Kaminuza ya Radboud yo mu Mujyi wa Nijmegen mu Buholandi, yashyizeho uburyo butamenyerewe bwo kwitekerezaho, aho yacukuye imva umuntu aryamamo mu gihe runaka agatekereza ku bimufitiye umumaro kuruta ibindi. Iki gitekerezo cyo gucukura iyi mva yahawe izina rya “purification grave” cyazanwe n’iyo kaminuza mu 2009, aho umunyeshuri ashobora kuyiryamamo mu gihe cy’amasaha atatu, agatekereza ku bintu by’ingenzi mu buzima. Kujyana telefoni, igitabo cyangwa ikindi kintu cyakurangaza kigatuma utitekerezaho neza ntibyemewe. Iki gitekerezo cyatangijwe mu mushinga w’imyaka ibiri w’iyi kaminuza waje kurangira mu 2011, ariko nyuma mu 2019 abanyeshuri bakongera gusaba…
SOMA INKURUAuthor: umuringanews
Byemejwe ko Gen Alain Guillaume Bunyoni yaburiwe irengero
Kuri uyu wa Gatatu nibwo Minisitiri w’Umutekano mu Burundi, Martin Niteretse yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, atangaza ko urugo rwa Gen Alain Guillaume Bunyoni rwasatswe kuri uyu wa Kabiri, ariko abamushakaga ntibamusanze iwe, mu gihe bivugwa ko yahunze. Ntabwo kugeza ubu icyo ubushinjacyaha bukurikiranye kuri Bunyoni kiratangazwa, icyakora mbere yo gukurwaho byavuzwe ko yaba yari mu mugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye. Yagize ati “Nibyo habaye isakwa imuhira kwa Alain Guillaume Bunyoni kuko hariho amaperereza ubutabera bwashakaga kumukoraho. Ariko ntibamubonye.” Yakomeje ati “Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe, ubushinjacyaha bukuru bwagiye gusaka…
SOMA INKURUNkombo: Nta gikozwe inzara yavuza ubuhuha
Nkombo ni ikirwa cyo mu karere ka Rusizi gihingwaho imyaka itandukanye yiganjemo ibishyimbo, soya n’ibigori. Magingo aya imyinshi muri iyi myaka yamaze kumira mu mirima ndetse iyo ucukuye kuri buri gihingwa cyamaze kuma usanga mu mizi yacyo harimo igishorobwa, abahatuye bakavuga ko mu gihe hatagira igikorwa mu maguru mashya bashobora kwibasirwa n’inzara. Muri Werurwe 2023, ni bwo imyaka ihinze ku Nkombo yatangiye kwibasirwa n’ibishorobwa binyura mu butaka bikarya imizi y’ibihingwa abahinzi bakabona igihingwa gitangiye kuraba. Cyekumi Francine yavuze ko soya ze ibishorobwa byazitangiye zitangiye kurabya. Ati “Ntabwo nzigera ngeramo kuko…
SOMA INKURULe soulèvement du ghetto de Varsovie, l’acte de résistance désespéré des juifs polonais
C’est un des événements les plus connus de la Seconde Guerre mondiale. Le 19 avril 1943, une poignée de combattants juifs se révoltent contre la barbarie nazie qui, depuis juillet 1942, a méthodiquement entrepris la déportation et l’extermination des 400 000 juifs entassés dans le ghetto de Varsovie. Trois semaines après cette insurrection finale, il ne reste plus rien du ghetto et de ses habitants. Seuls 40 survivants sont parvenus à s’enfuir par les égouts de la ville. “Nous ne voulons pas sauver notre vie. Personne ne sortira vivant d’ici.…
SOMA INKURUurukurikirane rw’imodoka z’abadiplomate b’Amerika rwarashweho
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika Antony Blinken yavuze ko urukurikirane rw’imodoka z’abadiplomate b’icyo gihugu rwarashweho muri Sudan ku wa mbere ariko nta wakomeretse. Ari mu Buyapani, nyuma y’ibiganiro by’itsinda ry’ibihugu bikize cyane ku isi rya G7, Blinken yabwiye abanyamakuru ati: “Iki cyari igikorwa kitagize icyo cyitayeho, kidashyize mu gaciro kandi birumvikana kitarimo umutekano”. Mbere, byatangajwe ko ambasaderi w’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU/UE) muri Sudan, Aidan O’Hara, yagabweho igitero mu rugo iwe mu murwa mukuru Khartoum. Uyu mujyi urimo gushegeshwa n’imirwano yapfiriyemo abantu, ishyamiranyije igisirikare cya Sudan n’umutwe witwara gisirikare. Uyu mudiplomate w’Umunya-Ireland…
SOMA INKURUMusanze: Yapfuye azize ubugizi bwa nabi
Mu kagari ka Cyabagarura, umurenge wa Musanze, mu karere ka Musanze, umugabo yahuye n’abagizi ba nabi bitwaje imihoro baramutema, apfa akimara kugezwa kwa muganga. Byabaye mu ijoro rishyira ku cyumweru tariki ya 16 Mata 2023, aho uwo mugabo yagendaga muri ayo masaha, ageze ahitwa Bukane mu Kagari ka Cyabagarura, ahura n’abagizi ba nabi baramukomeretsa cyane. Mu gitondo nibwo abaturage basanze aryamye mu muhanda, batanze amakuru bamujyana mu bitaro, akigerayo ahita yitaba Imana. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Musanze, Twagirimana Edouard, yagize ati “Ni umugabo watemwe n’abagizi ba nabi bataramenyekana, ahagana saa…
SOMA INKURUUmuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatunze urutoki Uganda
Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, yatangaje ko atumva uburyo ingabo z’icyo gihugu (FARDC) zemera gupfa zirwanya umutwe wa ADF washinzwe n’abakomoka muri Uganda ariko yo ikaba idashaka ko ingabo zayo zirasa M23. Muyaya yavuze ko ingabo za Congo zidashobora gukomeza gupfira Uganda yo itemera kubafasha kurwanya M23. Uganda ifite ibyiciro bibiri by’ingabo muri Congo. Zimwe zifatanya na FARDC kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF mu gihe izindi ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bwo kugarura amahoro no gucunga umutekano mu duce twahoze turi…
SOMA INKURUKarongi ubukwe bwasubitswe igitaraganya, dore impamvu
Ubukwe bw’umusore n’inkumi biteguraga kurushinga bwahagaritswe igitaraganya nyuma y’uko ubuyobozi bw’Itorero ADEPR mu murenge wa Rubengera, mu karere ka Karongi butahuye ko umugeni atwite. Ku wa Gatandatu tariki 15 Mata 2023, ni bwo uyu mukobwa wo mu karere ka Karongi yagombaga gushyingiranwa n’umusore wo mu Mujyi wa Kigali. Nk’uko bisanzwe bigenda muri ADEPR, tariki 14 Mata 2023, buri buke ubukwe buba, ubuyobozi bw’itorero bwapimishije uwo mugeni busanga aratwite buhita buhagarika ubwo bukwe. Umwe mu bayobozi b’Itorero ADEPR yabwiye itangazamakuru ko ubu bukwe icyatumye buhagarikwa ari uko basanze uwo mukobwa atwite.…
SOMA INKURUIngamba nshya mu guhangana n’ibiza muri Kigali
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa 17 Werurwe 2023, cyagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo izo guhangana n’ibiza, imyubakire n’ibindi, umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rubingisa Pudence, yavuze ko muri ibi bihe by’imvura nyinshi, abaturage bagirwa inama yo kubahiriza ingamba zo kwirinda ibiza zirimo kuzirika ibisenge no gusibura imiyoboro y’amazi. Mu mezi atatu ashize hagiye hagarara ibikorwaremezo birimo inzu zagiye zisenywa n’imvura nyinshi mu bice bitandukanye by’igihugu. Meya Rubingisa ati “Birasaba rero ko dukomeza gukaza ingamba zo gukumira no kwirinda ibyo biza ari byo tunasaba buri wese cyane cyane nko kuburira…
SOMA INKURUTariki 14 Mata, hashize icyumweru jenoside yakorewe abatutsi itangiye ivuze byinshi
Tariki ya 14 Mata mu mwaka w’1994 icyumweru cyari gishize Jenoside yakorewe Abatutsi itangiye mu bice bitandukanye by’igihugu benshi bari bamaze kwicwa. Ingabo zirenga 450 z’Ababiligi zari mu Rwanda mu butumwa bw’amahoro ni bwo zuriye indege zisubira mu gihugu cyabo. Interahamwe n’abasirikare ba Leta biciye Abatutsi basaga 10,000 muri Kiliziya ya Nyamata, mu kibuga cya kiliziya ndetse no mu zindi nyubako zihegereye. Kugeza ubu abagera ku 45,000 bakaba bashyinguye mu Rwibutso rwa Nyamata. Abatutsi biciwe mu Rugarama ahahoze Electrogaz no ku ishuri rya APACE ku Kabusunzu hose hari muri Nyakabanda.…
SOMA INKURU