Rwanda: Hemejwe ihingwa ry’urumogi mu rwego rw’ubuvuzi

Leta y’u Rwanda yemeje guhinga no kohereza “urumogi” mu mahanga ku mpamvu z’ubuvuzi no kubona inyungu y’amafaranga nk’uko byatangajwe. Inama y’abaminisitiri yo ku wa kabiri yemeje ibyerekeye “ihingwa, itunganywa n’iyoherezwa mu mahanga ry’ibimera byifashishwa mu rwego rw’ubuvuzi”. Ikigo cya leta gishinzwe iterambere mu Rwanda “RDB”, cyasohoye itangazo rivuga ko u Rwanda ruzatangira kwakira abahatanira guhabwa uburenganzira muri iryo shoramari. Kuruhinga bizakorwa mu buryo butavuguruza amategeko ahana ikoreshwa ryarwo nk’ikiyobyabwenge. Minisitiri w’ubuzima yabwiye televiziyo y’u Rwanda ko kimwe muri ibyo bihingwa ari ikitwa ‘cannabis’ gisanzwe kizwi nk’urumogi. U Rwanda rubaye igihugu…

SOMA INKURU

Kayonza: Abaturage baratabaza nyuma yo gushinja ubuyobozi kubarangarana

Abaturage bo mu Karere ka Kayonza, mu Murenge wa Murama baturiye igice gicukurwamo amabuye y’agaciro, inzu zabo zarangiritse abandi bavuga ko badasinzira bitewe n’intambi zituritswa iyo bari gucukura amabuye y’agaciro, aho bavuga ko ubuyobozi bwabarangaranye kuko ikibazo cyabo kimaze imyaka irenga icumi ntacyo gikorwaho. Ni ikibazo gifitwe n’abaturage bo mu Mudugudu wa Gahengeri mu Kagari ka Bunyetongo mu Murenge wa Murama. Ni agace kamaze imyaka myinshi gacukurwamo amabuye y’agaciro, aho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 haje no gutuzwa abaturage banahabwa ibyangombwa by’ubutaka bwabo. Bamwe mu baturage baganiriye na…

SOMA INKURU

Ruhango: Ikihishe inyuma ku iyangirika ry’ibidukikije

Mu Karere ka Ruhango hagaragara ikibazo cy’ibicanwa byiganjemo ibikomoka ku biti ari na byo bifite uruhare rukomeye mu iyangirika ry’ibidukikije, dore ko aka Karere kari mu  dutuwe cyane mu Rwanda, aho kuri kirometero kare hatuye abaturage barenga 538, ubuyobozi bwaho bwo bufite icyo butunga urutoki nk’impamvu nyamukuru y’iki kibazo. Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe ubukungu Rusiribana Jean Marie Vianey, yatangaje ikihishe inyuma y’iyangirika ry’ibidukikije, aho yahishuye ko umuco ndetse n’imyumvire ari byo bituma abantu bangiza ibidukikije bakoresha ibicanwa bikomoka ku biti kandi hari ibindi byakwifashishwa bitangiza ibidukikije. Ibicanwa nibyo biri ku…

SOMA INKURU

IUCN yashyizeho uburyo bwihariye bwo guhangana n’ihindagurika ry’ikirere

IUCN yatangije gahunda ihamye yo gushyiraho uburyo bwihariye bwo guhangana n’ibibazo byugarije isi mu mihindagurikire y’ikirere. Iyi gahunda ikaba igamije gufasha za leta z’ibihugu, abikorera ku giti cyabo ndetse n’imiryango itegamiye kuri leta kwifashisha uburyo karemano mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere no kurinda ukwangirika kw’ibinyabuzima. Stewart Maginnis, umuyobozi muri IUCN w’ishami rishinzwe kwifashisha uburyo karemano mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, yagize ati “Isi irajwe ishinga no gushaka umuti urambye wo guhangana n’imbogamizi zijyanye n’imihindagurikire y’ibihe, ibura ry’ibiribwa n’ubuke bw’amazi, ndetse n’ibihe irimo byo guhangana n’icyorezo kiyibasiye. Niyo mpamvu ubu buryo IUCN yashyizeho bwo…

SOMA INKURU

Covid-19: Abahinzi barataka igihombo kidasanzwe, MINAGRI iti “ntako tutagize”

Urugaga rw’abahinzi “Imbaraga Farmers” ruratabaza nyuma y’aho Covid-19 iteje abanyamuryango barwo igihombo kidasanzwe,  aho badatinya no kuvuga ko ntihatagira igikorwa na leta mu maguru mashya, u Rwanda  rushobora kuzagira ikibazo cy’ibiribwa gikomeye.  Mu kiganiro cyari kigamije kurebera hamwe ingaruka zatewe n’icyorezo cya Covid-19 mu kwihaza mu biribwa no kurwanya imirire mibi mu Rwanda,  uwari uhagarariye MINAGRI Dr. Semwaga Octave yatangaje ko Leta itirengagije abahinzi ndetse no mu bihe bya guma mu rugo byatewe na Covid-19, leta yaguriye abahinzi umusaruro ufatika. Yagize ati ” Mu gihe hari imiryango yari ikeneye ubufasha…

SOMA INKURU

Nyamasheke yibasiwe n’umutingito

Mu ijoro ryakeye ahagana saa munani n’igice z’ijoro mu Midugudu igize Akagari ka Mwezi, mu Murenge wa Karengera muri Nyamasheke haraye humvikanye umutingito wabaye inshuro eshatu wikurikiranya. Umwe mu bahatuye yabwiye UMUSEKE ko ku nshuro ya mbere waje ufite imbaraga ariko ubwa kabiri uza woroheje kurusha uwa mbere. Amakuru twamenye kandi ni uko uriya mutingito wageze no mu yindi Mirenge harimo n’uwa Ruharambuga. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karengera Zaboulon Nsengiyumva  avuga ko uriya mutingito wageze no mu tundi tugari, ariko ko kugeza ubu amakuru bafite ari uko nta kintu wangije.…

SOMA INKURU

Nyuma ya COVID-19 Ubushinwa bwibasiwe n’umwuzure

Imvura imaze iminsi igwa mu Bushinwa yatumwe ahantu henshi hegereye imigezi havuka imyuzure. Ubu imigezi 52 yuzuye, amazi agera mu mirima y’abaturage no mu Mijyi ikikije iyo migezi. Imigezi yuzuye iri mu Ntara za Guangxi, Guangdong, Fujian, Jiangxi, Zhejiang n’ahandi. Imvura imaze iminsi itatu igwa idakuraho. Minisiteri yo kwita ku mazi yatangaje ko imyuzure yabaye ikibazo gikomeye ku rwego rwa Gatatu, ni ukuvuga urwego ruteje akaga gakomeye. Imyuzure ibaye myinshi mu Bushinwa nyuma y’uko iki gihugu cya gatatu mu bunini ku isi,( nyuma y’u Burusiya na Canada) kiri kuva buhoro…

SOMA INKURU

Rwanda: Hasubukuwe ibikorwa by’uburobyi ingamba zo kwirinda COVID-19 zikazwa

Umuyobozi ushinzwe ibijyanye n’ubworozi bw’amafi n’uburobyi muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, Mukasekuru Mathilde yatangaje ko ibiyaga 20 kuri 22 byari bimaze amezi agera kuri abiri bifunze hirya no hino mu gihugu muri gahunda yo kongera umusaruro w’amafi hakurikijwe igihe yororokera mu biyaga byo mu Burasirazuba no mu Majyaruguru, ndetse n’ikiyaga kimwe cya Karago cyo mu ntara y’Iburengerazuba byongeye gufungurwa, ibikorwa by’uburobyi bikaba byasubukuwe. Mukasekuru yashimangiye ko gufunga ibiyaga byatanze umusaruro aho yagize ati “Byatanze umusaruro mwiza nk’aho ndi gukorera mu Ntara y’Amajyaruguru, ho by’umwihariko twari twarateyemo isambaza zivuye mu kiyaga cya…

SOMA INKURU

2020 umwaka watangiranye n’ibiza bidasanzwe

Muri uyu mwaka wa 2020 hagaragayemo imvura itari nke, by’umwihariko muri uku kwezi kwa Gicurasi 2020 haguyemo imvura nyinshi cyane, by’umwihariko iyaguye mu ijoro ryo kuwa Gatatu rishyira ku wa Kane tariki 7 Gicurasi 2020, yahitanye ubuzima bw’abagera kuri 72 bo mu bice binyuranye by’igihugu ndetse hanangirika ibikorwa remezo bitandukanye. Akaba ari muri urwo rwego Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi “MINEMA”, yashyize hanze raporo yerekana uburyo hagati ya Mutarama na Mata uyu mwaka wa 2020 haguyemo imvura iteza ibiza birimo imyuzure, inkuba, inkangu n’ibindi byatwaye ubuzima bw’abantu 140, abagera kuri 225…

SOMA INKURU

Nyuma yo kurokora umwana ibiza akomeje gushimirwa

BUNANI Jean Claude wagaragaye mu mashusho ku mbuga nkoranyambaga ari gutabara umwana w’imyaka 6 witwa Gitego Jackson wari waheze muri ruhururura ya Nyabugogo agiye gutwarwa n’amazi kuwa mbere w’iki cyumweru ubwo hagwaga imvura nyinshi yatwaye ubuzima bw’abatari bake, yakiriwe n’umuyobozi w’Akarere ka Nyarugenge Madamu Kayisime Nzaramba mu biro bye, ku gicamunsi cy’ejo hashize tariki 6 Gashyantare 2020.   Nk’uko byatangajwe n’urubuga rwa Twitter rw’Akarere ka Nyarugenge, Meya Kayisime yashimiye Bunani amugenera n’impano kuri iki gikorwa cy’ubutwari yakoze cyo kurokora Gitego wari ugiye gutwarwa n’amazi y’imvura muri ruhurura ndetse anamwizeza ko ubuyobozi…

SOMA INKURU