Ingamba zinyuranye za MINISANTE mu gukumira ebola mu Rwanda

Mu cyumweru gishize nibwo Minisiteri y’ubuzima muri RDC yatangaje ko Ebola yagaragaye ku butaka bwayo nyuma y’iminsi 42 gusa itangaje ko itagihari, ndetse ubu abantu 34 imaze kubahitana, Nyuma y’iryo tangazo, u Rwanda rwahise rushyiraho ingamba zigamije gukumira ko hari umuntu wayiturukana muri Congo akayanduza Abanyarwanda, zirimo gupima abinjirana mu Rwanda baturutseyo. Minisiteri y’Ubuzima (Minisante) yanaboneyeho umwanya wo kumara impungenge Abanyarwanda ko icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) kitaragera ku butaka bw’u Rwanda, inagaragaza ibyo bakwiriye kwitwararika birimo isuku kugira ngo hatazagira uyandura. Mu…

SOMA INKURU

Iburasirazuba bahagurukiye abatanga impushya zo gusarura amashyamba ateze

Abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa kwitondera ibyemezo bafata batanga impushya zo gusarura amashyamba kuko hari ubwo hatangwa ibyemezo byo gusarura hagatemwa n’ibiti bikiri bito. Hari Impugenge z’uko nihatagira igikorwa mu gutera amashyamba no kuyabungabunga Intara y’Iburasirazuba yazahinduka  ubutayu dore ko hari na bimwe mu bimenyetso bigenda byigaragaza kuko iyi Ntara ari imwe mu zitemwamo ibiti byinshi, ariko ntihaterwe amashyamba ku buryo buhwanye cyangwa bwikubye kabiri ibiti biba byatemwe, ibi ni bimwe mu  byateye amapfa mu myaka ibiri ishize ndetse na bamwe mu baturage bagahabwa ibirirwa na leta.…

SOMA INKURU

TETA NA SANGWA III

  Isura ya Sangwa ikomeje kwiganza mu bitekerezo bya Teta, icyo agiye gukora cyose agikora umutima uri kuri Sangwa, Teta ajya gusenga agira ngo aryame mu maso ye hakazamo Sangwa, yaba ari munzira ajya cyangwa se ava ku ishuri akagenda yifuza guhura na Sangwa, ibi bigatuma agenda anamwikanga rero hari n’igihe ahura na Sangwa yamubona umutima ugasimbuka!!! Gusa no kuryama ntakiryama agira ngo atoye agatotsi akabona Sangwa mu nzozi yakanguka nabwo aryamye akajya abona aryamanye na Sangwa, akamubona barebana mu maso shenge!!! Kandi mubyukuri ntabwo bari kumwe ahubwo byose biraterwa…

SOMA INKURU

Mugisha Samuel yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda

Mugisha Samuel ukinira ikipe y’u Rwanda ni we wegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2018, ahita anafata umwambaro w’umuhondo dore ko ari we uyoboye urutonde rusange nyuma yo kwanikira bagenzi be kuva i Kigali kugera i Huye. Mugisha Samuel usanzwe akinira ikipe ya Dimension Data for Qhubeka yo muri Afurika y’epfo ariko yitoreza mu Butaliyani yatangiye guca amarenga yo kuba yakwegukana aka gace ubwo bari bakiri mu Karere ka Kamonyi, aho we na Uwizeye Jean Claude basigaga bagenzi babo, ariko umunya Ethiopia Mulu Hailemichael akomeza kubizirikaho. Aba bakomeje…

SOMA INKURU

Polisi yerekanye uwari warayogoje ibyamamare yifashishije imbuga nkoranyambaga

Polisi y’u Rwanda yerekanye Usanase Muhamed, umusore wari warayogoje benshi ariko yibanze ku byamamare byo mu Rwanda, yiyitirira abandi cyangwa akinjira muri konti zabo ku mbuga nkoranyambaga ngo abashe kubacucura utwabo. Nk’uko yabitangarije Abanyamakuru, Usanase w’imyaka 21 y’amavuko, acishirije, ashobora kuba amaze kwiba amafaranga y’u Rwanda asaga Miliyoni eshatu abanje kwinjira muri konti z’abahanzi n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda, akaguza amafaranga mu izina ryabo cyangwa agasaba amafaranga ba nyiri konti ngo abone kuzibasubiza. Mu bo yinjiriye muri konti yavuzemo nka Amag the Black, Bruce Melody, Jay Polly, Urban Boyz, Arthur Rutura w’umunyakakuru kuri Kiss…

SOMA INKURU

Inka 6000 zarakingiwe hirindwa indwara zibasira amatungo

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwemeza ko bwashyizeho ingamba zo guhangana n’indwara ziri mu matungo cyane cyane inka aho ubu hakingiwe inka zirenga 6000, bamwe mu baturage boroye inka bemeza ko iyi gahunda yo gukingira yabafashije cyane. Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwemeza ko bwashyizeho ingamba zo guhangana n’indwara ziri mu matungo cyane cyane inka aho ubu hakingiwe inka zirenga 6000, bamwe mu baturage boroye inka bemeza ko iyi gahunda yo gukingira yabafashije cyane. Nyuma y’aho hagaragariye indwara z’amatungo, iyakunze kuvugwa cyane kandi yatumye hari tumwe mu turere twashyizwe mu kato kubera…

SOMA INKURU

Rwamagana: Abaturage 1250 bishyuriwe mituelle na Diaspora Nyarwanda ku bufatanye n’ishuri rya Polisi rya Gishali hanatangwa inzu

Ishuri rya polisi rya gishali riherereye mu Karere ka Rwamagana ryashyikirije inzu ryubakiye Mahundaza Clotilde utishoboye mu kagari ka Cyinyoni Umurenge wa Gishali ndetse ku bufatanye na Diaspora yo mu busuwisi bishyurira ubwisungane mu kwivuza abaturage 1250 batishoboye. Inzu yubakiwe uyu muturage utishoboye ifite agaciro k’amafaranga y’uRwanda Miliyoni esheshatu zirenga, zatanzwe n’abapolisi ndetse n’abari mu masomo abategura kuzaba abofisiye ba gipolisi hamwe n’abakozi b’ishuri rya gipolisi ry’I Gishari mu rwego rwo kurushaho kubaka igihugu bidaciye mu inshinganobafite gusa. Umuyobozi w’Ishuri rya Polisi rya Gishali CP Vianney NSHIMIYIMANA yavuze ko Ibi…

SOMA INKURU

Tour du Rwanda: Abanyarwanda bari biteze gutwara agace ka mbere bibananiye ku munota wa nyuma

Ku nshuro ya mbere irushanwa ry’amagare rya Tour du Rwanda ryatangiriye mu ntara, aho ryatangiriye ahazwi nk’iwabo w’amasiganwa y’amagare mu karere ka Rwamagana mu ntara y’iburasirazuba, aho abakinnyi b’abanyarwanda bahatanye kugeza ku munota wa nyuma, aka gace ka mbere kakegukanwa n’umunya algeriya. Aka gace ka mbere kari ibirometero bisaga 104, aho abasiganwaga bazengurutse mu mujyi wa Rwamagana, kuva aho bita muri Arete bakazenguruka ahazwi nka Poids rould, Azzedine Lagab wo muri Algeria yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda, Azzedine yegukanye iri siganwa akoreshe igihe kingana n’amasaha 2h12min21sec ku…

SOMA INKURU

Kudasobanya babigishije ntabwo ari iby’akarasisi gusa-Perezida Kagame

Perezida wa repuburika Paul Kagame yashoje itorero ry’Indangamirwa icyiciro cya 11 aho yabasabye gutekereza cyane ku masomo bahawe, ibi yabivugiye mu kigo cya Gisirikare cya Gabiro mu karere ka Gatsibo. Mu mpanuro z’umukuru w’igihugu Paul Kagame yagejeje ku bari bitabiriye uyu muhango yasabye urubyiruko kwita ku masomo bahawe yagize ati “kudasobanya babigishije ntabwo ari iby’akarasisi gusa, ku buryo amaguru n’amaboko bitagendera hamwe kudasobanya ni mu bitekerezo, mu mutwe no mu mikorere, gutekereza guhuza uko utekereza n’ibikorwa ntihakwiriye kubaho gusobanya”. Umukuru w’igihugu Perezida Kagame yakomeje abwira uru rubyiruko ko rukwiye kwirinda…

SOMA INKURU

Impanuro abasoje Itorero Indangamirwa bahawe na Perezida Kagame

Mu gusoza Itorero Indangamirwa icyiciro cya 11 mu kigo cy’imyitozo ya Gisirikare i Gabiro, ku wa 5 Kanama 2018 ni ukuvuga kuri iki cyumweru, Umukuru w’Igihugu yabanje kwitegereza uko abitabiriye iri torero bashyira mu bikorwa amasomo ya gisirikare bahawe, aho berekanye uko barwanya umwanzi wateye bifashije imbunda, banerekana uko barwanya umwanzi batifashije intwaro, ibizwi mu mikino njyarugamba, mu butumwa bwe yabasabye guhitamo icyateza igihugu imbere. Iri torero ryasojwe rikaba ryari ryitabiriwe n’Abanyarwanda biga mu mahanga,  urubyiruko rwabaye indashyikirwa muri za minisiteri n’ibigo bya leta, abayobozi b’ibigo by’amashuri mu turere n’intore…

SOMA INKURU