Venezuela ku nkeke: Amerika irashinjwa umugambi wo kwigarurira umutungo wayo


Intambara y’amagambo hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Venezuela yongeye gufata indi ntera nyuma y’uko Intumwa Nkuru ya Leta muri Venezuela, Tarek William Saab,yatangaje ko igihugu cye gihangayikishijwe bikomeye n’imigambi ya Perezida Donald Trump, ashinjwa gushaka gukuraho ubuyobozi bwa Perezida Nicolás Maduro.

Ku Cyumweru, mu kiganiro n’abanyamakuru i Caracas, Saab yagize ati: “Uwo mugambi wo guhirika ubutegetsi bwacu ni inzira yo gushaka kwigarurira umutungo w’igihugu cyacu  zahabu, lisansi n’amabuye y’agaciro. Ni politiki y’ubusahuzi itwikiriye ijambo rya demokarasi.”

Saab, uzwi nk’umwe mu bantu ba hafi ba Perezida Maduro, yavuze ko Amerika yagerageje inshuro nyinshi guhungabanya ubuyobozi bwa Venezuela, ariko imigambi yayo igahora ipfuba bitewe n’ubwiyunge n’ubumwe bw’abaturage.

Umubano w’ibihugu byombi umaze igihe ushegeshwe n’amakimbirane ya politiki n’ubukungu. Amerika, kimwe n’ibindi bihugu byo mu burengerazuba, ntiyemera ko Maduro ari perezida wemewe n’amategeko, ishingiye ku birego by’uko amatora aheruka atabaye mu mucyo.

Perezida Trump, umaze igihe agaragaza umujinya ku butegetsi bwa Caracas, yahishuye ko yatekerezaga intambara ishingiye ku butaka kugira ngo agarure demokarasi muri Venezuela. Mu cyumweru gishize, yavuze ko “Amerika ifite ubutegetsi bukomeye mu mazi, ariko igomba no gukoresha imbaraga ku butaka.”

Guhera muri Nzeri uyu mwaka wa 2025, ibitero bya gisirikare by’Amerika ku bwato bivugwa ko byoherezaga ibiyobyabwenge bivuye muri Venezuela byasize abantu 43 bahasize ubuzima. Nubwo Washington ivuga ko ari intambara yo kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, ubutegetsi bwa Caracas bubibona nk’uburyo bwo kwinjira mu gihugu no kugiteza umutekano muke.

Inteko Ishinga Amategeko y’Amerika nayo imaze kugaragaza impungenge, ivuga ko ibi bitero bishobora “kurema umwuka w’intambara usumba kure uwo abantu batekereza.”

Ubutumwa bwa Trump n’icyo busobanuye kuri Venezuela

Trump yasabye inzego z’ubutasi z’Amerika kwinjira muri Venezuela no guhiga abacuruza ibiyobyabwenge, ashimangira ko “nta muntu uzitambika mu nzira azabigwamo.” Abasesenguzi bavuga ko aya magambo ashobora kuba ubutumwa buterura umugambi wo guhindura ubutegetsi.

Umusesenguzi muri politiki mpuzamahanga, Dr. Julio Herrera, avuga ko “Amerika ikomeje gukoresha urwitwazo rw’ibiyobyabwenge kugira ngo yinjire mu mutima wa politiki ya Venezuela, aho umutungo kamere ari umutima w’ubukungu bw’igihugu.”

Mu gihe aya makimbirane akomeje, abaturage basanzwe ni bo bakomeje kugenda bahura n’ibibazo bikomeye: izamuka ry’ibiciro, kubura ibiribwa ndetse n’ifaranga ry’ifaranga ryabo riri guta agaciro umunsi ku munsi.

Maduro akomeje gushimangira ko igihugu cye kitazigera kiyoborwa n’amahanga, kandi ko “ubusugire bwa Venezuela butagomba kugurishwa ku giciro na kimwe.”

Mu gihe isi yose irebera, Venezuela ikomeje kuba mu gihirahiro hagati y’imbaraga za politiki n’iz’ubukungu. Ku ruhande rumwe, Amerika ishimangira ko irwana n’akarengane n’icuruza ry’ibiyobyabwenge, ku rundi ruhande, ubutegetsi bwa Maduro buvuga ko iri ari intambara y’ubusahuzi ishingiye ku nyungu z’ubukungu.

 

 

 

 

INKURU YA TUYISHIME Eric


IZINDI NKURU

Leave a Comment