Icyorezo cya coronavirus cyatumye abakire ba mbere ku isi bakira kurushaho ariko gituma abantu benshi kurushaho bisanga babayeho mu bucyene, nkuko bivugwa n’umuryango ukora ibikorwa by’ubugiraneza OXFAM. Ikigero kiri hasi cy’ibyinjizwa n’abacyene cyane bo ku isi cyagize uruhare mu rupfu rw’abantu 21,000 buri munsi, nkuko raporo y’uyu muryango ibivuga. Ariko abagabo 10 ba mbere b’abaherwe ku isi bakubye inshuro zirenga ebyiri umutungo wabo uwushyize hamwe kuva mu kwezi kwa gatatu mu 2020, nkuko OXFAM ibivuga. Ubusanzwe OXFAM isohora raporo ku busumbane ku isi mu ntangiriro y’inama y’isi ku bukungu izwi…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Nyagatare: Uwihaye Imana akaba n’umurezi arakekwaho gusambanya umwana w’umuhungu
Mu karere ka Nyagatare, umurenge wa Nyagatare, akagari ka Nyagatare,uUmudugudu wa Nyagatare ya II, umufurere ushinzwe imyitwarire y’Abanyeshuri mu kigo cy’amashuri aracyekwaho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 17. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yavuze ko iperereza ry’ibanze ryerekana ko uyu “mufurere hari impamvu zifatika zigaragaza ko yahohoteye uyu mwana mu bihe bitandukanye harimo na tariki ya 27 Ukuboza 2021.” Ati “Uwafashwe afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyagatare mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.’’ Dr Murangira yasabye ibigo by’amashuri gushyiraho Komite zishinzwe kurwanya ibyaha byo…
SOMA INKURUAbahanga mu buzima bahakanye ubwoko bushya bwa covid-19 “Deltacron”
Nyuma y’aho isi ikangaranye nyuma y’itangazwa ry’ubwoko bushya bwa covid-19 bwiswe “Deltacron”, kuwa 11 Mutarama 2022 bivugwa ko abashakashatsi bo mu kirwa cya Chypre bavumbuye ubu bwoko bushya bwa Coronavirus ifite utunyangingo turimo utwa Delta na Omicron, abahanga mu bya virusi bayihakanye ndetse bashimangira ko nta gihamya cyerekana ko ku Isi hari ubu bwoko bushya bwa covid-19. Zimwe mu nzobere mu bijyanye n’ubuzima zatangaje ko Deltacron ishobora kuba ari iyo gutera abantu ubwoba kuruta uko yaba ari Coronavirus yihinduranyije, mu gihe abandi bavuga ko hashobora kuba harabayeho ikosa muri laboratoire…
SOMA INKURUNkombo: Hatagize igikorwa inzara yavuza ubuhuha
Abatuye ku Kirwa cya Nkombo giherereye mu karere ka Rusizi bemeza ko imvura baheruka ari iyaguye kuri Noheli nayo itaragize icyo imara kuko yasanze imisozi yarakakaye, ibi akaba ariyo ntandaro y’amapfa yahibasiye bitewe no kuma kw’imyaka bari barahinze. Mu murenge wa Nkombo, haciwe amaterasi ku buso bwa hegitari 105, ariko izuba ryatumye imyaka ihinze ku buso bwa hegitari 39 yuma. Uwahawe izina rya Mukamwiza kuko atashakaga ko amenyekana, yatangaje ko imvura y’Ugushyingo ku Nkombo ntayahaguye, ibi byatumye imyaka yose yuma, kuri ubu inzara ikaba inuma. Umwe mu baturage bo ku…
SOMA INKURUAmbasaderi Nduhungirehe yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda
Ejo hashize, tariki 11 Mutarama 2022, nibwo Ambasaderi Oliver Nduhungirehe, yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu gihugu cya Lativia, akaba yarazishyikirije Perezida Egils Levits. Uwo muhango wabaye nyuma yo guhura n’abayobozi bo muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Latvia kuwa Mbere, aho bagiranye ibiganiro byibanze ku bufatanye n’ubukungu hagati y’ibihugu byombi. Ambasaderi Nduhungirehe yavuze ko azibanda ku kukabaka ubufatanye buhamye mu by’ubukungu na dipolomasi hagati y’ibihugu byombi. Yashimangiye kandi ko ibihugu byombi bifite byinshi bihuriyeho, n’ubwo bitandukanywa n’intera nini, Latvia kikaba ari igihugu gito giherereye mu Majyaruguru y’u Burayi. …
SOMA INKURUHuye: Bakurikiranyweho guhimba ibisubizo by’ibipimo bya Covid-19
Abantu barimo umukinnyi wa Mukura VS bakurikiranyweho guhimba ibisubizo by’ibipimo bya Covid-19, byerekana ko ari bazima bajya gukora ikizamini cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga kandi harimo abarwaye icyo cyorezo. Abakurikiranywe barimo babiri bafashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Mutarama 2022, bafatirwa mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye kuri Stade Huye, aho bari bagiye gukora ikizami cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga, mu gihe umukinnyi wa Mukura VS Aphrodice Biraboneye w’imyaka 26, na we yafatiwe kuri Stade Huye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022,…
SOMA INKURUHavumbuwe ubwoko bushya bwa coronavirus bw’uruhurirane bwa omicron na delta
Umwarimu muri Kaminuza ya Chypre akaba n’Umuyobozi wa Laboratwari yiga ku ikoranabuhanga mu by’ibinyabuzima na za virus, Leondios Kostrikis, yatangaje ko ko bavumbuye ubwoko bushya bwa Coronavirus yihinduranya, igizwe na utunyanyingo twa Delta n’utwa Omicron. ubwo bwoko bushya babuhaye izina rya “Deltacron” bitewe n’impurirane y’utunyangingo tuyigize. Yagize ati “Ubu twamaze kubona ko muri ubu bwoko bushya hari uruhurirare rwa Delta na Omicron.” Yavuze ko hatahuwe abanduye “Deltacron” 25 kandi ubusesenguzi bwerekana ko ishobora kuba ifite aho ihuriye n’ubwiyongere bw’abarwariye mu bitaro kurusha abarwariye mu ngo. Icyakora ntiharagaragazwa niba irusha ubukana…
SOMA INKURUCovid-19 yongereye ibyago byo kwandura VIH/SIDA ku bagore bicuruza
Ingaruka za Covid-19 zageze mu ngeri zinyuranye z’ubuzima, aho zitasize n’abagore bicuruza abenshi bakunze kwita indaya, aho bemeza ko kuba amafaranga yarabuze, bituma umukiriya ubagezeho aba ari umwami icyo ategetse cyubahirizwa, ibi ngo bikaba bibongerera ibyago byo kwandura virusi itera sida. Abagore bakora uburaya banyuranye batuye mu murenge wa Gikondo, mu Karere ka Kicukiro, mu Mujyi wa Kigali, harimo uwitwa Kaliza Anete yatangaje ko kuba amafaranga yarabuze kubera Covid-19, umugabo umugannye aza ategeka, kuko uwo bahaye agakingirizo ntakemere kandi afite amafaranga ye ntacyo barenzaho, ngo cyane ko umubare w’ababagana wagabanutse.…
SOMA INKURUBishwe n’inkuba mu gihe bacukuraga imva y’umuvandimwe wabo
Kuri iki Cyumweru tariki 9 Mutarama 2022, Muri Tanzania ahitwa Chunya, abantu bane bakubiswe n’inkuba bahita bapfa undi arakomereka, mu gihe barimo bacukura imva yo gushyinguramo uwapfuye mu Ntara ya Mbeya. Umuyobozi w’Akarere ka Chunya witwa Mayeka Mayeka, yavuze ko abo bapfuye bakubiswe n’inkuba harimo Yohana James w’imyaka 30 y’amavuko, Paul Mwasongole w’imyaka 40, Swalehe Ibrahim w’imyaka 23, bose bo mu Karere ka Chunya, ndetse na Bonny Lauliano wo mu Ntara ya Songwe. Hari kandi Zuberi Mahona w’imyaka 40 na we muri Chunya mu Mujyi, we akaba yakomeretse cyane ubwo…
SOMA INKURUIcyo MINISANTE isaba ababyeyi mbere yo kohereza abana ku mashuri
Minisiteri y’Ubuzima yasabye ababyeyi kutohereza ku ishuri abana bafite ibimenyetso by’icyorezo cya COVID-19 birimo gukorora, umuriro mwinshi n’ibicurane. Iki cyemezo gikubiye mu itangazo Minisante yashyize hanze ku Cyumweru tariki 9 Mutarama 2021. Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko “Umwana wese ugaragaza ibimenyetso bya COVID-19 birimo gukorora, kugira umuriro n’ibicurane adakwiye koherezwa ku ishuri ahubwo agomba kuguma mu rugo akitwabwaho kugeza akize”. Ababyeyi kandi bashishikarijwe gupimisha abana babo COVID-19 mu gihe abana bafite imyaka itanu kandi hagakoreshwa uburyo bwa ‘rapid test’. Iri tangazo rikomeza rivuga ko “mu gihe bibaye ngombwa ko ikigo cy’amashuri…
SOMA INKURU