Padiri arakekwaho gusambanya umwana w’umuhungu

Umupadiri w’i Paris mu Bufaransa afungishijwe ijisho nyuma yo gukekwaho gusambanya umuhungu w’ingimbi nyuma yo kumusindisha. Amakuru avuga ko uwo muhungu w’imyaka 15 yajyanywe muri hoteli aho padiri yamuhaye ibisindisha byanamuteye indwara mu ntangiriro z’Ugushyingo nk’uko urubuga rwa 7 sur 7.be rwabitangaje. Nyuma yo gukoreshwa imibonano mpuzabitsina, uwo muhungu yatabaje bagenzi be bashoboye kumenya aho aherereye bakoresheje ikoranabuhanga rya telefone baramutabara. Uwo mupadiri afungishijwe ijisho. Asanzwe akorera umurimo w’ubusaserodoti muri diyosezi ya Rennes (mu Burengerazuba bw’u BUfaransa) akaba yaravutse mu 1970. Akurikiranyweho n’ibyaha byo gukoresha ibiyobyabwenge.     ubwanditsi:umuringanews.com

SOMA INKURU

USA: Ibiza byahungabanyije bikomeye ibikorwa

Bimwe mu bibuga by’indege byafunze imiryango kubera ubwiyongere bw’inkubi y’umuyaga ivanze n’amahindu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika by’umwihariko muri Leta ya Floride, bikaba byangije ibikorwaremezo binyuranye n’ibidukikije ndetse binahagarika ingendo z’indenge. Ingendo z’indege zisaga 1200 muri iki gihugu zasubitswe k’ubw’ iyi inkubi y’umuyaga uvanze n’imvura byiswe ‘Nicole’ byibasiye Leta ya Florida. Iyi nkubi y’umuyaga ifite umuvuduko wa kilometero 120 ku isaha nk’uko ibinyamakuru byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bibitangaza. Nibura ingendo z’indege 1212 muri Amerika nizo zasubitzwe kuri uyu wa Kane, bigira ingaruka ku bagenzi n’ubucuruzi muri…

SOMA INKURU

Itsinda ry’abayobozi  b’ibigo icyenda by’ubuzima riri mu Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri tariki 8 Ugushyingo 2022, nibwo Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yakiriye itsinda ry’abayobozi  b’ibigo icyenda bikora muri gahunda z’ubuzima, ubushakashatsi, guhanga udushya byose bigamije kubungabunga ubuzima bw’abantu baturutse muri Suède, bari mu ruzinduko ruzamara iminsi itatu, rugamije kurebera hamwe uko habaho imikoranire mu guteza imbere ubuzima. Ibizava muri ibi biganiro kandi bizafasha mu kuzamura ikoranabuhanga rikoreshwa mu buzima n’iterambere ry’inkingo n’imiti no kuzamura ubucuruzi n’ishoramari muri uru rwego. Uru ruzinduko rwateguwe n’inzego zirimo Umuryango wo muri Suède ufasha muri serivisi z’ubuvuzi, Swecare, Ambasade y’u Rwanda muri…

SOMA INKURU

Perezida Kagame arahamagarira ibihugu bikize guhagarika kohereza ibyuka bihumanya mu kirere

Perezida wa Repubulika Paul Kagame arahamagarira ibihugu bikize guhagarika kohereza ibyuka bihumanya mu kirere nta rundi rwitwazo amazi atararenga inkombe. Umukuru w’igihugu yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bitabiriye inama mpuzamahanga y’umuryango w’Abibumbye ku mihindagurikire y’ibihe COP27 ikomeje kubera mu gihugu cya Misiri. Ikibazo cy’ubushyuhe bw’Isi bwiyongera uko umwaka utashye biturutse ku bikorwa bya muntu gihangayikishije Isi ndetse mu nama ya COP27 ibera mu Misiri ni cyo kigarukwaho kurusha ibindi mu mbwirwaruhame z’abayobozi mu nzego zose. Ubwo abakuru b’ibihugu bahabwaga umwanya wo kugeza ijambo ku batuye Isi, Perezida wa Repubulika Paul…

SOMA INKURU

Politiki y’uburinganire n’ubwuzuzanye yitezweho byinshi mu bihugu bya EAC

Politiki y’uburinganire n’ubwuzuzanye yitezweho guhuriza hamwe imyumvire mu guca imanza ku bibazo byambukiranya imipaka y’ibihugu bya EAC, kubera ko bigize uyu muryango, ingingo y’ubwuzuzanye biyifata ku buryo butandukanye, ibigomba guhinduka igafatwa ku buryo bumwe. Ni muri urwo rwego Ishyirahamwe ry’Acamanza n’Abanditsi b’inkiko ba Afurika y’Iburasirazuba, EAMJA, ryatangije ku mugaragaro politiki y’Uburinganire n’Ubwuzuzanye, igiye gufasha abacamanza b’ibi bihugu mu kugira imyumvire ifasha mu gutanga ubutabera bunoze muri uru rwego. Ni politiki yatangirijwe mu Nama ya EAMJA iteraniye i Kigali yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 07 Ugushyingo 2022 ikazamara iminsi ine.…

SOMA INKURU

COP27 ni iki? Dore akamaro kayo mu kurwanya ihindagurika ry’ibihe

None Tariki 7 Ugushyingo 2022, nibwo abategetsi batandukanye bo ku isi n’abo mu karere badasigaye bahurira i Sharm El-Sheikh mu Misiri mu nama yo kurwanya ihindagurika ry’ikirere izwi nka “COP” .  Uyu munsi ni uw’ibirori bikomeye byo kuyitangiza. Nibwo abategetsi bo ku isi bajya hamwe tukabona “ifoto y’umuryango” y’inama ya ONU ku by’ikirere. Abagera ku 120 baregerana bakajya mu ifoto imwe. Benshi ni abava mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere. Nka perezida wa Kenya, urugero, niwe uri buvuge mu izina ry’itsinda rya Africa. Hitezwe ijambo ryuje amarangamutima kuri we ubwo…

SOMA INKURU

How GMO crops could boost yields, save crops from pests and diseases in Rwanda

By Diane NIKUZE NKUSI   Genetically modified crops known as GMOs could increase agriculture production, address pests and diseases that attack crops and scientists have assured that they don’t pose threats to human health. GMOs are products of Agricultural biotechnology-an area of agricultural science involving the use of scientific tools and techniques, including genetic engineering, molecular markers, molecular diagnostics, vaccines, and tissue culture, to modify living organisms namely plants, animals, and microorganisms. Dr Athanase Nduwumuremyi, Coordinator of Roots and Tubers Program at Rwanda Agriculture and Animal Resources Development Board (RAB)…

SOMA INKURU

Nyuma yo gusambanya abana babiri yatawe muri yombi yiha igihano gikomeye

Umugabo w’imyaka 40 wo mu karere ka Rusizi, mu murenge wa Muganza, yiyahuriye mu biro by’akagari nyuma yo gufata abana babiri ku ngufu. Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Ugushyingo 2022 ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba ubwo aba bana bari batashye bavuye ku ishuri bagahura n’uyu mugabo akabashukisha amandazi n’ibindi. Bivugwa ko yabajyanye iwe akabasambanya. Mu nzira berekeza iwabo bahuye n’irondo ahagana saa cyenda z’ijoro batashye bafite amafaranga 300 Frw bavugaga ko ari ayo yabahaye ngo bigurire ibyo bashaka. Ubwo abakora irondo babonaga batambutse…

SOMA INKURU

Kayonza: Arakekwaho gusambanya abana 4

Umugabo  w’imyaka 25 arakekwaho gusambanya abana bane bose bari munsi y’imyaka 15 bo mu midugudu ya Rebero, Kabeza na Akanyinya mu kagari ka Nyagatovu mu murenge wa Mukarange, mu karere ka Kayonza. Aya makuru yamenyekanye ubwo ababyeyi b’aba bana babajyanaga ku Kigo Nderabuzima cya Mukarange, bikagaragara ko basambanyijwe. Muri abo bana umwe afite imyaka itanu, uwa 15, ufite icyenda n’undi ufite itandatu, bikaba bikekwa ko yagiye abasambanya mu bihe bitandukanye. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukarange Kabandana Patrick yemereye MUHAZIYACU ko aya makuru ari impamo, avuga ko ukekwa yahise atoroka akaba…

SOMA INKURU

Ni iki kihishe inyuma yo kwanga kwishyura mitiweli mu baturage ba Nyamagabe

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamagabe batatanze umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza, bavuga ko hari abigeze kurwara no kurwaza abo mu miryango yabo, bagorwa no kwivuza ndetse bibasigira n’amadeni. Uwimpuhwe Marie Goretti yavuze ko yamaze imyaka ibiri mu bitaro bya Kigeme arwaje umugabo, babura ubwishyu bw’asaga miliyoni imwe n’ibihumbi 390 Frw. Yasobanuye ko byatewe no kutagira ubwisungane mu kwivuza bituma bagurisha imitungo ibashiraho kugira ngo bishyure ariko birangira basigayemo ideni. Yavuze ko atihutiraga gutanga mituweli kuko yumvaga bitamushishikaje kuko adakunze kurwara cyangwa kurwaza umuntu mu muryango. Ati “Imitungo yadushizeho…

SOMA INKURU