomeje guteza impaka mu karere. Yishwe ku wa 24 Gashyantare 2026, mu gihe hari hasabwe agahenge kugira ngo habe ibiganiro hagati y’impande zihanganye. AFC/M23 ivuga ko yishwe n’ingabo za FARDC zifatanyije n’indi mitwe, zakoresheje indege na drones mu bice bya Masisi. Mu kiganiro kuri Televiziyo y’Igihugu, Senateri Evode Uwizeyimana yagaragaje ko niba urwo rupfu rwarabaye mu gihe cy’agahenge, rushobora gufatwa nk’icyaha cy’intambara. Yagize ati: “Iyo hari agahenge kasabwe, kukarengaho no kugaba ibitero bishobora kubarwa nk’icyaha cy’intambara mu mategeko mpuzamahanga.”…

SOMA INKURU

APR VC isohotse mu mikino ya kamarampaka: Ihinduka n’ibura ry’abakinnyi birashyirwa mu majwi

Ikipe ya APR Volleyball Club, yari isanzwe ifatwa nk’igihangange muri shampiyona y’u Rwanda, yasoje umwaka idakinnye imikino ya kamarampaka (Playoffs) ku nshuro ya mbere kuva hahindurwa imiterere ya shampiyona. Hakaba hakomeje gushyirwa mu majwi ikibazo cy’abakinnyi. Nubwo iyi kipe ari yo ibitse ibikombe bibiri biheruka, yasoje ku mwanya wa gatanu n’amanota 33, inganya na REG VC na Police VC, ariko irushwa ku kinyuranyo cy’imikino yatsinze n’amaseti. Umufana umwe twaganiriye yagize ati: “Biragoye kubyakira. Ikipe iri mu makipe ane ya mbere muri Afurika, ibitse igikombe, ntiyagombye kubura muri Playoffs.” Uyu ni…

SOMA INKURU

Ni Ibyishimo by’igihe gito, zikabyara igihombo kirambye

Nubwo inzoga zifatwa na benshi nk’isoko y’ibyishimo n’imibanire, inzobere mu buzima zigaragaza ko kunywa inzoga birenze urugero bifite ingaruka zikomeye ku buzima bw’umubiri n’ubw’ubwonko, zikaba zishobora no guteza ibibazo bikomeye ku muntu uzinywa, ababana nawe ndetse n’umuryango nyarwanda muri rusange. Dr. Murenzi, umuganga w’indwara zo mu mutwe, avuga ko inzoga ari imwe mu bitera indwara nyinshi kandi zitavurwa mu buryo bworoshyebyoroshye. Ati: “Inzoga nyinshi zangiza umwijima, umutima n’ubwonko. Ku bantu bamwe, bitangira nk’imyidagaduro, ariko bikarangira ari uburwayi buhoraho cyangwa ububata bukabije.” Ubushakashatsi bwa Minisiteri y’Ubuzima bugaragaza ko kunywa inzoga bikabije…

SOMA INKURU

Imyaka 44 ishize Bikira Mariya abonekeye i Kibeho, ubuhamya bwaho bukomeje gukurura Isi

Kibeho yongeye kuba ihuriro ry’amasengesho, mu gihe hizihizwaga imyaka 44 ishize Bikira Mariya abonekeye bwa mbere Mukamazimpaka Nathalie, umwe mu bakobwa batatu bemejwe na Kiliziya Gatolika. Ni urugendo rw’imyaka myinshi rwamuranze n’ubuhamya bukomeye, bwagize Kibeho ikimenyabose ku Isi. Mukamazimpaka Nathalie, ubu ufite imyaka 62, avuga ko amabonekerwa ye atari make, nubwo ayabariwe hamwe n’abandi bantu ari 30 mu gihe cy’imyaka umunani yamaze abonekerwa. Ati: “Bikira Mariya yagiye anyiyereka inshuro nyinshi, rimwe ndi njyenyine mu buriri, ahandi ndi kumwe n’abandi, ku manywa cyangwa nijoro. Si ibintu byabaye rimwe gusa.” Aya mabonekerwa…

SOMA INKURU

Dore ikihishe inyuma yo gutesha agaciro ku bwinshi Visa za Amerika

Mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zikomeje gushyira imbere politiki ikaze yo gucunga umutekano w’igihugu, icyemezo cyo gutesha agaciro visa zirenga ibihumbi 100 mu mwaka umwe cyongeye kuzamura impaka zikomeye hagati y’umutekano w’igihugu n’uburenganzira bw’abanyamahanga baba cyangwa biga muri Amerika. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika ivuga ko izi visa zirimo iz’abanyeshuri hafi ibihumbi 8 n’izindi zirenga 2,500 z’abantu bagiranye ibibazo n’inzego z’umutekano, zakuwemo hagamijwe kurinda abaturage ba Amerika no gukumira ibyaha. Ariko ku rundi ruhande, inzobere ku bimukira zivuga ko iyi mibare igaragaza impinduka ikomeye ishobora kugira ingaruka…

SOMA INKURU

Umunsi wa 14 wa shampiyona y’u Rwanda waranzwe n’impinduka nyinshi

Umunsi wa 14 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda wasize isura idasanzwe, ugaragaza impinduka n’uburyo amakipe yiyubatse mu gice kibanza cya shampiyona. Mu mikino yose yakinwe kuri uwo munsi, nta n’umwe warangiye amakipe anganyije, ibintu byongeye gushimangira ko iri rushanwa riri kugenda rizamo ishyaka ryinshi uko iminsi ishira. Mu mikino umunani yabaye, hinjiye ibitego 22, bingana n’umubare munini wagaragaye ku munsi umwe inshuro nke cyane. Ibi byashimishije abakunzi b’umupira w’amaguru, cyane cyane abari bitabiriye imikino yabereye ahantu hatandukanye. Umwe mu bafana bari i Kigali yagize ati: “Uyu munsi wari…

SOMA INKURU

Touadéra mu intsinzi, mu gihe abamurwanya bameza ko birengagijwe

Nyuma y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku itariki ya 28 Ukuboza 2025, imijyi myinshi ya Santrafurika yaranzwe n’amarangamutima atandukanye. Mu gihe bamwe bishimiraga intsinzi ya Faustin-Archange Touadéra, abandi bagaragazaga impungenge n’ubwumvikane buke ku mibare yatangajwe n’inzego z’amatora. Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Amatora (ANE) yatangaje by’agateganyo ko Perezida Touadéra yegukanye amajwi 76.15%, umubare wahise ugaragazwa nk’uwerekana icyizere gikomeye cy’abatoye. Nyuma ye hakurikiye Anicet-Georges Dologuele wagize amajwi 14.66%, mu gihe Henri-Marie Dondra yagize amajwi 3.19%. Ariko aba bahanganye bombi bahise batangaza ko batanyuzwe n’uko amatora yakozwe n’uko amajwi yabazwe. Umwe mu…

SOMA INKURU