Yakatiwe igifungo kigeretse ku kindi

Umuririmbyi Robert Sylvester Kelly wamamaye nka R. Kelly aherutse gusaba ko yagirwa umwere mu rubanza yaregwagamo gufata ku ngufu hamwe no gukinisha filime y’urukozasoni umwana w’umukobwa w’imyaka 14. Kuri ubu yahamwe n’ibi byaha ahanishwa igifungo cy’imyaka 20 muri gereza. Kuwa 23 Gashyantare 2023 umucamanza wa Leta ya Chicago, Harry Leinenweber yasomeye mu rukiko imyanzuro y’urubanza rwa R.Kelly, aho yavuzemo ko R.Kelly yahamwe n’ibyaha byo gufata ku ngufu abana b’abakobwa batandatu (6) bari hagati y’imyaka 14 na 16 barimo n’umwana yari yarabyaye muri batisimu (His Goddaughter) akamufata ku ngufu mu mwaka…

SOMA INKURU

Amerika yeruye ishinja u Rwanda gutera inkunga M23

America irashinja u Rwanda kohereza ingabo zarwo mu gihugu cy’abaturanyi cya Repuburika ya Demokarasi ya Congo, ibyita ubushotoranyi bwa Kigali mu kuvogera ubusugire bw’ikindi gihugu. America irashinja u Rwanda kohereza ingabo zarwo mu gihugu cy’abaturanyi cya Repuburika ya Demokarasi ya Congo, ibyita ubushotoranyi bwa Kigali mu kuvogera ubusugire bw’ikindi gihugu. Mu itangazo iki gihugu cy’igihangange cyaraye gisohoye , risaba u Rwanda kubahiriza ingamba zashyizweho zigamije kugarura amahoro n’umutekano mu karere ngo ruhagarika inkunga rutera imitwe yitwara gisirikare muri Congo Ikindi, muri ryo tangazo banashinje u Rwanda kohereza ingabo zarwo mu…

SOMA INKURU

Agashya mu matora yitegurwa muri Nigeria

Leta ya Nigeria yategetse ifungwa ry’imipaka yose yo ku butaka mu gihe cy’amatora yitezwemo guhatana gukomeye yo kuri uyu wa gatandatu. Urwego rushinzwe abinjira mu gihugu rwavuze ko icyo cyemezo kigamije gutuma “amatora aba mu bwisanzure, nta buriganya kandi nta nenge”. Abategetsi bo ku mipaka basabwe gutuma iryo tegeko rishyirwa mu bikorwa nta kujenjeka. Aya matora ya perezida n’ay’abagize inteko ishingamategeko, atangazwa ko ari yo ya mbere yitezwemo guhatana gukomeye cyane kuva ubutegetsi bwa gisirikare bwarangira mu mwaka wa 1999. Urwego rushinzwe abinjira mu gihugu rwavuze ko rwafashe amakarita y’itora…

SOMA INKURU

Drone zatangiye kwifashishwa mu kugeza imiti ku barwayi ba diyabete

Ubusanzwe abarwayi ba Diyabete byabasabaga kujya gufata imiti ku bitaro cyangwa ibigo nderabuzima, rimwe na rimwe hari abo wasangaga bitwara amatike menshi ku buryo bishobora kubateza ibindi bibazo birimo ubukene bajya gufata imiti. Ni muri urwo rwego ikigo kimenyerewe mu gukoresha indege zitagira abapilote mu kugeza amaraso ku bitaro biyakeneye, Zipline n’abandi bafatanyabikorwa batangiye ubushakashatsi buzamara amezi atandatu bugamije kureba niba izi ndege zajya zishyira imiti abarwayi ba diyabete mu ngo aho gutegereza kujya kuyifata ku mavuriro. Ni umushinga iki kigo gifatanyije na “Partners In Health”. Ku ikubitiro igerageza ryatangiriye…

SOMA INKURU

Dr KAYUMBA Christopher yagizwe umwere

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Gashyantare 2023, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagize Dr Kayumba Christopher umwere ku byaha yari akurikiranyweho byo gusambanya undi ku gahato n’icyubwinjiracyaha kuri icyo cyaha. Dr Kayumba yari afungiye muri gereza ya Mageragere kuva ku wa 5 Ukwakira 2021, ubwo Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwemezaga ko hari impamvu zikomeye zituma afungwa by’agateganyo, bivuze ko agiye guhita afungurwa. Kuva Dr Kayumba yafatwa n’Ubugenzacyaha ndetse anabazwa mu Bushinjacyaha kugeza n’ubwo yatangiraga kuburana ifunga n’ifungurwa, yaburanye ahakana ibyaha byose yashinjwaga n’Ubushinjacyaha. Dr Kayumba ubwo yaburanaga ubujurire bwe…

SOMA INKURU

DRC ikomeje guhakana ibiyireba ahubwo igatunga urutoki u Rwanda

Ibisobanuro bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) mu guhakana uruhare rwayo mu gukorana no gutera inkunga FDLR, bikomeje gufata indi ntera bitewe n’ibimenyetso simusiga bigaragaza uburyo ingabo z’iki gihugu zimaze igihe zifashisha abarwanyi ba FDLR kurwanya M23 ndetse n’ibyegeranyo bitandukanye harimo n’ibya Human Right Wacht bigaragaza  ko usibye kuba FARDC yifashisha abarwanyi ba FDLR mu kurwanya M23, igisirikare k’iki gihugu kinaha uyu mutwe w’iterabwoba ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda intwaro n’amasasu ariko ubuyobozi bw’iki gihugu bukomeza kwerekana indi sura imbere y’iki kibazo. Mu kiganiro Patrick Muyaya Minisitiri w’itumanaho n’itangazamakuru…

SOMA INKURU

Abaturiye ikimoteri cya Nduba baratabaza, bageze aho bafungura bari mu nzitiramubu

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Nduba, mu karere ka Gasabo, by’umwihariko abaturiye ikimoteri, bavuga ko babangamiwe n’umwanda uhaturuka kubera ko ntawushobora kurya adashyizeho inzitiramubu. Umukozi ushinzwe gutunganya ikimoteri cya Nduba hagati y’ibisiga byaje kuhashakira ibiribwa Umwanda uturuka mu kimoteri cya Nduba ngo urabangamye kuko bamwe mu bahaturiye basigaye bakurizamo indwara zitandukanye ziterwa nawo, kubera amasazi menshi ahaturuka muri icyo kimoteri akagenda awukwirakwiza mu ngo ziri hafi aho. Bagendeye ku bibazo bahura nabyo, abahaturiye basaba ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bufite mu nshingano ikimoteri cya Nduba, kuhabakura bakabashakira ahandi batuzwa,…

SOMA INKURU

Brazil: Ibiza bikomeje kuvana abantu mu byabo ari nako byica abatari bake

Umubare w’abantu bamaze guhitanwa n’imvura nyinshi yaguye mu majyepfo ashyira uburasirazuba bwa Brazil ikomeje kwiyongera aho kuri uyu wa mbere bageze kuri 40. Abarega 2000 bakuwe mu byabo n’iyi mvura ya milimetero 600 yateye iyi leta ya Brazil. Perezida wa Brazil, Luiz Inacio Lula da Silva yasuye agace kibasiwe, avuga ko amazu adakwiriye kongera kubakwa ahantu hari ibyago byo gucika kw’inkangu cyangwa imyuzure. Abayobozi bo mu ntara ya Sao Paulo kuri uyu wa mbere bavuze ko hari abandi bantu 4 bapfuye biyongera kuri 36 bari bapfuye ku munsi wari wabanje.…

SOMA INKURU

Bidasubirwaho byemejwe ko umuntu wa gatatu yakize VIH/SIDA, byagenze gute?

Umugabo wahawe izina rya Duesseldorf yabaye umuntu wa gatatu byemejwe ko atagifite mu maraso ye ubwandu bwa virusi itera Sida, nyuma y’uko ahinduriwe amaraso ku buryo yanavuwe indwara ya cancer ifata mu misokoro izwi nka leukemia. Uyu murwayi wiswe Duesseldorf afite imyaka 53, amazina ye nyakuri ntabwo yigeze atangazwa. Bivugwa ko mu 2008 yapimwe agasanganwa agakoko gatera Sida, hashize iminsi mike, aza gusanganwa leukemia, cancer yo mu marasi yica kubi. Abandi bantu babiri bakize virusi itera Sida na Cancer, ni abarwayi b’i Berlin n’i Londres. Mu mwaka wa 2013, bamuhinduriye…

SOMA INKURU

Perezida Joe Biden yagize uruzinduko rutunguranye

Kuri uyu wa mbere tariki 20 Gashyantare 2023, bitunguranye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yagiriye uruzinduko  muri Ukraine, rwafashwe nk’ikimenyetso cy’ubufatanye mu gihe hasigaye iminsi mike ngo umwaka wuzure uhereye igihe u Burusiya bwatereye iki gihugu. Hari hashize igihe bihwihwiswa ko Biden azasura Ukraine ku matariki yegereye iya 24 Gashyantare, u Burusiya bwatangirijeho intambara. Biden yahuye na Zelenskyy mu ngoro ye (Mariinsky) aho yatangarije ko Amerika izatanga inkunga y’inyongera ya miliyoni 465 z’amadolari yo gushyigikira iki gihugu mu gihe intambara ikomeje. Yagize ati “Nyuma y’umwaka umwe,…

SOMA INKURU