Ruhango:Kuba mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe hari aho bibazitira

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Ruhango ho mu Karere ka Ruhango cyane cyane mu Kagari ka Buhoro babarurirwa mu cyiciro cya mbere cy’ ubudehe bavuga ko bahezwa mu matsinda yo kuzigama no kugurizanya. Aba banyarwanda baba mu kiciro cya mbere cy’ ubudehe batuye mu Karere ka Ruhango bahezwa kuri gahunda zimwe na zimwe Leta inashyiramo ingufu bashinjwa kuba nta bushobozi bwo kuzitabira bafite mu gihe bo ubwabo bemeza ko babufite ndetse hakaba nta tegeko rihari rizibakumiramo. Habarurema Valens umuyobozi w’ Akarere ka Ruhango yanenze bikomeye abagaragaza iyi myitwarire yo…

SOMA INKURU

Umuyobozi wa Njyanama n’umwungirije bo muri Kamonyi beguye

Karuranga Emmanuel, Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi hamwe n’umwungiriza we, Nyirinyange Odette basezeye ku myanya y’Ubuyobozi mu nama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa kabiri tariki 11 Nzeli 2018. Mureshyankwano Marie Rose, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo yahamirije itangazamakuru ko amakuru y’iyegura rya Karuranga Emmanuel na Nyirinyange Odette bari mu buyobozi bw’Inama Njyanama ari impamo. Yagize ati “ Nanjye aho numviye ko beguye nabajije, nzakubona ko banditse kuko banyoherereje urwandiko banditse kuko bahaye Kopi Intara, bandikiye Inama Njyanama bavuga ko beguye ku bushake bwabo, niyo baruwa nabashije kubona.” Mureshyankwano Marie…

SOMA INKURU

Umunyerondo yivuganye umuntu i Huye

  Ku mugoroba wo kuwa mbere mu Kagari ka Sovu mu Murenge wa Huye ho mu Karere ka Huye,umusore yishe mugenzi we amukubise ubuhiri amumenagura umutwe. Abaturanyi baravuga ko inzoga z’inkorano zitemewe n’urumogi byiganje muri aka gace ari byo biri inyuma y’uru rugomo.Umuvugizi w’urwego rw’ubugenzacyaha RIB asaba urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge ,bitewe n’ingaruka mbi bikomeje guteza. Uyu Usanzwe azwi ku izina rya uwiringiye ukurikiranyweho kwica mugenzi we,abaturage bavuga ko bari basangiye inzoga ahantu mu rugo rw’umuturage,nyuma bagirana amakimbirane bararwana,ibyaje gutuma uwishwe yahise ngo ataha,ariko uyu wamwishe akamukurikira bakongera bakarwana akamwicira imbere…

SOMA INKURU

Umuhanzi Diamond yashyize hanze amarangamutima ye mu bijyanye n’urukundo

Hashize iminsi ku mbuga nkoranyambaga havugwa amakuru ko Hamisa yarogesheje Diamond kugirango amugurire inzu ndetse n’ibindi bikoresho nyenerwa mu buzima bwe, aho ibi byose byashinjwaga Hamisa na nyina . Kuri uyu wa Mbere Diamond abinyujije kuri Instagram yatangaje ko ari wenyine ndetse ko yifuza umukobwa wamukunda. Muri aya magambo yatangaje yashatse kwerekana ko ari umunyakuri ndetse ko yifuza umukobwa umukunda kuko ari umukene .hano benshi bahise bibaza impamvu yiyise umukene kandi kuri ubu afatwa nk’abahanzi bafite agatubutse bitewe n’ibikorwa amaze kugeraho byose abikesha muzika.   HAGENGIMANA Philbert    

SOMA INKURU

Imisarane idasakaye ishobora gukura bamwe mu bayobozi ku mbehe

Abayobozi b’imirenge n’utugali bo mu Karere ka Nyagatare bahawe ukwezi n’igice ko kuba bakemuye ikibazo cy’imisarane idasakaye cyangwa bakirukanwa ku kazi. Mushabe David Claudian Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare avuga ko umuyobozi uzarenza kuwa 30 Ukwakira 2018 agifite imisarane itameze neza azirukanwa. Avuga ko buri wese yabigize ibye ukwezi k’Ukwakira kwarangira ibiteza isuku nke mu baturage byarangiye cyane imisarane itubatse neza n’idasakaye.Ati “Ukwezi kwa cumi iyi misarane itarasozwa, abo nibo ba mbere bbikubitiro, bakwiye kuba batakiri mu karere, bakazana abandi bagakomezanya n’abasigaye ariko n’abandi babishizwe ntawuzasigara birumvikana.” Mushabe avuga ko hari…

SOMA INKURU

Hakomeje kugaragara impinduka mu miburanire ya Kizito Mihigo

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Nzeri 2018 ubwo Kizito Mihigo yari mu rukiko rw’Ikirenga, hakomojwe ku ibaruwa yari yaratanze yo gukuraho ubujurire bwe, maze arabyemererwa gusa nta byinshi byayivuzweho. Ari urukiko ntirwigeze ruyisoma ndetse nawe ntiyasobanuye ibikubiyemo n’impamvu yahisemo guhagarika ikirego. Inteko iburanisha yafashe umwanzuro wo gushyira mu bikorwa ubusabe bwe, nyuma yo kumubaza niba agikomeje icyifuzo cye agasubiza ko ariko bikimeze. Ku wa 26 Kamena 2018 Kizito Mihigo yari yandikiye Urukiko rw’Ikirenga arusaba ko ikirego cye cy’ubujurire cyahagarara, ibi bikaba byarabaye mu gihe mu…

SOMA INKURU

Yabafashe basambanira iwe bamurusha umujinya

  Umugabo wo mu Kagari ka Kabuguru II, mu Murenge wa Rwezamenyo ho mu Karere ka Nyarugenge, yaguye gitumo umugore we aryamanye n’undi mugabo mu buriri bwe. N’agahinda kenshi, uyu mugabo yabwiye itangazamakuru ko yasanze uwo mugabo aryamye ku buriri yambaye ubusa, umugore we ari kumwagaza mu gituza. Akimara kubona iri shyano, yahamagaye inzego z’umutekano kugira ngo nazo zibyirebere. Mu kwiregura kwe umugore yavuze ko atacyifuza kubana n’umugabo we, amubwira ko yatuza agategereza umwanzuro w’inkiko kuko yamaze kwaka gatanya, yagize ati “ariko se azajya afuhira buri muntu wese kugeza ryari,…

SOMA INKURU

Ingamba za Perezida Bashir abona nk’umuti wo guhangana n’ikibazo cy’ubukungu

Ejo hashize ku cyumweru mu masaha y’ijoro nibwo hemejwe n’abayobozi bo hejuru mu ishyaka riri ku butegetsi National Congress Party (NCP) mu nama yabaye, umwanzuro wa Bashir wo kwirukana abagize Guverinoma bose. Omar al-Bashir Perezida wa Sudani, akaba yirukanye 31 bari bagize Guverinoma, ashyiraho Minisitiri w’Intebe mushya uzemeza abandi bazamufasha guhangana n’ikibazo cy’ubukungu butameze neza muri iki gihugu. Umwe mu bayobozi ba hafi ba Bashir, yavuze ko ibibazo by’ubukungu bikwiye gushakirwa umuti ndetse ku bw’ibyo, Perezida yafashe umwanzuro wo kugabanya abagize Guverinoma, yagize ati “Perezida Bashir yafashe umwanzuro wo gusigarana…

SOMA INKURU

Inzovu za Cote d’Ivoire birangiye zitsindiye amavubi mu rugo

Kuri iki cyumweru  tari ya 9 Nzelii 2018, nibwo inzovu za Cote d’Ivoire zari zacakiranye n’amavubi y’u Rwanda kuri stade Regional i Nyamirambo, imbere y’abafana benshi ibitego bibiri bya Côte d’Ivoire kuri kimwe cy’amavubi, uyu mukino ukaba uri mu rwego rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Cameroun umwaka utaha. Muri uyu mukino igitego cya 1 cya Cote d’Ivoire cyavuye ku burangare bw’umuzamu w’amavubi Kwizera Olivier washatse gucenga Rutahizamu wa Cote d’Ivoire Jonathan Adjo aba amwambuye umupira nibwo yatsindaga igitego cya mbere. Igice cya kabiri kigitangira, Côte d’Ivoire yari…

SOMA INKURU

Impanuka y’indege yahitanye abantu 17 muri Sudani y’Epfo

Minisitiri ushinzwe itangazamakuru muri Sudani y’Epfo,Taban Abel, yatangaje ko indege yari itwaye abantu 22 ubwo yakoraga impanuka kuri iki cyumweru tariki ya 9 Nzeli 2018, yica abantu 17 ariko hari abarokotse batatu, ariko yanemeje ko hari abantu babiri bakomeje kuburirwa irengero. Reuters yanditse iyi nkuru yatamnngaje ko iyi ndege nto yakoze impanuka yari ikuye abagenzi ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Juba yerekeza mu Mujyi wa Yirol. Mu barokotse iyi mpanuka harimo umuganga w’umutaliyani ukorera umuryango utegamiye kuri Leta, gusa ubuzima bwe ntiburamera neza ku buryo ari kwitabwaho mu bitaro bya…

SOMA INKURU