I Goma bamwe mu banyekongo bakomeje kwerekana urwango ku banyarwanda

Mu gitondo cyo kuwa Gatatu nibwo ku mupaka w’u Rwanda na RDC i Goma habereye imyigaragambyo ikomeye y’Abanye-Congo bamaganaga u Rwanda barushinja gufasha umutwe wa M23 uhanganye n’igisirikare cy’igihugu cyabo, FARDC. Uretse amashusho yagaragaye abigaragambya bari ku mupaka, hari andi yasohotse barimo kumanura ibyapa biri ku maduka y’abanyarwanda ndetse n’ibyamamaza sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bw’indege, RwandAir. Hari kandi n’ayandi yerekana insoresore zigaragambya ziruka zitanguranwa ku maduka y’abanyarwanda i Goma ngo zisahure ibicuruzwa. Ububiko bw’ibicuruzwa bya Sandro Shyaka, umucuruzi ukomeye mu Karere ka Rubavu ariko ufite ibikorwa mu Mujyi wa…

SOMA INKURU

Umuhanzi ukomeye yasabiwe gufungwa imyaka 25

Umuhanzi Robert Sylvester Kelly wamenyekanye nka R Kelly yasabiwe ibihano bikomeye n’umujyi wa New York birimo gufungwa imyaka 25. R Kelly arashinjwa kuba yarashakanye n’umuhanzikazi Aaliyah mu gihe yari atarageza imyaka y’ubukure. Ubushinjacyaha bwo mu Mujyi wa New York ni bwo bwasabye ko uyu muhanzi yafungwa imyaka 25. Mu nyandiko bwashyikirije urukiko bwavuze ko afite impamvu nyinshi kandi zikomeye zatuma afungwa. Ubushinjacyaha buvuga ko R. Kelly yatangiye kumusambanya afite imyaka 12 cyangwa 13 nyuma mu gusibanganya ibimenyetso bakarushinga ubwo yari afite imyaka 15. Ikindi Ubushinjacyaha bwagaragaje nk’impamvu ikwiye gushingirwaho ni…

SOMA INKURU

Ukurahira kwa Perezida kwatumye bashyira abaturage muri guma mu rugo

Igihugu cya Somalia cyashyize umugi wa Mogadishu muri guma mu rugo kubera imihango yo kurahira kwa Perezida mushya President Hassan Sheikh Mohamud. Minisitiri w’intebe Hussein Roble yasobanuye ko bafashe iki cyemezo kugirango bizeze umutekano abashyitsi mpuzamahanga bitabira uwo muhango Ni icyemezo biteganijwe ko kirangira mu masaha ya saakumi n’imwe z’umugoroba muri iki gihugu ubwo umuhango nyirizina uzaba urangiye. Yagize ati“ndasaba nshikamye abaturage ba Mogadishu kwihanganira ko imihanda yafunzwe kuva mu masaha ya nijoro y’ijoro ryakeye kubera ko turi kwakira abashyitsi barimo n’abakuru b’ibihugu by’amahanga baje kwifatanya na Perezida wa Somaliya”…

SOMA INKURU

Haratangwa integuza ku ihungabana ry’ubukungu mu bihugu birimo n’u Rwanda

Banki y’Isi yagabanyije cyane ikigereranyo cyayo cy’uko ubukungu buziyongera ku isi muri uyu mwaka, iburira ko ibihugu bimwe biri mu byago byo kubamo ihungabana rikomeye ry’ubukungu kubera intambara y’Uburusiya muri Ukraine hamwe na coronavirus. Iyi banki yavuze ko Afurika y’uburasirazuba n’ibice bimwe by’Uburayi ari byo byugarijwe mu buryo bw’umwihariko. Yavuze ko hari ibyago by’uko ikizwi nka ‘stagflation’ ni ukuvuga guta agaciro gukomeye kw’ifaranga hamwe n’ubukungu bwiyongera gacyeya – gishobora kongera kubaho bwa mbere kuva mu myaka ya 1970. Aganira na BBC, umukuru wa Banki y’Isi David Malpass yavuze ko bigoye…

SOMA INKURU

Urukingo rwa kane rwa covid-19 rwemejwe muri Amerika

Abajyanama b’ikigo gishinzwe imiti n’ibiribwa muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (FDA), bashigikiye cyane ko urukingo rwa Novavax ruhabwa uruhushya rwo gukoreshwa mu gukingira Covid-19 abantu bakuze. Inteko y’aba bajyanama kuri uyu wa Kabiri yashyigikiye uru rukingo ku majwi 21 hifata umwe gusa, basaba ko Novavax yakoreshwa ku bantu bafite imyaka 18 kuzamura. Rwakozwe n’ikigo Serum Institute cyo mu Buhinde. Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri Novavax, John Trizzino, yavuze ko bizeye ko uru rukingo ruzaba rwageze mu bubiko bwabo muri Amerika mu mpera z’uku kwezi. Yavuze ko biteguye kugeza za miliyoni…

SOMA INKURU

Ukraine: Imirambo y’abarwanaga ku ruganda Azovstal ‘yageze i Kyiv’

Imirambo ya bamwe mu barwanyi ba Ukraine bishwe barwana ku cyambu  cy’ingenzi cyo mu majyepfo ashyira uburasirazuba cya Mariupol yageze mu murwa mukuru Kyiv, nk’uko imiryango y’aba basirikare ibivuga. Iyi miryango ivuga ko ibi byakozwe muri gahunda yo guhererekanya imirambo n’Uburusiya, buri ruhande rubona imirambo 160 y’abasirikare barwo. Abarwanyi bamaze ibyumweru baraheze mu ruganda rwa Azovstal rwo mu mujyi wa Mariupol. Mu kwezi kwa gatanu, abaharokokeye bafashwe nk’imfungwa. Amakuru avuga ko abasirikare ba Ukraine barenga 1,000 bafatiwe i Mariupol boherejwe mu Burusiya. Abo basirikare, bari bafungiwe mu bice bigenzurwa n’abarwanyi…

SOMA INKURU

Perezida Tshisekedi yashinjije u Rwanda

Perezida Felix Tshisekedi wa RD Congo ku cyumweru yatangaje ko “nta gushidikanya” ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23, ariko ashimangira ko bashaka kubana mu mahoro na Kigali. Kuva aya makimbiranye yubuye, ni ubwa mbere yumvikanye kumugaragaro ashinja u Rwanda gufasha uyu mutwe. Abategetsi b’u Rwanda bagiye bahakana ibi birego, bavuga ko ikibazo cya M23 ari ikibazo cya DR Congo ubwayo. Avugira mu ruzinduko yari arimo muri Congo Brazaville aho yabonanye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso, mu ijambo ryaciye kuri televiziyo Tshisekedi yavuze adaca ku ruhande. Yagize ati: “Igihe…

SOMA INKURU

Hagiye gusohoka ubundi bwoko bw’urukingo rwa covid-19 butari urushinge

Hagiye gutangizwa uburyo bushya bwo gutanga urukingo rwa Covid-19 ariko bigakorwa ku buryo butandukanye n’ubusanzwe, aho abantu batazongera guterwa inshinge ahubwo bazajya bashyirwa ibitonyanga mu mazuru. Izi nkingo zo mu mazuru zizaba zifite akamaro nk’izisanzwe zitangwa hakoreshejwe inshinge. Umushakashatsi muri Kaminuza ya Virginia, Mayuresh Abhyankar, urimo gukora kuri izi nkingo, yasobanuye ko gukingira umuntu aho Covid-19 ihera yinjira bizatanga ubwirinzi bwinshi. Uru rukingo rwo mu mazuru ruzabasha guhagarika virusi ruyibuze kwinjira mu mubiri. Kurukora no kurugeza mu bihugu bitandukanye bizaba byoroshye kuko kurubika bizasaba gukoresha firigo isanzwe bitandukanye n’izindi nkingo…

SOMA INKURU

U Burusiya n’u Bwongereza bwaba bugiye guhanganira kuri Ukraine?

Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje Minisitiri w’Ingabo w’u Bwongereza, Ben Wallace, yatangaje ko igihugu cye kigiye kohereza muri Ukraine intwaro zirasa missile nyinshi zungikanya zishobora kugera mu ntera ya kilometero 80, mu mugambi bahuriyeho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Izo ntwaro za M270 (multiple-launch systems) zitezweho guhindura uburyo u Burusiya burimo gukoresha muri iyi ntambara, bwatumye bwigarurira igice kinini cy’Iburasirazuba bwa Ukraine. Ni intwaro ziteye kimwe n’izigiye koherezwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zizwi nka M142 High Mobility Artillery Rocket Systems (HIMARS). Minisitiri Ben Wallace yagize ati “Izi ntwaro…

SOMA INKURU

U Rwanda rwinjiye mu kigo mpuzamahanga gishinzwe Inkingo “IVI”

Tariki 3 Kamena 2022 nibwo Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Koreya, Yasmin D. Amri Sued, yarazamuye ibendera ry’u Rwanda ku cyicaro cy’ikigo mpuzamahanga gishinzwe inkingo “IVI”. Ambasaderi Yasmin Sued yatangaje ko u Rwanda rwiteguye kwigira ku kigo “IVI” nk’umuryango ukuze, ufite ubunararibonye n’ubumenyi kandi rwiyemeje gukorana umurava kugira ngo rugere ku ntego yarwo. Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya IVI, George Bickerstaff, yahaye ikaze u Rwanda mu muryango avuga ko ari ishema gusangira na rwo intego zo kurandura indwara ahanini zitizwa umurindi n’ubukene n’ubusumbane mu kubona imiti n’inkingo. Perezida Kagame aheruka…

SOMA INKURU